RFL
Kigali

MU MAFOTO 50: Abakobwa bitabiriye inama IWLS basabwe kwihesha agaciro kuko nibigira 'Cheap' bazakorwamo 'Chips'

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:10/02/2018 23:18
5


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10/02/2018 mu mujyi wa Kigali habereye inama mpuzamahanga yiswe 'International Women Leadership Summit' ibaye ku nshuro ya mbere. Ni inama yateguwe n'abakobwa bo muri Bene Kora ibera kuri Healing Centre i Remera.



Abakobwa babarizwa muri Bene Kora, ku nshuro ya mbere bateguye inama mpuzamahanga bise 'International Women Leadership Summit' yatumiwemo ba Rwiyemezamirimo b'abagore n'abakobwa bafite aho bamaze kugera. Iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, yatangiye isaa cyenda z'amanywa isozwa saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, yitabirwa n'abakobwa hafi 500 ndetse hari na basaza babo bake bayitabiriye.

International Women Leadership Summit

Muri 'International Women Leadership Summit' hari abakobwa hafi 500

Ubusanzwe Bene Kora ni ihuriro ry'urubyiruko rwishyize hamwe kugira ngo rubashe guhindura urubyiruko biciye mu mahame y'Ijambo ry'Imana. Kugeza ubu bamaze imyaka ine bakora. Bene Kora igizwe n'urubyiruko hafi 2500 mu Rwanda hose rwiganjemo abiga muri Kaminuza n'abarangije amashuri yisumbuye kimwe n'uko harimo n'abakiri ku ntebe y'ishuri muri Segonderi.

International Women Leadership Summit

Abatanze ikiganiro bitsaga cyane ku iterambere ry'umukobwa

Bamwe muri ba rwiyemezamirimo b'abagore ndetse n'abakozi b'Imana bitabiriye iyi nama ya 'International Women Leadership Summit', batanze impuguro ku bana b'abakobwa bayitabiriye, babasaba gukunda Imana no kuyikorera bakiri bato ndetse bakiga agaciro mu byo bakora byose. Pastor Julienne Kabanda, Ev Rose Iribagiza, umucuruzikazi Alice, Kaneza Sandrine na Igihozo Miley ni bamwe mu bahawe umwanya uhagije baganiriza abitabiriye iyi nama ku nsanganyamatsiko ivuga ku iterambere ry'umukobwa.

International Women Leadership Summit

Igihozo Miley umuhuzabikorwa w'inama 'International Women Leadership Summit' 

Ikiganiro cyabanje gutangwa n'umuvugabutumwa Rose, avuga ku iterambere ry'umukobwa. Yabasengeye, ababwira ko kugira ngo ugere ku iterambere, icya mbere ari ugusenga Imana, ikindi ukirinda ibishuko byo mu isi. Sandrine Kaneza umumama w'umucuruzi waganirije aba bakobwa bagera hafi kuri 500, yabahaye urugero bw'ukuntu ubucuruzi bwe bwateye imbere ahereye kuri Alimentation ntoya, ababwira ko kugira ngo ayihereho byaturse mu kwizera Imana. Yasabye gusenga, bakaba inyangamugayo, bakanyurwa, bakita ku buzima bwabo. 

Pastor Julienne Kabanda yabasabye kwiga agaciro kuko nibatakiha bazakorwamo 'chips'

Pastor Julienne Kabanda yatangiye ashimira abakobwa bo muri Bene Kora bateguye iyi nama 'International Women Leadership Summit'. Mu ijambo rye yagejeje ku bari muri iyi nama  yabashishikarije gusenga kuko ibyo Imana ikora byose ibinyuza mu masengesho. Yabasabye kwiha agaciro nk'abakozi b'Imana ndetse nk'abakobwa bafite icyerekezo.

Pastor Julienne Kabanda wabahaye ubuhamya bw'ukuntu mbere yo gukizwa yahoze ari 'ingurutsi' (umukobwa w'ikirara) ariko Imana ikamugirira neza ikamubatura mu isayo ry'ibyaha ikamuha agakiza, yabibukije ko bakwiriye kwiyubaha bakiha agaciro kuko nibigira 'cheap' (kwitesha agaciro no kwisuzugura), isi izabafata nka 'chips', bakabashyiramo mayoneze, ubundi bakabarya. Ibi bihuye n'umugani abanyarwanda bajya baca ngo 'Uwigize agatebo ayora ivu'.

