RFL
Kigali

Mutesi Grace yinjiye mu buhanzi ashima Imana ko umugabo we Pastor Emma Ntambara yakize SIDA-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:9/02/2016 17:36
11


Mutesi Grace,umugore wa Pastor Emma Ntambara uvugwaho gukora ibitangaza, yinjiye mu buhanzi ahera ku ndirimbo “Iryo zina rya Yesu” ikubiyeho amashimwe ku Mana yamukoreye ibikomeye igakiza umugabo we ngo wari waranduye agakoko gatera SIDA.



Mutesi Grace ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Grace Ntambara, kuva yinjiye mu buhanzi amaze gukora indirimbo 3(Iryo zina rya Yesu, Nta kazi kabi na Mwemerere) ndetse avuga ko azakomeza kuririmba kuko afite indoto zo kuba icyamamare ku isi mu muziki w'indirimbo zihimbaza Imana.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, Grace Ntambara, umugore wa Pastor Emma Ntambara uyobora itorero Urufatiro rwa Kristo rifite icyicaro i Gasogi mu mujyi wa Kigali, yadutangarije byinshi Imana yamukoreye byamuteye gukora mu nganzo akayishimira akavuga imbaraga yabonye muri Kristo Yesu.

Umuhanzikazi Grace Ntambara yavuze ko mu mwaka wa 2000, umugabo we Pastor Emma Ntambara yanduye agakoko gatera SIDA, nyiri kwandura ubwandu bwa SIDA abimenya nyuma y’amezi abiri abana nabwo, nyuma aza gusenga atakambira Imana iramukiza. Mu kiganiro na Inyarwanda.com Grace Ntambara yagize ati:

Yesu ashobora byose, yankirije umutware SIDA kubera iryo zina rya Yesu. Mbonye Imana iruhura abarushye, igakiza n’abarwaye Cancer. Mu 2000 nibwo umutware wanjye yamenye ko yanduye SIDA,hari hashize nk’amezi abiri amenye ko arwaye SIDA, atangira gusenga. We ubwe (Pastor Emma Ntambara) yarasenze,Imana iramukiza.

Grace Ntambara

Grace Ntambara arashima Imana yamukirije umugabo we wari urwaye SIDA

Ntambara Emma

Pastor Emma Ntambara akirwaye SIDA ni uko yari ameze(ibumoso)

Muri iyi ndirimbo "Iryo zina rya Yesu" hari aho Grace Ntambara agera akaririmba muri aya magambo "Izina ry'umwami wanjye iyo urihungiyeho uraruhuka, izina tuvuga abadayimoni bagahunga. Iryo zina iyo ndivuze gusa,ingumba zirabyara,iryo zina ni Yesu. Muze tuvuge izina rya Yesu, izina rikiza SIDA, yakijije umutware wanjye yari arwaye bikomeye,iryo zina riramukiza. Abamuhungiyeho bararuhuka, izina rya Yesu rikiza cancer,rigakiza diyabete,....Nari ndushye,nari mbabaye riranduhura,nawe rikuruhure imitwaro yose... "

Umuhanzikazi Grace Ntambara yabwiye inyarwanda.com ko kuririmba yabitangiye mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2016 ndetse akaba azabikomeza akajya abifanya n’indi mirimo iba imureba mu itorero.

Ati “Kubwiriza no kuririmba nzabifatanya kuko byose ni ukuvuga ubutumwa bwiza. Kuririmba nzabikomeza kuko nifuza kugera ku rwego rwo hejuru nkagera no hanze kuburyo mba International.”

Mu butumwa yifuza kujya atambutsa ku banyarwanda n’abandi batuye isi abinyujije mu buhanzi Imana yamuhayemo impano, Grace Ntambara avuga ko ari ugushishikariza abantu kwizera imbaraga ziri mu izina rya Yesu kuko rikora ibyananiranye ku bahanga bo muri iy'isi.

Ubundi butumwa bukubiye mu bihangano bye ni ugushishikariza abantu kujya bihangira umurimo bagakunda gukora. Ibi bihuye n’indirimbo nshya yitwa “Nta kazi kabi” ivuga ko mu gihe waba wararangije kaminuza ukabura akazi, ngo wajya ugerageza kwihangira umurimo kandi ukajya wirinda kugaya akazi gaciriritse wabona kuko akabi kaguha akeza.

