RFL
Kigali

MU MAFOTO Women Foundation Ministries bakoze ibirori bikomeye mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 12

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/12/2018 21:41
1


Women Foundation Ministries ikuriwe na Apotre Mignonne Kabera yakoze ibirori bikomeye byo kwihiza isabukuru y'imyaka 12 imaze. Ni ibirori byabaye nyuma y'amasaha macye abagize uyu muryango bakoze igikorwa cy'urukundo cyo gushima Imana mu bikorwa cyizwi nka 'Thanksgiving'.



Ni ibirori byabereye muri Kigali Marriott Hotel mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 01/12/2018 byitabirwa n'abantu banyuranye barimo abanyamuryango ba WFM, abayobozi mu nzego zitandukanye yaba iza Leta n'izigenga, abacuruzi, abanyamadini, ibigo by'itangazamakuru n'abandi. Ibi birori byakurikiye igitaramo cy'amashimwe cyabereye ku Kimihurura muri Women Foundation Ministries mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 30/11/2018 ahari hatumiwe abahanzi banyuranye barimo Papi Clever, Bosco Nshuti n'abandi.

Women Foundation Ministries

Women Foundation Ministries

Ubwo bakataga umutsima wateguwe mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 12

Muri 'Dinner' yabereye muri Kigali Marriott Hotel ahari hakoraniye abanyacyubahiro batandukanye n'inkoramutima za Women Foundation Ministries, Rev Dr Antoine Rutayisire ni we wigishije ijambo ry'Imana. Yashimiye Apotre Mignonne wamutumiye anashimira Women Foundation Ministries muri rusange ku bw'igikorwa bakora buri mwaka cyo gushima Imana mu bikorwa (Thanksgiving) bafasha abatishoboye. Yibukije abari muri ibyo birori ko ibyo bageraho byose Imana iba yabigizemo uruhare, ku bw'ibyo bakaba bakwiriye gushima Imana muri byose. Nyuma yo kwigisha ijambo ry'Imana, yasabiye umugisha abayobozi bose bo muri Women Foundation Ministries. 

Apotre Mignonne

Apotre Mignonne yarafashijwe cyane

Tariki 30/11/2018, Women Foundation Ministries berekeje mu murenge wa Mageragere akagari ka Rugendabari bafasha imiryango 40 itishoboye. Bakenyeje abakecuru ibitenge bishya, baha abasaza amakositimu, baranabagaburira ndetse banatanga ubufasha bw’ubwisungane mu kwivuza. Umwaka ushize tariki 24 Ugushyingo 2017, WFM bakoze igikorwa nk'iki cy'urukundo bagikorera mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Gahanga, aho bafashije abana bafite ubumuga butandukanye burimo ubwo mu mutwe no ku mubiri baba mu kigo INSHUTI ZACU cy'abamasera.

Rev Dr Antoine

Rev Dr Antoine ni we wigishije ijambo ry'Imana 

Mu bikorwa ngarukamwaka Women Foundation Ministries (WFM) igira harimo igikorwa cyo gushima Imana mu bikorwa (Thanksgiving) cyavukiye mu iyerekwa ryahawe umushumba mukuru wa WFM binyuze mu Ijambo ry’Imana riri mu gitabo cyo Gutegekwa kwa Kabiri (Deutronomy) 8:12-14 "Numara kurya ugahaga, ukamara kubaka amazu meza ukayabamo, inka zawe n’imikumbi yawe n’ifeza zawe n’izahabu zawe, nibyo ufite byose bikaba bigwiriye, uzirinde umutima wawe we kwishyira hejuru, ngo wibagirwe Uwiteka Imana yawe yagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y’uburetwa"

Women Foundation Ministries

Gushimira Imana mu bikorwa (Thanksgiving) byatangiye gutegurwa na Women Foundation Ministries kuva mu mwaka wa 2007. Ni ku nshuro ya 12 iki gikorwa kibaye mu buryo bwo gufasha abatishoboye hagamijwe gushishikariza abanyarwanda gushima Imana ku byo yabagejejeho no kubibutsa umuco nyarwanda w’ubupfura urangwa no gushimira, urukundo, gushyigikira abatishoboye n’ibindi. WFM yakoze iki gikorwa cy'urukundo ni umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu, ushingiye ku kwizera ukaba ugamije kubaka umuryango binyuze mu mugore. Yatangijwe na Apostle Alice Mignonne Kabera, akaba ari nawe uyibereye umuyobozi mukuru. Ifite Icyicaro gikuru ku Kimihurura.

REBA ANDI MAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE

Women Foundation Ministries

Women Foundation MinistriesWomen Foundation Ministries

Eric Kabera umutware wa Apotre Mignonne

Women Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation Ministries

Rev Dr Antoine Rutayisire ubwo yashyikirizwaga impano

Women Foundation MinistriesWomen Foundation Ministries

Rev Rwibasira ashyikirizwa impano na Apotre Mignonne

Women Foundation Ministries

Apotre Serukiza ari mu bahawe impano na Women Foundation Ministries

Women Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation Ministries

Eric Kabera

REBA AMAFOTO YO MU GITARAMO CYO KU WA GATANU 

Women Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation MinistriesWomen Foundation Ministries

AMAFOTO: Henry Joel






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Nukuri Imana imuhe umugisha kubwumurimo akora Kandi nukuri imwongerere iyerekwa (Vision) kuko hari byinshi Imana yatugejejeho biciye muri we Ndibuka 2017 atubwira ibya Relocation (Kwimuka)ati wabifata mumubiri cyangwa mu mwuka bikubere uko wizeye nari nturanye nurusengero rwe ikagugu nuko ndabyizera ubu ntuye muri Amerika (kuhatura nibisanze nta gitangaza kirimo)ariko kandi ni isezerano no kwizera kandi nshima Imana ko nkiri umwuzerwa kuri yo kandi ndi mumuryango wayo Imana imwongerere amavuta Ndamwibuka aduga amata ati this is for prosperity nukuri Imana imushyigikire





Inyarwanda BACKGROUND