International Women Leadership Summit

Pastor Julienne Kabanda yasabye abana b'abakobwa kwihesha agaciro

Mireille IGIHOZO umuhuzabikorwa wa 'International Women Leadership Summit' yasabye abakobwa bagenzi be bari muri iyi nama kugira intego mu buzima bwabo kandi bagaharanira kuyigeraho. Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Mireille IGIHOZO yadutangarije ko bashima Imana yabanye nabo ku nshuro ya mbere bakoze iyi nama by'akarusho ikaba yagenze neza ikitabirwa ndetse igatangirwamo impanuro nyinshi zavuye mu bakozi b'Imana na ba rwiyemezamirimo b'abagore. 

Nkuko Inyarwanda.com yabitangarijwe na Igihozo Miley, nyuma y'inama ya 'International Women Leadership Summit', hagiye kubaho ibikorwa bitandukanye bishyigikira inama kugira ngo imyanzuro yafatiwemo ishyirwe mu bikorwa. Nyuma yaho mu mpera z'uyu mwaka mu kwezi kwa Kanama 2018 bazahurira hamwe muri 'Gala event show' barebe ibyo biyemeje aho bigeze banihe gahunda y'indi y'ikindi gihe kiri imbere. Yagize ati: "Twifuza ko u Rwanda rwaba rufite ibyagezweho twajyana hanze ku isoko mpuzamahanga mu rwego rw'imirimo."

REBA AMAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE MURI IYI NAMA IWLS

Bene KoraInternational Women Leadership Summit

Babanje kuramya no guhimbaza Imana mbere y'inama

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Abakobwa biga muri Gashora Girls Academy bitabiriye iyi nama

International Women Leadership Summit

Yasabanye n'Imana mu buryo bukomeye

International Women Leadership Summit

International Women Leadership Summit

Pastor Ntayomba Emmanuel uyobora Healing Centre Church nawe yari ahari

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Hari abakozi b'Imana batandukanye

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Mireille IGIHOZO uhagarariye igikorwa cya International Women Leadership Summit

International Women Leadership Summit

International Women Leadership Summit

Bamwe mu bakozi b'Imana baganirije abitabiriye iyi nama

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Mireille IGIHOZO ageze ijambo ku bari muri iyi nama

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Ev Cyusa Steven (ibumoso) hamwe na Jackson Mugisha (iburyo) umubyeyi wa Bene Kora

International Women Leadership Summit

International Women Leadership Summit

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Ev Rose ni umwe mu baganirije abakobwa bitabiriye iyi nama

International Women Leadership Summit

Arandika impanuro yahawe na Pastor Rose

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Ku nshuro ya mbere iyi nama ibaye yitabiriwe cyane

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Nyuma y'inama abanyeshuri ba Gashora Girls Academy bafashe ifoto y'urwibutso

Julienne Kabanda

Pastor Julienne Kabanda yasabye abana b'abakobwa kwihesha agaciro

Igihozo

Igihozo Miley yasabye abakobwa bagenzi be gutegura neza ejo habo

International Women Leadership Summit

Jackson Mugisha umubyeyi wa Bene Kora

International Women Leadership Summit

Stecy Belly (iburyo) witabiriye Miss Rwanda 2018 akaviramo mu majonjora, nawe yitabiriye iyi nama

International Women Leadership Summit

Stecy Belly hamwe na Igihozo Miley

International Women Leadership Summit

International Women Leadership Summit

Bamwe mu bari bashinzwe kwakira abantu bitabiriye iyi nama

International Women Leadership SummitInternational Women Leadership Summit

Nyuma y'inama bafashe ifoto y'urwibutso

AMAFOTO: Bene Kora & Iradukunda Desanjo (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kwizera urindwa Esther6 years ago
    Iki ni igikorwa kindashyikirwa, twungukiyemo byinshi bitandukanye. mukomereze aho
  • Divine Munezero6 years ago
    This idea was so great. Daughters of hari icyo mwatwigishije vraiment
  • Kagirimpundu Impano Denyse6 years ago
    Bene kora, Imana ibahe umugisha kubw'iki gikorwa cy'indashyikirwa bakoze. Ni iby'igiciro ku ri twe abakobwa ndetse n'Igihugu muri rusange igihe inama twazikurikije. Imana ibambike imbaraga.
  • Uwizeye Ntabana Gloria6 years ago
    Like seriously this was amazing and a mind changinging summit i was inspired and learnt alot from this... Be blessed to all daughters who organised all this.
  • Grace Iribagiza 6 years ago
    Abakobwa ba Bene kora barashoboye p!!!! imbere ni heza, n'abo abatarabonetse ubutaha tuzaza.. ndabona byari byiza!!!





Inyarwanda BACKGROUND