Grace Ntambara na Pastor Emma Ntambara babyaranye abana batatu, umukuru muri bo afite imyaka itanu y’amavuko. Bombi umugabo n’umugore, bafite impano yo kuririmba ndetse ngo hari n’igihe bazakorana indirimbo umugabo aramutse abishatse. Bombi ni abayobozi bakuru mu itorero Urufatiro rwa Yesu.

Pastor Emma Ntambara avugwaho amakuru yo kuba akora ibitangaza agasengera abantu barwaye indwara zitandukanye ndetse n’abafite ubumuga butandukanye bagakira nk’uko nawe ubwe abyihamiriza agahamagarira benshi kumusanga mu biterane aba yateguye kugira ngo abasengere babone igitangaza cy'Imana.

Pastor Emma Ntambara akora ibiterane benshi bakitabira bahurujwe n'ibitangaza


Hano ni muri Gicumbi bivugwa ko Pastor Emma Ntambara yasengeye uwamugaye agakira

Amafoto yo mu mashusho y'indirimbo ya Grace Ntambara

Grace Ntambara

Grace Ntambara

REBA HANO "IRYO ZINA RYA YESU" YA GRACE NTAMBARA

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nana8 years ago
    Amen Imana Ishobora byose
  • uwera8 years ago
    Ahuiii buriya Ntambara yibitseho Sida? Hihiii ngo yarakize? Sida se irakira? Baretse kubeshya! Aya mafoto mbere yari akennye, iyi yindi rero amaturo yari yabonetse. Ibyateye we!!!!
  • Wini8 years ago
    hahhhhhh! muzavuga nakari murore ngo nukugirango mwemeze abantu
  • bob8 years ago
    Ariko itekamutwe ryadutse i Rwanda kweli!!!! ngo Yakize Sida? akaumiro ni itushi.
  • ndayishimiyeporonari8 years ago
    Nukuriyesu arakiza gusa njyebirashimishije njyesinarinzico umuntuyakira sida
  • an8 years ago
    Uyu mugore nimba ashaka gukuraho urujijo mubantu kuki yashyizeho i foto arwaye,nifoto yanyuma yo gukira,ntashyireho icyemezo yahawe namuganga icyo gihe cyuko arwaye,nicyo bamuhaye nyuma yuko basanze yarakize?ese nimba koko atarameze kuriya kubera ubukene wakwandura sida nyuma yamezi 2 gusa ukaba wagaragaje ibimenyetso? Mbereyo kubeshya tujye futekereza. Nshimiye abanyamakuru rwose mujye nisanga aba batekamutwe binyuraguremo tubamenye hakiri kare bareke kuvangira abantu babera intaza nabifitiye inyota to kwishakira Imana
  • mahoro8 years ago
    ArikoYesu yararushye pe akiza nabasambanyi ngo Sida!ndumiwekoko ubwose yayanduye atabana nuwo mutekamutwe w'umugore ubeshya ngo araririmba yayikuyehe?icyo nikini kiri kumubyimbisha yarangiza ngo Yesu yaramukijije dufite bangahebarembye ko atabasengera ngo nabo bayikire?injiji gusa n'abamukurikira ni nkawe ubwo uwo yesu niwe Yumva gusa abatekamutwe gusa hahahhhhhh
  • Like8 years ago
    Sha nange ibi simbyemeye berekane ibisubizo byokwa muganga akirwaye naho yakize naho ibindi ndabona arikinyoma cyambaye ukuri.Hahaha
  • Ann8 years ago
    Uwiteka imana irakiza ndabihamya, yobagusengeye wizeye urakira, I managed yacu ntayikinanira benedata, mwemere cg murorere, mureke abemera bemere, niba I mana itaragukiza harabandi yakijije,murekeraho gusebya umukozi wimana wikururira imivumo yubusa ngo no namaturo, mama pastor yes alikugoma ntuchike intege songa mbere, unva yunve udashaka arorere.
  • dudu8 years ago
    ubuse iyifoto igaragaza umuntu urwaye Sida cg ikigihe yarakirwaye inzara?bajye bareka imitwe
  • 7 years ago
    niba utizerako imana ikiza sida ubwo wakwizerako izakugeza mwijuru? sha ntambara aracyafite akazi kenshi kuko ndumva abakiri mumwijima wicuraburindi bakanakerensa imbaraga zimana ari benshi





Inyarwanda BACKGROUND