RFL
Kigali

Apotre Liliane Mukabadege ugiye gushaka undi mugabo yakorewe ibirori bya Bridal Shower

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/08/2018 11:30
5


Apotre Liliane Mukabadege witegura kurushinga n'undi mugabo nyuma yo gutandukana byemewe n'amategeko na Apotre Bizimana Abraham, yamaze gukorerwa ibirori bisanzwe bikorerwa umukobwa/umugore witegura kurushinga.



Bridal shower, ni ibirori bikorerwa umukobwa/umugore ubura iminsi micye agakora ubukwe, ahanini ibi birori bikaba bikorwa mu rwego rwo kumushyigikira mu bushobozi no kumuha impanuro zizamufasha kurwubaka rugakomera. Apotre Liliane yemereye Inyarwanda.com ko yakorewe ibi birori, icyakora ntiyagira byinshi atangaza. Apotre Liliane Mukabadege uyobora itorero Umusozi w'Ibyiringiro mu Rwanda, agiye kurushinga n'umukunzi we mushya witwa Ndahimana Jean Bosco w'imyaka 47 bafitanye amateka akomeye. 

Apotre Liliane

Apotre Liliane yakorewe ibirori bikorerwa ubura iminsi ibarirwa ku ntoki akarushinga

VIDEO:Apotre Liliane yavuze ku bukwe bwe anatangaza ukuri ku byo ashinjwa byo gutwara umugabo w'abandi

Mu gihe gishize, byavuzwe ko uyu mugabo agiye gushaka yamutwaye undi mugore, gusa uyu mugabo na Apotre Liliane babyamaganiye kure. Kugeza ubu ngo hashize imyaka irenga 25 baziranye nk'uko baherutse kubitangariza Inyarwanda.com. Itariki y'ubukwe bwabo ntabwo iratangazwa, gusa mu bigaragara ni vuba cyane. Twabibutsa ko aba bombi basezeranye imbere y'amategeko mu mpera za 2017. Apotre Liliane avuga ko gushaka undi mugabo nta kibazo abibonamo na cyane avuga ko abatandukana burya atari Imana iba yarabahuje kuko icyo yafatanyije nta muntu ushobora kugitandukanya.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMUGABO WA APOTRE LILIANE

Exclusive:Umugabo ugiye gukora ubukwe na Apotre Liliane yasubije abamushinja guta urugo no kurusahura-VIDEO

Apotre Liliane hamwe n'umugabo bagiye kwambikana impeta

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA APOTRE LILIANE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • pedro someone5 years ago
    Imyiteguro myiza yubukwe
  • Makara5 years ago
    Harabura igihe gito IYERIKO hakarimbuka ( abafite amatwi yumva nibumve ) nimumureke anezezwe byigihe gito
  • Ahh5 years ago
    Umva wa mupasitoro we sinkuzi nkubona mubunyamakuru ugende noneho wubake ntuzagaruke mubinyamakuro ngo gatanya cg se ngo kubaka byakunaniye cg se kuhamenera amabanga yurugo.dore urakuze nturi Umwana uracyecuye nako nturi inkumi ya 21 ans. Urwubake neza urugo rwanyu ruzasoromweho imbuto nziza zumubisha mubakristo bawe ubereye inama.nta byacitse na bomboribombori hano mubinyamakuru ahubwo hazasoke inkuru ivuga iti uzi ukuntu urugo rwa pasteur mukabadege ngwigiraho Byinshi byiza n'ibindi byiza .ikindi reka umukorogo rwose urabona ukuntu usa nkigishishwa cyumuneke. Mwere imbuto nziza bakozi b'imana. Yewe nitambukiraga data we. Uzarwobake rukomere
  • Uwitonze 5 years ago
    Ngewe ntangazwa nabantu bikorera imitwaro batikoreye nkahnkaho ibibazo byabo byakemuwe kubwange mbona kuba Apposo bagiye gushaka Biri mubintu namushimira kuko lmyakaye simyinshi kuburyo atashaka kdi kubwo kubaha lmana ntiyasambana bibiriya ivuga ko umugabo agira umugore we n umugore ariko ,abamuvuga wasanga baraheze kwisiga kdi buriya numushumba usizwe nlmana bamenyeko bacyatura icyibi kuriwe baba bivumye lmana ibsbaibababarire ntibazi uwo barwanya ,tuzamushingira kdi lmigambi ylmana irakomeze abamusebya nokumuharabika twabafashe nkabakozi nlmana kuko izibuka uko mumuharabika ibihereho lmuzamure mikiriho igisuzuguriro mumukome kabisa turabiyamye
  • Ego5 years ago
    Wowe wiyise uwitonze ukuri kuraryana .agire urugo rwiza aliko nanone azerere imbuto intama abereye umushumba kuko ntamushumba udivorca. Ikindi kandi areke kwitukuza reba ayo matama ye ukuntu yababutse agatukura. Imbuto nizo burya ziranga umukristo cyangwa se umushumba nyawe .





Inyarwanda BACKGROUND