RFL
Kigali

Munyanshoza Dieudonne yahaye umuheto n’ingabo umukwe wasabye akanakwa umukobwa we-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/08/2018 21:35
10


Umukobwa witwa Mukakajyeruka Martina yasabwe anakobwa na Mubirigi Erneste kuri uyu wa gatandatu tariki ya 04 Kanama 2018. Ni mu birori binogeye ijisho byabereye ku Kimironko hafi n’ishuri rya Kigali Parents mu mujyi wa Kigali.



Mukakajyeruka wasabwe akanakobwa, ni umukobwa w’umunyamuziki uririmba muri Orchestre Impala, Munyanshoza Dieudonne uzwi cyane mu ndirimbo zo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku isaha ya saa yine zuzuye nibwo umuhango nyir’izina wo gusaba no gukwa wari utangiye aho abasaza bo ku miryango yombi batangiye baganira baganisha ku gusaba no gukwa. Saa tanu nibwo umugeni yasohotse agaragiwe n’abasore ni nkumi n’amarira azenga mu maso mu ndirimbo zo kumusezeraho.

munyanshoza

Munyanshoza yatanze impano y'umuheto n'ingabo

Hanyuma basaza be baje kumushyikiriza umugabo we bahoberana n’ubwuzu bwinshi ahita aboneraho kumwambika impeta yo kumuhamiriza ko ariwe bazabana burundu.

Mu mwanya wo gutanga impano, Mukakajyeruka yahaye se Munyanshoza impano y’ingofero n’inkoni nyuma aza kumugenera n’indi mpano ifunze neza.  Munyanshoza nawe yahaye umukwe we umuheto n’ingabo.

Mbere yo kubimushyikiriza, Munyanshoza yagize ati “ Murakoze cyane. Mbanje gushima impano nziza umpaye. Nanjye nifuje ku guha impano. Uyu ni umuheto urasanira urugo. Iyi n’ingabo igukingira...Ubu ugiye kujya wirinda. Martina yarindwaga n’umuryango ni nayo mpamvu musaza we ariwe wamuzanye. None uyu munsi turamugahaye ngo umurinde. Akira ingabo.”

AMAFOTO:

JABA STAR

Jaba Star yaririmbye muri ubu bukwe

diudobne

Munyanshoza [uri hagati] n'abo mu muryango we

kimironko

abatashye

regis

Regis Muramira [wambaye ishati yerurutse] wa City Radio yari muri ubu bukwe

yasohowe

Umugeni yasohowe na basaza be

umusore

Umusore n'umugeni

yam

Yamwambitse impeta

impeta

byari

Umukwe yambitse sebukwe ingofero

bahanye

Bahannye impano

inlkoni

Munyanshoza yahaye umukwe we umuheto n'ingabo byo gukingira urugo







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Alice 5 years ago
    Nu wo abereye nka Se wabo ariko?
  • Mamie5 years ago
    Nukuvugango abana bavutse nyuma ya genocide yakorewe abatutsi bageze mugihe cyo kurongorwa ?! Burya turashaje pe .
  • pedro someone5 years ago
    Ni byiza ni intambwe ishimishije
  • Bwiza5 years ago
    Munyanshoza se arakuze ku buryo ageze igihe cyo gushyingira.ubwo se uwo Mukobwa we afite imyaka ingahe? Nge nabonaga ari umusore watereta. Iby'isi ni amabanga!
  • Shyaka5 years ago
    Gufata umukwe ureba nabi gutya,ukamuha umuheto,njye sinabyita kureba kure kuko uyu rwose azarasa abantu azabamara !! Ubwo nashwana numwana wawe nabwo uzaba ukuyeho
  • Shema5 years ago
    mind your business @Shyaka
  • Richard5 years ago
    ahahahahahhaa Shyaka uransekeje manayange urigitangaza peee ahahahaha ahwiiiiiiii ngo azarasa abantu abamare ahahahahah!!!!!!!! manaweeee
  • Rodriguez5 years ago
    Uyu muhungu njyeww ndamuzi peee Niko yimereye ni mfura bikomeye agira Ubuntu muri wee nuko ahubwo arena kuriy kuko yikundira agatama naho ubusanzww n umunyamahoro peeee agatam ko nuwambere bagize ubukwe bwiza bikomeye umukobwa muri reception yatunguy Mibirizi amuha igikombe maze nae nyirasenge aramuriza kubrrs impano yamuhay byari byizs pe
  • Umutoni5 years ago
    Ubuse Munyanshoza mushatss kuvugako afite umukobwa washyingirwa? Simbyemeye ko mbona ari umusore muto cyane, ubwo wenda ni se wabo da
  • mumu5 years ago
    munyanshoza ni nyirarume si papa we umubyara.





Inyarwanda BACKGROUND