RFL
Kigali

Musabe yagarutse ku mpamvu abona zisigaye zituma ibitaramo by'abahanzi baririmba indirimbo zahimbiwe Imana bititabirwa

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:1/03/2015 9:00
0


Nyuma y’iminsi hakorwa ibitaramo by’abahanzi baririmba indirimbo zahimbiwe Imana ariko ntibyitabirwe, umuhanzi Musabe Dieudonne asanga zimwe mu mpamvu zibitera harimo kudashyira hamwe no kwirwanirira aho gusaba Imana ngo ibafashe muri uyu murimo.



Mugihe hari abantu bibaza niba koko bikwiriye ko  ibitaramo by’abahanzi baririmba indirimbo zahimbiwe Imana bikwiriye kwishyuzwa, Umuhanzi Musabe Dieudonne asanga impamvu yo guhomba kw’ibitaramo ikwiriye gushakirwa ahandi aho kuvuga ko kwishyuza aribyo bibitera.

Ubwitabire ntibwari buri kukigero cyo hejuru

Gospel Flava 2 ni kimwe mu bitaramo bititabiriwe nyuma ya The Love Concert yabaye ku munsiwa St Valentin nayo itarigeze yitabirwa na gato

Ati” Urabona gukora indirimbo bisaba ibintu byinshi, kugira ngo igihangano kigera kubantu bisaba ubushobozi cyane cyane iyo uririmba kugiti cyawe. Biriya bitaramo abakristo binjiramo bishyuye ni uburyo bwo gutera inkunga abahanzi no kubashyigikira muri rusange.

Kanda hano wumve indirimbo nshya  ya Musabe Dieudonne yise 'Nobody'

Avuga ku mpamvu abona yaba ituma ibitaramo byishyuza bisigaye bititabirwa, Musabe yatangarije inyarwanda.com ko ikibitera ari ukudashyira hamwe  gusigaye kuranga abakozi b’Imana no kuba ababitegura baba bashaka kwirwanirira.

Musabe

Umuhanzi Musabe Dieudonne(uri hagati wambaye ikoti ry'umukara)

Musabe ati” Ikibazo si ukwishyuza, ikibazo cyashakirwa kuburyo biba biteguye.Ibintu by’Imana bisaba gusenyera umugozi umwe. Dufashe urugero kuri Gospel Flava ya mbere yari yabereye muri Serena, wabonye ko yitabiriwe cyane kandi hari hishyujwe n’amafaranga umuntu yavuga ko atari make.Impamvu ni uko harimo gushyira hamwe kuruta kuba ba nyamwigendaho cyangwa guhezwa kwa bamwe. Uriya ni nk’umunyafu Imana iba igirango iducisheho .

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Visa' ya Musabe Dieudonne

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Network' ya Musabe

Musabe asoza avuga ko umuti abona ari ugushyira hamwe ndetse no gusenga cyane kugira ngo Imana ibe hafi abahanzi baririmba indirimbo ziyihimbaza ndetse n’abakora ivugabutumwa muri rusange.

R.Christophe

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND