RFL
Kigali

Ntakirutimana Ibrahim wifuza kugera kure mu gukina filime, afata nk’ikitegererezo Kanumba Steven na Marie France Niragire

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:11/11/2015 11:44
38


Ntakirutimana Ibrahim ni umugabo wubatse w’imyaka 37 y’amavuko akaba umukinnyi n’umwanditsi wa filime mushya wifuza kuzamura impano ye muri sinema akagera kure, akaba abona nyakwigendera Steven Kanumba na Marie France Niragire nk’ibyitegererezo bye mu bakinnyi ba filime ku isi.



Ibrahim usanzwe akora akazi ko gukora telefoni na mudasobwa, avuga ko kuva akiri muto yakundaga gukina amakinamico kuko filime zo atari azizi, ariko aho amaze kuzimenya yaje gusanga no gukina filime nabyo yabishobora.

Mu kiganiro n’umunyamakuru w’inyarwanda.com, ubwo yamubazaga uko yatangiye gukina filime, Ibrahim yagize ati, “muri make navuga ko nkiri muto nabanje gukunda amakinamico kuko film zo sinari nzizi. Niga mu mashuri abanza nakundaga gukora udukuru tugufi tukadukina wenda habaye nk'umunsi runaka, nyuma no mu yisumbuye bikomeza gutyo aho noneho nagiye mpagararira ama group atandukanye nk'ayo kurwanya SIDA guharanira ibidukikije... aho niho nandikiraga amakinamico ajyanye nabyo nkanafatanya n'abandi kuyakinamo, maze kurangiza ayisumbuye naje kuba muri Association imwe y'urubyiruko njye icyo nari nshinzwe kwari ukwandika imikino inyuranye ijyanye n'ibyabaga bigiye gukorwa muri gahunda za Leta mu karere mbarizwamo no kwereka abakina uko bitwara (kubatoza no kubayobora). Film ya mbere nabashije gukinamo ari yo “Isi Irikoreye” nayikinnyemo muri 2013”

Ibrahim Ntakirutimana, ku myaka 37 arareba kure muri sinema

Ibrahim umaze gukina muri filime "Isi Irikoreye" "Amaraso Yanjye" iyi akaba ariwe wayanditse akanayikinamo, "Ishyamba" "Kure y'amaso" hamwe n’iyitwa "Ari Nkawe" itarasohoka avuga ko yifuza kugera kure hashoboka kuko ibisabwa byose yumva abyujuje.

Ibrahim aha yagize ati, “Ibyo ari byo byose nk’uko umuntu ahora yifuza gutera imbere nanjye mu mwuga wanjye nifuza kugera kure hashoboka cyane cyane mu kwandika film nziza zisobanutse z'umwimerere mu muco nyarwanda, kuba umukinnyi mwiza ukina ibyo nzi bindimo kdi bizima byigisha kdi bigashimisha societe nyuma y'ibyo numva cinema ariyo yaba ubuzima bwanjye nk'umwuga wantunga muri byose kuko nkunda Cinema cyane pe.”

Akunda gukina filime ari umupfumu

Kuri ubu Ibrahim afatanya gukora sinema no gukora akazi ko gukanika telefoni na mudasobwa kandi akaba atuye kure ya Kigali, avuga ko gufatanya iyi mirimo 2 bitamworoheye, ariko yemeza ko agerageza kubikorana kandi hakaba nta gahunda n’imwe ijyanye na sinema ijya imucika.

Mu kdacikwa na gahunda n'imwe ya sinema, Ibrahim yitabiriye itorero ry'abahanzi ryabereye i Nkumba

Abajijwe umukinnyi wa filime afata nk’ikitegererezo cye ku isi, Ibrahim yasubije ati, “Mu mahanga nakundaga cyane umutanzaniya Kanumba ariko yatashye ntaramubona, mu Rwanda abakinnyi bacu hafi ya bose bampa amasomo mu mikinire yabo pe, kandi mbigiraho byinshi ariko by'umwihariko umu mama witwa Marie France wakinnye muri Film yitwa Nzozi.”

Kanumba Steven na Marie France Niragire nibo Ibrahim Ntakirutimana afata nk'ikitegererezo

Ibrahim kandi yemeza ko kuba yubatse (afite umugore), akajya muri gahunda zo gukina filime no gukora sinema bidashobora kubangamira urugo rwe. “Mubyo nishimira n’iki kirimo kuko niba hari ibintu bimushimisha no kumbona muri screen ni ibya mbere kuri we, nabanje kubimubwira mbere yuko tubana, abyakira neza kandi arabikunze ndetse yumva ari byo nakora gusa.”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Soso8 years ago
    Yoooo Ibrahim disi tugufatiye iryiburyo pe ukuntu udushimisha rwose komeza uzagere aho wifuza kugera muri film
  • Mizero8 years ago
    Kabisa uri kurwego rwiza musaza muri filime zose maze kubona wakinnye mo bigragara ko ukora ibyo uzi ahubwo courage ariko muri iyi minsi sindi kugufatisha
  • Agnes8 years ago
    Hhhhh dore wa mugabo pe, nari nzi ko uri umunyanigeria kubera ukuntu aragura we, cyakoze ukina neza nukuri uzadusure mu Byangabo tukurebe turagukunda cyane abana banjye birirwa bakwigana
  • Samuel8 years ago
    MUVANDIMWE BRAHIMU COURAGE COURAGE NDABONA YAMAKINAMICO YO KWISHURI WARAYABYAJE UMUSARURO NKENEYE KUREBA FILIME WAKINNYE SINDAYIBONA
  • Jacques 8 years ago
    nange ndagukunda ibra nuwo mukobwa akina neza ariko ntuheruka kuduha inshyashya uzaduhe amaraso yanjye to gice cya 2
  • Furaha8 years ago
    Eeeeeh uyu mu kinnyi se nuwo mu rwanda ra? sinakundaga kureba theatre zanyu ariko ubwo wigiye kuri Kanumba ushobora kuba ugerageza tu naho ubundi ibyo mukina nta musosi! reka nshake izo wakinnye nzazirebe wenda wankundisha iziwacu.
  • Jovia8 years ago
    Mbega byiza, komerezaho musaza utere ikirenge mucya bagenzi bawe, ese ibya Fred na Ange na Gashema byagenze gute ko twategereje igice cya 2 tugaheba? wahemukiye gashema umutwarira umwana yikuriye mu cyaro sha, mukomereze aho uzansuhurize Fabiola ndamukunda cyane
  • Mvuyekure Didas8 years ago
    Icyo mfa n'abanyarwanda mukina filme nuko meigana izabohanze
  • Gerard8 years ago
    Amahirwe masa masa muvandimwe
  • Xavier8 years ago
    IMANA IGIMUKOMEZE IBRAHIM WACU
  • Aisha8 years ago
    Komeza urugendo ntucike intege ariko ibyo bintu ukunda gukina ntibizagukurikirane wo kabyara we! ikindi ntuzahemukire umufasha wawe ngo ujye mu bindi witwaje ko akunda ko ukina izo filimi, abanyamafilimi turabazi.
  • Mamy8 years ago
    Ni ishitani? mbega amaso ahari koko nubusanzwe uraragura
  • Egide8 years ago
    Harya ngo mushaka gukuraho agasobanuye? barababeshye.
  • Rubson 8 years ago
    Ibra urashoboy. komez ujye mbere
  • ANGELIQUE8 years ago
    Umupfumu uzwi bavuze!
  • Ibrahim8 years ago
    Nshimishijwe na buri wese wafashe umwanya we agasoma iyi nkuru maze agatanga igitekerezo, niby'igiciro kinshi ndabashimiye cyane inama zanyu ni ingirakamaro, by'umwihariko kandi ndashimira cyane inyarwanda.com badahwema kuduha ibikenewe kdi biri ngombwa mu nkuru batugezaho umunsi kumunsi.
  • Emeline8 years ago
    Ni byiza Ibra courage kabisa
  • Djohari Mohammad8 years ago
    Nibyiza ko tubigiraho muri film mudukinira ariko nukuri sibyiza ko umuntu mukuru nkawe wubatse ujya kukarubanda ukiyambura ngo n'amafaranga! oya pe kubwanjye nk'umuslam ntibikwiye kdi uko nkuzi uri inyanganugayo ukunda idini cyeretse niba hari ukundi byagenze! Ibra rwose ukunda amafilme ariko wisubireho gukina wambaye gutyo ntibyemewe mu dini, umbabarire kuguhana unduta ariko nkuko nawe wangiraga inama nanjye nirwo rwego mbikozwmo.
  • Sangwa8 years ago
    Yes Ibrahim nshuti, ntibaguce intege urashoboye cyane intambwe urimo gutera ni nziza, ndakeka ibyo kuvuga ngo wambaye ubusa ndumva hejuru ntacyo bitwaye ko uri umugabo se, courage nanjye nkunda uko ukina.
  • Kamanzi8 years ago
    Hahahaha Aburahamu we burya se naho ugeze mwa? eeeeeee biranshimishije rwose najyaga numva ngo ukina firime nkabyita imikino naho nukuri!? KOMEZA UTSINDE PE





Inyarwanda BACKGROUND