RFL
Kigali

Thacien Titus yahakanye ubukwe bw’ibanga, ataka umukunzi we biratinda

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:23/05/2015 19:14
12


Nyuma y’amakuru yatangajwe ko umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana Thacien Titus yaba ari gutegura ubukwe mu ibanga , uyu muhanzi yanyomoje aya makuru , atangaza igihe azarushingira , anavuga uko yamenyanye na Mukamana Christine bateganya kurushinga.



Mu kiganiro kirambuye yagiranye na inyarwanda.com, Thacien Titus yemeye ko koko ateganya kurushinga na Mukamana Christine gusa ahakana ko bari gutegura ubukwe mu ibanga, yemeza ko bari mu myiteguro yabwo, igisigaye ari ukumenyesha abantu igihe buzabera.

Bamaze imyaka 2 bakundana

 Thacien Titus yemereye inyarwanda.com ko we na Mukamana Christine bamaze imyaka 2 bakundana. Yagize ati” Tumaze imyaka 2 dukundana, twamenyanye duhujwe n’ibintu bijyanye n’ubucuruzi ndetse ahanini twahujwe n’umurimo w’Imana dore ko twese tubarizwa mu itorero rya ADEPR.”

Mukamana Christine

Mukamana Christine watanzwe imico myiza na Thacien Titus bagiye kurushinga

Ibyatumye amuhitamo mu bandi bakobwa akemera ko yazamubera umugore bakabana akaramata

Ubwo twabazaga Thacien Titus impamvu yaba ariwe mukobwa yahisemo muri benshi azi , kandi yagiye amenyana nabo, uyu muhanzi ntiyariye iminwa, maze aramutaka biratinda ati” Icyatumye muhitamo ni uko akijijwe kandi afite imbuto z’agakiza, ni umunyamurava, akunda umurimo ndetse no kubana n’abantu bose amahoro(sociable). Ni umugwaneza agira umutima uca bugufi ikigeretse kuri ibyo byose ni uko yangaragarije ko ankunda by’ukuri.

Yahakanye ubukwe bw’ibanga atangaza igihe buzabera

Mu rwego rwo gukuraho urujijo rw’ubukwe bw’ibanga bwari bwamuvuzeho, Thacien Titus yatangaje igihe azakorera ubukwe na Mukamana Christine ati” Ntabwo  turi kubutegura mu ibanga nkuko byari byavuzwe ahubwo ni uko hari ibitari byakajya ku murongo. Kugeza ubu turi mu myiteguro ku mpande zombi, ndetse ubukwe buzaba mu mpera za 2015. Urumva ko igisigaye ari ukumenyesha abantu itariki n’aho buzabera, gusa amatariki n’impapuro zitumira byo bizamenyekana mu gihe cya vuba.”

Thacien Titus  yamenyekanye cyane ubwo yaririmbaga  indirimbo yakunzwe ba benshi yise  ‘Aho ugejeje ukora’, ‘Uzaza ryari Yesu’, ‘Mpisha mu mababa’ n’izindi zirimo ubutumwa bw’ihumure n’ishimwe.

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Babarire' ya Thacien

RENZAHO Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    ababageni basize amavuta ryose turabashyigikiye
  • alexander mexant8 years ago
    courage kbsa! yesu akube hafi kandi uwiteka imana irabazi.
  • 8 years ago
    Muzatubwire amateka ya Titus muzaba mukoze
  • 8 years ago
    Uyu muhanzi ndamukunda gusa bagire vubabaduhe baduhe itariki
  • 8 years ago
    Thacien ndamukunda hahiriwe Miss christine umwegukanye nzabaha fanta zose bazakenera batubwire date
  • 8 years ago
    wamusorewe urimwiza ark ubonye umugore pe uzashime imana iguhaye mutima wurugo ubikwiye
  • 8 years ago
    Uyumuhanzi thacien Titus narinziko nzamuha mushiki wanjye kubera ukuntu mukunda none baramujyanye Miss Christine itwarire gusa ujyushima lmana kuko ujyanye umugabo mwiza nzakomeza mbasengere nzabatwerera Mumbwire itariki vuba ntarayamara
  • 8 years ago
    Uyumuhanzi thacien Titus narinziko nzamuha mushiki wanjye kubera ukuntu mukunda none baramujyanye Miss Christine itwarire gusa ujyushima lmana kuko ujyanye umugabo mwiza nzakomeza mbasengere nzabatwerera Mumbwire itariki vuba ntarayamara
  • 8 years ago
    Uyumuhanzi thacien Titus narinziko nzamuha mushiki wanjye kubera ukuntu mukunda none baramujyanye Miss Christine itwarire gusa ujyushima lmana kuko ujyanye umugabo mwiza nzakomeza mbasengere nzabatwerera Mumbwire itariki vuba ntarayamara
  • 8 years ago
    Turabemera murasa muraberanye
  • 8 years ago
    gusa icyo nzi ko nuko thacien uriya agiye kurongora ari umudamu ufite abana icyakora yikitwa umukobwa kubeko atabana n'umugabo ariko si umwari
  • 7 years ago
    GOOD





Inyarwanda BACKGROUND