RFL
Kigali

Abakora filime mu Rwanda nabo, birengagije ko umukobwa wabuze umuranga yaheze mwa nyina

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:22/09/2014 10:24
3


Benshi mu bakora filime mu Rwanda by’umwihariko filime zicururizwa ku isoko ryo mu gihugu bahora binubira ko filime zabo zitagenda aho basohora filime bizeye kubonamo amafaranga bashoye ndetse bakanunguka, ariko bikaza kurangira bahombye nk’uko babyita ngo ni ugushya.



Ariko se iki kibazo kigarukira ku kuba abanyarwanda baba batakunze filime zabo? Piratage se nk’uko bakunze kubivuga?

Ku ruhande rumwe, ibi siko biri! Mu Kinyarwanda niho baca umugani ngo: “umukobwa wabuze umuranga yaheze mwa nyina” kabone n’ubwo yaba ari mwiza ate!

Mu isesengura Inyarwanda.com yakoze, yasanze aba bakora filime birengagiza ko umuyoboro uri hagati yabo n’abaguzi babo ari ITANGAZAMAKURU, ariryo rishobora kubafasha kumenyekanisha filime zabo ku bakiliya babo nk’uko ubu itangazamakuru ari bumwe mu buryo bufasha imenyekanisha bwa mbere bukomeye ku isi.

Umuntu (producer) akora filime, akita kubona filime ye irangiye, agakora kopi zo kugurisha, akazishyira ku isoko ategereje ko abaranguzi bazaza kuyirangura bakajya kuyicuruza ku muhanda, ugasanga umuntu ubanyuzeho bari kumwereka filime nshya atigeze anumvaho mu buzima bwe.

Ese ari wowe umuntu akakwereka ikintu utigeze wumva wakwihutira kukigura? Cyangwa wategereza ukabanza kuzumva abandi bakubwira ubwiza bwacyo?

Ubusanzwe mu isi ya sinema, haba muri Amerika n’ahandi yateye imbere, ikintu kiza mu bya mbere mu gutuma filime ikundwa ndetse ikagurwa cyangwa se kikanatuma abantu bayanga ni amagambo ayivugwaho aribyo bita mu cyongereza “Word of mouth”.

Aha bitewe n’ibyo abantu bumvise, cyangwa babonye kuri filime yawe bashobora kugenda bayivuga neza (niba ari nziza) cyangwa bayivuga nabi (niba ari mbi) bigatuma ikundwa cyangwa yangwa ukunguka cyangwa ugahomba, ariko akenshi bikorwa byanyuze mu kuyamamaza mu buryo bunyuranye.

Kugeza ubu ntafilime n’imwe mu Rwanda iragira paji yayo ku mbuga nkoranya mbaga (aha twirengagije urubuga rwa interineti) kandi ari ubuntu, nyamara bishobora kugufasha kwamamaza filime yawe ndetse no kuzamura ya magambo ayivugwaho.

Abakora filime mwige kwamamaza ibikorwa byanyu, bivugwe, kandi inzira yose yanyuzwamo ubutumwa haba mu binyamakuru byandika, amaradiyo, televiziyo, imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter,… muzikoreshe muzibyaze umusaruro nazo zibafashe gucuruza ibicuruzwa byanyu.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nshuti eric9 years ago
    nta industrial ya firm iri Mu Rwanda usibye bacye cyanee nibo wavuga ko bagerageza . ureba firm ukayoberwa icyo aricyo niba ari firm cyangwa ikindi kintu ntabonera izina ntacyanga cyayo. story iba iyigize ugasanga nikintu kidasobanutse nuvuga ngo umuntu atekereza ikintu akokanya bugacya akinamo firm .. mvuze kubakinnyi bwakwira bugacya ubona nabo baba batazi ibyo barimo ntakigenda mumikinire yabo . .. lore igomba gukinwa numuntu uyi merita urugero . Titanic yamaze imyaka bayikina ariko barabuze umu acteur nu Mu actrice ubikwiye nukuvuga ko se America ntabantu bazi gukina firm bahari .? si ikindi kandi si ukubura advertisements ubundi na firm ubwayo yakwikorera advertisements bitewe nuko ya tractinze abantu . ubuse firm yaciye ibintu yabarundi yitwa mugisha hari advertisements yakorewe Mu Rwanda ariko yasigiye amateka abantu nukuri Mu Rwanda nta bakinnyi ntama story akurura abantu wapi
  • 9 years ago
    nta industrial ya firm iri Mu Rwanda usibye bacye cyanee nibo wavuga ko bagerageza . ureba firm ukayoberwa icyo aricyo niba ari firm cyangwa ikindi kintu ntabonera izina ntacyanga cyayo. story iba iyigize ugasanga nikintu kidasobanutse nuvuga ngo umuntu atekereza ikintu akokanya bugacya akinamo firm .. mvuze kubakinnyi bwakwira bugacya ubona nabo baba batazi ibyo barimo ntakigenda mumikinire yabo . .. lore igomba gukinwa numuntu uyi merita urugero . Titanic yamaze imyaka bayikina ariko barabuze umu acteur nu Mu actrice ubikwiye nukuvuga ko se America ntabantu bazi gukina firm bahari .? si ikindi kandi si ukubura advertisements ubundi na firm ubwayo yakwikorera advertisements bitewe nuko ya tractinze abantu . ubuse firm yaciye ibintu yabarundi yitwa mugisha hari advertisements yakorewe Mu Rwanda ariko yasigiye amateka abantu nukuri Mu Rwanda nta bakinnyi ntama story akurura abantu wapi
  • habinezasamueli9 years ago
    .murwandardiofr





Inyarwanda BACKGROUND