RFL
Kigali

Blessings Family ku isabukuru yayo y'imyaka 4 yataramanye n'umuhanzi Timamu Jean Baptiste-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Niyonkuru Eric
Taliki:2/12/2018 23:05
3


Blessings Family ni umuryango ugamije kwamamaza ubutumwa bwa Christo kw’isi hose, barangwa no gukora ibikorwa by’urukundo, bagafasha kandi Aba Kristo uburyo bakoresha ikoranabuhanga neza ntiribagushe mu gukora ibiteye isoni. Umuhanzi Timamu Jean Baptiste yifatanije nabo mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 4.



Kuri iki Cyumweru tariki 2 Ugushyingo 2018 ni bwo Blessings Family yizihizaga isabukuru y’imyaka 4 ishize uyu muryango ushinzwe, dore ko watangijwe tariki 5 Ugushyingo 2014 na Uwera Marie Claire bakunze kwita Mama Claire uba mu bwongereza.

Musanabera Marie Goreth ushinzwe ikinyabupfura muri Blessings Family, yaganirije umunyamakuru wa Inyarwanda.com, amutangariza ko Blessings Family bishimira ko uyu muryango umaze kwaguka. Yagize ati:

Uyu munsi turi kwizihiza isabukuru y’imyaka 4 Blessings Family iriho.Turishimira rero ko twagutse, dufite abantu mu Rwanda ndetse no mu mahanga mu madini agiye atandukanye yemera Christo, kuko umuntu uba muri Blessings Family aba akijijwe, twakira umuntu ukijijwewemera Yezu Christo.

Musanabera Marie Goreth ushinzwe ikinyabupfura muri Blessings Family

Mu Rwanda uyu muryango ugizwe n’abantu barenga 100, wakira abaturuka mu matorero atandukanye yemera Yezu Christo. Uyu muryango ufashanya mu buryo bw’umwuka, ufite amashami mu bihugu bitandukanye haba mu Rwanda, Ubwongereza ari naho hari icyicaro cyawo, Ubudage, Ubuholandi, Mozambique n’ibindi bihugu ku migabane y’isi itandukanye. Uyu muyobozi yatubwiye ko gahunda zose bari gukora bari guteganya gukomeza kwaguka mu buryo bwu mwuka kandi uko bazakomeza kwaguka mu buryo bw’umuka ni nabwo bazaguka mu bikorwa basanzwe bakora bijyanye no gufasha.   

Pastor Dominic wigishije Ijambo ry'Imana rifite intego yo kumenyesha abantu Imbaraga ziri mu gushima 

Basangiye umutsima


Umuhanzi Timamu Jean Baptiste niwe wabataramiye abaririmbira indirimbo zakunzwe n'iyitwa 'Humura Mwana Wajye' 

Umuhanzi Ndoliva akaba n'umuvugabutumwa yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze 

Umuhanzi Obededomu nawe yatanze ubuhamya binyuze mu ndirimbo yaririmbye 

Umuramyi Ndahiro Yves nawe yifatanyije na Blessings Family 

Uwera Marie Claire watangije uyu muryango Blessings Family

kuri ubu ifite inzego zinyuranye zirimo urushinzwe amasengesho, urwego rushinzwe kuramya no guhimbaza Imana, urwego rushinzwe ikinyabupfura, urwego rushinzwe nibature, urwego rushinzwe ubwanditsi n'urwego rushinzwe imibereho myiza. Mu bitabiriye ibi birori bari batumiwe n’inshuti basobanukiwe imikorere y’uyu muryango Blessings Family, banasangiriye hamwe umugati (Gateau) hishimirwa iyi sabukuru y’imyaka itatu yose Blesings Family ibayeho.

AMAFOTO UBWO BIZIHIZAGA ISABUKURU Y'IMYAKA 4

Umubyeyi wa Uwera Marie Claire watangije uyu muryango Blessings Family yarahari


Uyu munsi waranzwe no Gushima Imana ku mirimo imaze igihe ikora muri uyu muryango

Hakiriwe abantu bifatanyije n'abagize Blessings Family kwizihiza isabukuru bwa mbere

Umushumba Mathias Nzabahimana

Pastor Gatanazi Justin wo muri Paruwasi ya Nyarugenge

Rev Niyitegeka Simeon wo mu itorero rya God's Power yakiriwe n'umufasha we

Bafashe ifoto y'urwibutso nyuma y'ibirori


Hari ibihe byiza byo gusenga


Pastor Dominic wanigishije ijambo ry'Imana 

Bahati umuririmbyi muri Korali Jehovanis ku mudugudu wa Cyahafi n'umwe mu bagize Blessings Family 

Kanda hano wihere ijisho uko Timamu Jean Baptiste yaririmbiye abari aha


AMAFOTO+VIDEO: Niyonkuru Eric-INYARWANDA.COM 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mcm5 years ago
    Turashima Imana kubwumunsi wejo.naho uyu mubyeyi Wacu rwose turamukunda cyane
  • Bahatiyamungu vendeurnete5 years ago
    Mubyukuri Blessing family numuryangomwiza udufasha muribyose mbifurije kwaguka lmana ibambike imbaraga
  • Mama Claire5 years ago
    Ndabashimiye mwese mwabashije kwifatanya natwe, gushima Imana kubyo yadukoreye imyaka 4 yose ishize. Nimuze dukorere Imana hakiri kumanywa. BLESSINGS FAMILY kandi iboneyeho kwifuriza buri wese ukurikirana ibikorwa Bakora Noheli nziza n'Umwana mushya muhire.





Inyarwanda BACKGROUND