RFL
Kigali

Idris Elba yashyizwe mu ntwari z’u Bwongereza

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:14/03/2016 11:34
7


Umukinnyi wa filime Idris Elba yamaze kwinjira mu gitabo cy’ibikomerezwa bifatwa nk’intwali mu bwami bw’ubwongereza, kuri ubu ku mazina ye hakaba hiyongereyeho OBE, umudali yambitswe kubera uruhare yagize mu iterambere ry’ubuhanzi.



Idris Akuna Elba w’imyak 43 y’amavuko akaba ari umukinnyi wa filime, umuririmbyi, n’umuDJ w’umwongereza ukomoka mu gihugu cya Ghana yambitswe uyu mudali kuri uyu wa 5, mu muhango wabereye mu ngoro y’umwamikazi Buckingham Palace uyobowe n’igikomangoma William aho yari aherekejwe na nyina umubyara.

Idris Elba yubatse izina hirya no hino ku isi, abenshi bemeza ko ari umukinnyi udasanzwe dore ko ashobora gukina filime mu ishusho iyo ariyo yose kuva ku mupolisi usanzwe nko muri Luther, kugeza kuri perezida w’igihugu nka Mandela muri flime Long Walk to Freedom, inyeshyamba nko muri Beasts of No Nation, umucuruzi w’ibiyobyabwenge nko muri The Wire,… akaba yahawe uyu mudari wa OBE (Officer of British Empire) aho yagaragajwe nk’umuntu urenze abasanzwe (Beyond Special) nk’uko USA Today dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga.

Nyuma y’ibi byose ariko, Idris Elba yatangaje ko ntawundi ukwiriye gushimwa atari umubyeyi wamwibarutse ariwe nyina umubyara Eva wari wamuherekeje muri uyu muhango, nk’uko yabitangaje abinyujije kuri Twitter ye aho yagize ati, "Ubwami bw'u Bwongereza bwanshimishirije umubyeyi uyu munsi."

'Made my mum very happy today': Idris Elba beamed as he posed with mother after OBE ceremony on Friday

Idris Elba n'umubyeyi we Eva i Buckingham Palace ubwo yajyaga kwambikwa umudali w'intwali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ruti8 years ago
    uyu mugabo nta frime nyarwanda muzihora mumbwire?
  • evode8 years ago
    yeah. yakinnye muri sometimes in april ivuga kuri genoside ya ba tutsi
  • 8 years ago
    Baba babuze abo babiha kuko nta gitangaza kirenze yakoze, buriya wenda hari indi sura nizindi nyungu zibyihishe inyuma
  • tingatinga8 years ago
    Ubwo iki gihembo kidahawe Rwandan Super Star ntimubura kukijora! Ariko siwe kora neza wenyine. Ajye anemera ko hari n'abandi mu Rwanda.
  • Holly8 years ago
    Yakinnye muri sometimes in April ya genocide
  • Amani8 years ago
    yego ruti@ muri 100 days ya Jenocide
  • alba8 years ago
    Ibyo yakoze nibyo bimuhesheje iki gihembo ese uvuga ko ntakidasanzwe uhereyehe??,but when U check his flmz vrmnt yarakoz nahembwe





Inyarwanda BACKGROUND