RFL
Kigali

Ibikorwa by’iserukiramuco rya filime za Gikirisitu birakomeje – AMAFOTO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:18/11/2015 12:23
1


Nyuma y’uko ritandijwe kuri iki cyumweru tariki 15 Ugushyingo, kuri ubu ibikorwa by’iserukiramuco rya filime za Gikirisitu (Rwanda Christian Film Festival) birakomeje mu gihe cy’icyumweru rizamara ribera mu mujyi wa Kigali kuri Hilltop Hotel I Remera.



Kuri ubu hari kugenda herekanwa filime zinyuranye zitabiriye iri serukiramuco, hakaba hateganyijwe igikorwa cyo kwerekana filime kuwa gatanu guhera saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri Hilltop Hotel.

Muri iki cyumweru kandi, hari kuba amahugurwa y’abanditsi ba filime, amahugurwa abera kuri Kwetu Film Institute, aho bari guhugurwa na Mazimpaka Kennedy ndetse n’umurundi witwa Nifasha Florian.

Biteganyijwe ko iri serukiramuco ry’icyumweru rizasozwa ku cyumweru tariki 22 Ugushyingo kuri Hilltop Hotel, mu muhango uzanatangwamo ibihembo kuri filime n’amashusho y’indirimbo bizaba byahize ibindi guhera ku isaha ya saa kumi n’imwe n’igice.

Mu cyumba cya Hotel Hilltop ubwo iserukiramuco ryatangizwaga

Chris Mwungura, umuyobozi wa True Way Entertainment itegura iri serukiramuco aritangiza ku mugaragaro

Abari guhugurwa mu kwandika filime (screenwriting)

Chris Mwungura akurikirana igikorwa cy'amahugurwa yo kwandika filime

Abanyeshuri bari guhugurwa mu kwandika filime bari kumwe na mwarimu wabo Florian n'ikipe itegura iserukiramuco

Iyi niyo screen yerekanirwaho filime muri iri serukiramuco






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwizeye Tony 8 years ago
    Mwibukeko Hari Nabandi Bakeneye Nkayo Mahugurwa Batari Murayo, Kandi Bafite Impano Yokwandika Filme ,Nabo Bahuguwe Haricyahinduka Kuri Filme Nyarwanda, Byaba Byiza Mushyizeho Itsinda Runaka Nkabobakiyandikishamo Nabobagahurwa





Inyarwanda BACKGROUND