RFL
Kigali

URUJIJO: Teta Sandra ntakigaragara, biravugwa ko yaba yongeye gufungwa

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:19/03/2017 15:49
14


Amakuru amaze iminsi acaracara hano hanze aravuga ko Teta Sandra yaba afunze ndetse banamumanuye muri Gereza , ariko bikaba bigaragara ko aya makuru arimo urujijo.



Tukimara kumenya aya makuru twegereye umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali SP Hitayezu Emmanuel atubwira ko iby'ifungwa ry’uyu mukobwa ntabyo azi ahubwo ko habaye hari amakuru dufite y'ibanze twayabaha. Kuri iyi ngingo, umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali yabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko atari we wenyine ubimubajije.

Umunyamakuru yahise yegera umwe mu nshuti za hafi z’uyu mukobwa ndetse unazwi mu nshuti ze za hafi utashatse ko amazina ye atangazwa maze agira ati ”Nibyo koko yarafunzwe nanjye mbimenye ntan’icyumweru kirashira icyakora ayo makuru narayamenye, yari muri Gereza naho icyaha akurikiranyweho sindakimenya gusa byo ikizwi ni uko bamumanuye.”

teta sandra

Abajijwe igihe uyu mukobwa yaba yarakatiwe iki gifungo iyo nshuti ya hafi ya Teta yavuze ko nta bintu byinshi azi ku gufungwa kwe kuko ngo byakozwe ntibimenyekane nawe akaba yarabimenye hirenze hafi ibyumweru bibiri byose afunze. Uku gufungwa kwa Teta Sandra kukaba kurimo urujijo kuko Polisi itangaza ko gufungwa kwe ntako izi nyamara amakuru ahari agera ku Inyarwanda.com akavuga ko afunze ndetse yamaze kumanurwa.

Umunyamakuru yifuje kuvugisha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagorwa, CIP Sengabo Hillary ngo amubaze niba hari icyo azi ku ifungwa ry’uyu mukobwa bivugwa ko afungiye muri gereza nkuru, asanga telefone ye irafunze ntitwabasha kuvugana.

Teta Sandra ni umwe mu bakobwa hano mu Rwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, kuri iyi nshuro urebye kuri Instagram urasanga aherukaho tariki 23 Gashyantare 2017 naho numero ye ya telefone ikaba imaze iminsi idacamo.

Inyarwanda.com turakomeza kubakurikiranira iby’iyi nkuru ya Teta Sandra…






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Eric7 years ago
    Yeah arafunze uko niko kuri nagiye gusura umuntu ufunze musangayo
  • Eric7 years ago
    Yeah arafunze uko niko kuri nagiye gusura umuntu ufunze musangayo
  • h7 years ago
    sha byaba bibabaje, ark polisi nayo nijya ifata abantu izajye ibivuga
  • Kagabo7 years ago
    Njye infusa Ubuntu wazampa amakuru asobanutse y'abantu babiri. Teta Sanda na miss Vanessa Uwase. Aba bakobwa numva ibintu by'amanyanga bahoramo bikantera kwibaza. Iyo wumvise ibyo bavuga wumva ari abanyabwenge. Ariko wakumva ibyo bakora ukayoberwa. Ese ni inkumi zishaka kwiteza imbere ariko zikabura ubufasha bigatuma bahemuka cyangwa se ni Ibirara ariko by'ib'inyamugi? Rwose ubazi neza azampe amakuru yuzuye.
  • Coco7 years ago
    Yooo,ariko disi bibaye ari byo uyu mwana w'umukobwa yaba afite karande,Imana imutabare
  • hhahahah7 years ago
    HMMMM umukobwa aranze abaye ubukombe... uku se nukumwamaza cg? Ntakuntu yaba afunze ngo polise nababishinzwe babure ayo makuru. Muri kumwamamaza sha ... gusa iyo publicité ni mbi
  • Didine7 years ago
    Niba aribyo pole sana.komera rwose nta mvura idahita
  • Bimawuwa7 years ago
    Ikibazo si cya police kujya itangaza umuntu wese wafunzwe kandi ndumva no munshingano ze kuri uwo wafunzwe wenda ntashaka ko bimenyekana rero numva kugirango bibateshe umwanya kujya gushaka uwafunzwe mu gihe mutarabo mu muryango we cg se abo mukorana mu kazi mpumva inyungu bya mugirira ari iyihe mwe mubimenye. tujye tureba ibitureba ntaho ibitatureba twirebe kuruhande.
  • 7 years ago
    i baby ryacu mudukuriranire icyorizira kbx
  • coco7 years ago
    Abakobwa b' i Kigali bigira abasitari ,hafi ya bose ni fake.Nta murimo muzima bagira,reputation ya ntakigenda,bakina cards zabo nabi...Bazagende Kate Bashabe......my woman crush abigishe uk bacanga ikarita...Nawe se ukora amanyanga ugafungwa paka banakumanuye
  • 7 years ago
    uwo mukobwa amaze kwa mamara ,iyo avugwaho ibyiza urabyishimira ibibi nabyo reka bijye bivugwa kandi nabyo nukubyakira. Jay polly niwe wavuze ngo " kwamamara sikintu musaza.... "
  • Severin izere7 years ago
    uwo Sandra ni muntu ki?
  • Lotett 7 years ago
    Ese mugenzi we Miss Vanessa yazamugiriye inama ko atakiba mubitangazamakuru yazamubwiye uko yabigenje?!!! Asigaye yitonda akora ibye mwibanga nabagire inama abo ba joan ba teta nabandi uko yabigenje
  • 7 years ago
    erega ni inyatsi zigendera gusa, kimwe na bwa busore bakundanaga bwa ACTIVE Bwiyemera kubi kdi ntacyo buriho





Inyarwanda BACKGROUND