Kigali

Thacien Titus yagabiwe inka mu birori byo kwita umwana izina- AMAFOTO

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:19/12/2016 17:10
8


Kuri iki cyumweru tariki 18 Ukuboza 2016 ni bwo Thacien Titus n’umugore we bakoze umunsi wo gushimira Imana yabahaye umwana , umunsi bahuje no kumwita izina, witabirwa n’abantu benshi barimo abapasiteri ndetse n’abahanzi banyuranye baririmba indirimbo zahimbiwe Imana.



Mu gitondo cyo ku itariki 22 Kanama 2016 nibwo Mukamana Christine, umugore wa Thacien Titus yibarutse umwana w’umukobwa. Ni itariki idasanzwe mu muryango wabo kuko yabyaye ku itariki ihuriranye n’iyo bashingiyeho urugo(tariki 22 Kanama 2015). Thacien Titus yatangarije inyarwanda.com ko impamvu batinze kumwita izina ari uko bari bategereje gukora umunsi mukuru wo gushimira Imana ibitangaza yabakoreye haba mu bukwe bwabo na nyuma yaho kugeza ibahaye umwana ndetse n’ibindi bitangaza ikomeza kubakorera.

Ibi birori Thacien n’umugore we babikoreye mu rugo rwabo ruherereye mu Karere ka Kicukiro, ahazwi ku izina ryo mu Kagarama. Byari byitabiriwe n’abapasiteri banyuranye bo u itorero rya ADEPR Thacien n’umugore we basengeramo, abahanzi batandukanye ndetse n’inshuti z’umuryango.

Uretse abantu banyuranye bagiye bagira icyo bavuga kuri uyu muryango, umushumba w'itorero rya ADEPR Buhoro Rev.Past Ndababonye Damien yagabiye umuryango wa Thacien Titus inka. Uyu mu Pasiteri yavuze ko impamvu abagabiye inka ari ukubera ko bitangira umurimo w’Imana , by’umwihariko ku giterane ‘Rwanda Gospel Revival Festival’ Thacien Titus aheruka gukorera muri iyi Paruwasi iherereye mu Karere ka Nyamasheke hakihana abasaga 384.  Rev.Past Ndababonye Damien yavuze ko iyi nka ayibagabiye mu izina rya Paruwasi ndetse abasaba kuzakomeza gukorera Imana.

Gitego Tuyishime Leilla niyo mazina umuryango wa Thacien Titus wise umwana wabo. Thacien yashimiye abaje kwifatanya nabo muri ibi birori byo gushimira Imana, avuga ko buri wese aho ava akagera akwiriye kwizera no kwiringira Imana kuko ntawayiringiye wigeze wikorera amaboko cyangwa ngo imukoze isoni.

Mu mafoto, uko uyu munsi wagenze

Abitabiriye

Mukeshimana Edith uzwi nka Maman Queen muri Filime ni umwe mu bari baje muri ibi birori

Mukeshimana Edith uzwi nka Maman Queen muri Filime ni umwe mu bari baje muri ibi birori

Abahanzi banyuranye baririmbye bashimira Imana

Abahanzi banyuranye baririmbye bashimira Imana

Bishimye

Banyuzagamo bagahaguruka

Banyuzagamo bagahaguruka bagahimbaza Imana

Ibyishimo byagaragaraga ku maso yabo

Pasiteri Ngamije Viateur uyobora ADEPR Kanombe agaragaza ibyishimo afite

Abitabiriye

Abafashe ijambo bose bashimiye Imana ndetse basabira umugisha uyu muryango. Uyu ni Pasiteri Kazenga uyobora ADEPR Gisagara

Araturitsa Champagne

Mu rwego rwo kugaragaza ibyishimo araturitsa 'champagne' yabugenewe 

Thacien n'umugore we

'...akira soma ucurure ...'

Basangira

...na we ahita amusomyaho...

Abana bahawe umwanya wo kwita umwana izina

'...umwana mwise...'. Abana bahawe umwanya bita mugenzi wabo amazina

Kwita umwana izina

Nyina wa Mukamana Christine na we yageneye izina umwuzukuru we

Thacien Titus

Thacien Titus

Thacien Titus aririmba indirimbo 'Igitego' ikubiyemo ishimwe ry'Imana

Gitego Tuyishime

Gitego Tuyishime Leilla na 'maman' we

Barafata amafoto

Buri wese aragerageza gufata ifoto y'urwibutso rw'uyu munsi

Bishimiye umwana

Bishimiye umwana

Bararamutsa umwana

Bishimira umwana

Biyakira

Yamugabiye inka

Rev.Past Ndababonye Damien wagabiye inka umuryango wa Thacien

Amafunguro

Biyakira

Biyakira

Biyakira

Thaacien avuga ijambo

Thacien ageza ijambo ku baje kwifatanya nabo mu byishimo...ati 'Ntawakoreye Imana ngo yikorere amaboko...'

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Imana ibishimire rwose
  • kamikazi8 years ago
    Nifurije umuryango wa Titus Amahoro ava kumana yacu. Titus indirimbo zawe ziranyubaka cane.
  • Mimi8 years ago
    Ni byiza ariko ndabona nta tundi twana mbona kandi narumvise ngo uyu mugore yari yarapfakaye. Ubu se utundi twana twamaze guta agaciro? Oya weee
  • 8 years ago
    Ameen.Imana ishimwe
  • 8 years ago
    none mukwita umwana izina ntanumwana numwe waje koko?
  • 8 years ago
    Uravunwa numutwaro utikoreye ibyurugo rwabandi birakureba abana se bamwita waruhari? Kureba amafoto abiri nicyo gituma uvugango ntabana baribahari cg ufite ishyari ry'urugo rwabana b'lmana,
  • Tuyisenge jean de dieu4 years ago
    Titus ndagukundape! Imana ikomeze ikurinde,wowe numuryangowawe. Some zaburi 91icyogice cyose.
  • Tuyisenge jean de dieu4 years ago
    Tuyisenge indirimbozawe zifite,ibuhanya bwiza,bufasha umuntu,ninyigisho.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND