RFL
Kigali

Ne_ Yo yageze mu gihugu cya Tanzania aho azahurira mu gitaramo na Diamond

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:20/05/2016 15:26
0


Muri iri joro ryakeye, Ne-Yo yageze mu gihugu cya Tanzania ku butumira bwa kompanyi y’itumanaho ya Vodacom aho azaririmba ku rubyiniro rumwe na Diamond Platnumz usanzwe ari ambasaderi wa Vodacom.



Akigera ku kibuga cy’indege Ne-Yo yari ategerejwe n’abafana benshi gusa abamucungira umutekano banze ko avugana n’abafana bavuga ko akeneye kuruhuka nyuma y’urugendo yari avuyemo, gusa yaje kumanura ikirahure cy’imodoka yagombaga kumujyana muri Hotel aruhukiramo apepera abari aho ndetse avuga ko yishimiye kugera mu gihugu cya Tanzania no kuzaririmbana na Diamond.

abakobwa

Aba ni abari bamutegereje ku kibuga cy'indege

Nyuma yo kuva ku kibuga cy’indege yerekeje mu birori bya Meet and Greet byabereye mu kabyiniro ka Club Rouge muri hoteli ya Hyatt Regency mu mujyi wa Dar Es Salaam. Ne-Yo wari urinzwe bikomeye yasuhuzanyije n’abayobozi ba Vodacom na Coca Cola ndetse n’abafana bari aho. Kuri uyu wa gatandatu nibwo Ne-Yo afatanije na Diamond n’abandi bahanzi batandukanye bazataramira mu mugi wa Mwanza.

imodoka Ne Yo yagenzemo

iyi niyo modoka yamuvanye ku kibuga cy'indege

Abafana baje kwakira Ne-Yo yaba ku kibuga cy’indege ndetse no muri Meet and Greet bari biganjemo ab’igitsina gore ndetse n’abanyamakuru batandukanye bo muri Tanzania.

Reba amafoto y'uko byari byifashe

abakobwa

Aha ni muri Meet and Greet

Ne Yo

Ne- Yo ni uwo w'umupira w'umukara w'ingofero

abanyamakuru

abanyamakuru bari babukereye

abakobwa

Abakobwa bitabiriye Meet and Greet ku bwinshi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND