RFL
Kigali

Billy yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Umunyamateka’ anagaruka ku gitaramo yatumiyemo Zaza-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:20/09/2017 17:42
0


Umuhanzi Billy yamaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo Umunyamateka nyuma y’iminsi micye ashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Haleluya’ yishimiwe n’abatari bacye. Uyu muhanzi yanavuze aho ageze imyiteguro y’igitaramo arimo gutegura.



Billy ashyize hanze amashusho y'iyi ndirimbo mu gihe ari gutegura iki gitaramo gikomeye yatumiyemo umuhanzi Zaza Mokheti umwe mu bahanzi bakomeye muri Afrika y'Epfo. Ibi byatumye Inyarwanda tumubaza aho ageze imyiteguro, adutangariza ko ayigeze kure ndetse na Zaza akaba afite amatsiko yo gutaramana n'abanyarwanda nkuko yabitangaje akoresheje ijwi rye. Yagize ati:

Kigali-Rwanda muraho, amazina yanjye ni Zaza Mokheti, vuba cyane nzaza gusura igihugu cyanyu kandi biranshimishije, nzaba nje gufasha mwenedata (Billy) mu gitaramo Umunyamateka concert azamurikiramo album ye, muzaze muri benshi cyane, nzishimira kubabona.

UMVA HANO ZAZA AVUGA KO AGIYE KUZA I KIGALI

ZAZA, umuhanzikazi ukomeye muri Afrika y’Epfo mu muziki wa Gospel agiye kuza mu Rwanda

Zaza, umwe mu bahanzi bakomeye muri Afrika y'Epfo ategerejwe i Kigali

Tariki 12/11/2017 ni bwo muri Kigali hazaba igitaramo ZAZA yatumiwemo n’umuhanzi nyarwanda Billy kuri ubu ukunzwe mu ndirimbo ye nshya 'Haleluya', bikaba biteganyijwe ko iki gitaramo kizabera muri Kigali Serena Hotel. Billy yabwiye Inyarwanda ko yatumiye ZAZA mu gitaramo cye cyo kumurika album 'Umunyamateka'. Twamubajije impamvu ari we yahisemo gutumira, atubwira ko asanzwe amukunda cyane ndetse indirimbo ze akaba akunze kuzikoresha mu kuramya no guhimbaza Imana Imana. 

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'UMUNYAMATEKA' YA BILLY

REBA HANO ZAZA AVUGA KO AGIYE KUZA I KIGALI







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND