RFL
Kigali

Murumuna wa Kim Kardashian akomeje gushakishwa ku isoko ryo gukina filime z’urukozasoni

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:18/08/2015 11:35
0


Kuva yakuzuza imyaka 18 tariki 10 Kanama uyu mwaka, umwana muto wo mu muryango wa Kim Kardashian, Kylie Jenner akomeje gushakishwa n’ibigo bikomeye bikora filime z’urukozasoni bamuha amamiliyoni ngo bamukinishe.



Inkuru Inyarwanda.com ikesha ikinyamakuru TMZ ivuga ko kuva yakuzuza iyi myaka y’ubukure aho ubusanzwe muri Amerika umwana wujuje 18 aba yemerewe gutwara imodoka, kwishushanyaho (tatoo), gutora, kugura itabi ndetse by’umwihariko no gukina filime z’urukozasoni, ibigo byinshi bikora izi filime zizwi nk’iz’abakuru bikomeje kumwirukaho bimuha akayabo ngo bakorane.

Kylie Jenner

Nyuma yo kuzuza imyaka 18, Kylie Jenner ari gushakishwa mu ruganda rwa filime z'abakuru

Ibi bigo ngo bibonamo Kylie imari mu gihe yemeye gusambanira imbere ya Camera, ndetse bikaba bibona ubwamamare n’ubukire yabivanamo byatuma arenga kuri mukuru we Kim Kardashian wamamaye nyuma y’uko amashusho akora imibonano mpuzabitsina n’uwari umukunzi we Ray J agereye hanze ahagana mu 2007.

Umubiri we ubonwamo imari n'ibi bigo

Ku ikubitiro, Steve Hirsch uyobora ikigo cya Vivid Entertainment gikora izi filime yahaye Kylie miliyoni 10 z’amadolari kuri video y’imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we akaba umuraperi Tyga, aho yagize ati, “amashusho y’ubusambanyi ya Kim yamufashije kuzamuka no kwamamara. Biriya? Ni ubusa ugereranyije n’aho wahita ugera.”

Ikindi kigo gikora izi filime Bangyoulater, kikaba kimwe mu bigo bikora izi filime muri Amerika bikomeye cyane cyahaye uyu mwari akaba umukunzi w’umuraperi Tyga miliyoni imwe n’ibihumbi Magana inani by'amadolari (1.8m) kuri video y’iminota 22 gusa, aho bamubwiraga ko, “ako kantu konyine, kazahita kakugira icyamamare urenge kuri Kim Kardashian cyangwa Paris Hilton.”

Kylie Jenner n'umukunzi we Tyga

Mu gihe ibindi bigo biri bikomeje gushyira imitungo hasi ngo ajye imbere ya camera, Digital Playground cyo cyamwegereye mu bundi buryo aho bari kumusaba ko yababera ambasaderi, aho bamubwira bati, “kuri ubu ubwo wamaze kuzuza imyaka y’ubukure, twifuzaga kuguha amahirwe yo kutubera ambasaderi. Turabizi ko uzabikora neza, kandi n’umubiri wawe uteye neza, wenda ushobora kugera aho nyuma ukifuza kuba umukinnyi wowe ubwawe.”

Kugeza ubu, hari kwibazwa niba Kylie ari bufate inzira ari guharurirwa muri uru ruganda cyangwa ari bubyange, dore ko kugeza ubu ntacyo we n’umukunzi we Tyga baherereye mu gihugu cya Canada mu birori by’isabukuru y’amavuko ye barasubiza ibi bigo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND