RFL
Kigali

Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando ari mu mazi abira ashinjwa gukuramo inda

Yanditswe na: Editor
Taliki:23/01/2015 9:29
19


Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Rose Muhando akomeje kotswa igitutu no gutukwa n’abakunzi be bo mu gihugu cye cya Tanzania ndetse no muri Kenya aho yari amaze kwigarurira imitima ya benshi, bakaba bamuziza inda y’amezi arindwi bivugwa ko yakuyemo ndetse ashobora no kubifungirwa.



Mu mpera z’umwaka wa 2014 nibwo hatangiye kuvugwa amakuru y’uko Rose Muhando yaba atwite inda ya kane dore ko ubusanzwe afite abana batatu yabyaye ku bagabo batandukanye, mu buryo buzwi akaba atarigeze ashaka umugabo kuko yavugaga ko bishobora kumubangamira mu murimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza, gusa yaje guteshuka agenda abyarana n’abagabo ndetse n’abasore batandukanye.

Ubusanzwe uyu muhanzikazi afite abana batatu yagiye abyara ku bagabo batandukanye

Ubusanzwe uyu muhanzikazi afite abana batatu yagiye abyara ku bagabo batandukanye

Kuva iyi nda ya Rose Muhando yatangira kuvugwa, uyu mugore ntiyakunze kugaragara cyane mu ruhame maze mu ntangiriro z’uku kwezi aza kugaragara nta nda afite kandi hari abari baramubonye amaze gukurirwa kuburyo yabarirwaga mu mezi arindwi, bituma atangira gushinjwa gukuramo inda n’abakunzi be ndetse n’ubushinjacyaha bwa Tanzania butangira kumukurikirana kuko gukuramo inda ari icyaha gihanwa n’amategeko muri iki gihugu.

Icyaha nikimuhama azahanishwa igifungo kingana n'imyaka irindwi

Icyaha nikimuhama azahanishwa igifungo kingana n'imyaka irindwi

Amakuru dukesha ikinyamakuru Ghafla cyo muri Kenya, arahamya ko uyu muhanzi abakunzi be bo muri Kenya bakomeje kumuvumira ku gahera kubera ibyo bita amahano yakoze kandi asanzwe azwi nk’umuhanzi ubwiriza ubutumwa bwiza, ibi kandi bikajyana n’iperereza akomeje gukorwaho iwabo muri Tanzania, aho iki cyaha nikimuhama azahanishwa igifungo cy’imyaka 7 nk’uko amategeko y’iki gihugu abiteganya.

Uretse muri Kenya kandi, iwabo muri Tanzania ho batangiye gushyira ahagaragara n’andi manyanga uyu mugore yagiye akora arimo ubwambuzi no kurya amafaranga y’abantu yaberemereye kujya kubaririmbira ariko ntajyeyo, ibi akaba yaranabikoze mu Rwanda aho yari ategerejwe mu bitaramo umwaka ushize kandi yarishyuwe ariko ntabashe kuhagera.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • coco9 years ago
    birababaje kuba bitwikira Bible bagakora amabi!! ibi nugusebya abakristu ba nyabo!!! Cyakora Imana igira impuhwe pe!
  • hakizimana9 years ago
    coco ninde uzahagarara adatsinzwe ese ibyabaye kubakurambere Muhando we hari icyuma yambara n'umugore nk'abandi bose
  • dad9 years ago
    Birababaje pe ariko se ijuru rizaboana nde?? cyakoze icyo nzi nuko uyu muhanzi ngo yakoze uburara bwinshi ari nabwo yabyaraga ab o bana nyuma akaza gukizwa ari nabwo yatangiraga guhanga indirimo zihimbaza Imana ariko mubigararaga ntabwo yari yakijijwe byukuri
  • 9 years ago
    NTAMPAMVU YO KUMUSEKA YUKO NAWE NUMUNTU KANDI YAMABAYE UMUBIRI
  • cloclo9 years ago
    Twese turi abanyantege nke,Imana imufashe muri ibyo bigeragezo arimo.
  • Rooney9 years ago
    uretse na Muhando,umwami Dawidi akaba Sekuruza w,Umwami wacu Jesus Christ yaguye muri icyo cyaha.sinuma rero icyatuma Rose we kitamugeraho,kandi tujye twibuka ko tubabona bakora ibyaha tutamenya aho bihanira.so mwimucira urubanza
  • cloclo9 years ago
    Twese turi abanyantege nke,Imana imufashe muri ibyo bigeragezo arimo.
  • Byumvuhore jbosco9 years ago
    Ashebeje izinarye gusa nabaririmbyi bagosupe njye musabiye kumana ibyarimo gukora si byiza imana i mumbabarire
  • 9 years ago
    Ariko abo barokore babaye bate, muramuvugira se igikorwa yakoze murumva aricyo gishyigikirwa koko??? ahubwo Shitani izajya ibashyira hanze nigaramiye. Nubwo turi abanyantege nkeya hari abagomba kuba ikitegererezo cg se bareke kubwiriza ibyo badashoboye. Ubwo mugiye kuzana verse biblique ngo tujye twumva ibyo bigisha ariko ntikugakore ibyo bakoze, ahaaaaaa nzaba mbarirwa.
  • bebeto9 years ago
    Njye ndababaye gusa niba aribyo ! gusa reka nizere ko atari byo , kuko niba atari nabyo namugira inama yo guhita ashaka umugabo byabyumva kimwe , bitaramukomerana ! may God be with her :
  • 9 years ago
    Birababaje
  • Cola9 years ago
    None se niba muzi ko ntawe udakosa muba mwishyira hejuru ngo murakijijwe ubwo muba kijijwe iki? bigakobitaraho no gucira abandi imanza ngo nuko atari abarokore burya rero nnuko imana igenda igaragaza abanyabyaha babeshya.
  • Dixon9 years ago
    umva mwabantu mwe, muzi icyo gukizwa bisobanura? ubundi bizwiko iyo umuntu akijijwe aba aretse gukora ibyaha ariko ukuri nuko aba akijijwe ingaruka yicyaha ariyo kurimbuka. naho ubundi umuntu wese uvugako adakora icyaha aba yise Imana inyabinyoma.
  • bony9 years ago
    "Utarakora icyaha namubanze ibuye...." Yubuye amaso abona umugore wenyine abandi bose bagiye ntawamuciriyeho iteka. Yezu ati " nanjye singuciriyeho iteka." Muhando, genda ntuzongere ukundi kuko nubikomeza uzibuka watwitswe n'umuriro. ariko Yezu aracyabanguye ikiganza cy'imbabazi.
  • kana9 years ago
    imana izobimubaza
  • Annonymous9 years ago
    Imana imubabarire nimba aribyo, ariko rero bene data ntikacyire abandi urubanza namwe mutaza zichirwa.
  • karimunda9 years ago
    Ese koko nibyo???kandi aribyo Imana izabimubaza nuko rero abose batagiye kumuvumira kugahera bo nibantu ki mureke twizera Imana yacu ibyo bidushishikaza aho gushishikazwa no kuvaga amakosa yabagezi bacu....
  • emmanuel9 years ago
    Uyu muntu ntabwo akoze mu cyuma! Ntawe bitabaho gusa nuko abantu bifata uburyo butandukanye imbere yikigeragezo kandi umuntu yica akanyoni bangana!
  • Gabriel8 years ago
    Umuntu wese azokwikorera iyiwe mitwaro arivyo uhoraho aramuzi





Inyarwanda BACKGROUND