RFL
Kigali

Imigendekere y'igitaramo cya Jose Chameleone na bagenzi be i Kigali cyatunguye benshi - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:23/08/2014 9:09
4


Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu nibwo muri Hoteli Serena ya Kigali habaye igitaramo cy’abahanzi batandukanye bari bayobowe na Dr Jose Chameleone, igitaramo cyabayemo gutungurana gukomeye ugereranyije n’uko byari byitezwe mbere y’uko kiba, imigendekere yacyo ikaba itari yitezwe n’abari bacyitabiriye.



Igitaramo byari biteganyije ko kigomba kuba ku isaha ya saa kumi n’ebyiri, cyatangiye mu masaha ya saa moya zirengaho iminota micye, abantu bari bahari kigitangira bakaba batari benshi nk’uko byari byitezwe. Hatangiye umunyarwenya w’umunyarwanda uzwi nka Amasaderi w’Abakonsomateri, mu dukuru twinshi dusekeje akaba yashimishije abantu cyane. Nyuma ye haje kuza umuhanzikazi w’umunyarwanda Jody, uyu akaba yashimishije abantu cyane ko asanzwe afite indirimbo nziza kandi n’imiririmbire ye ikaba ikundwa na bose.

Tidjara Kabendera niwe wari uyoboye igitaramo nka MC

Tidjara Kabendera niwe wari uyoboye igitaramo nka MC

ambasaderi

Umunyarwenya uzwi nka Ambassador w'abakonsomateri mu Rwanda yashimishije abantu cyane

Umunyarwenya uzwi nka Ambassador w'abakonsomateri mu Rwanda yashimishije abantu cyane

jody

jody

Jody Phibi ni nawe muhanzikazi w'umunyarwanda wabashije kuririmba muri iki gitaramo

Jody Phibi ni nawe muhanzikazi w'umunyarwanda wabashije kuririmba muri iki gitaramo

Gusa byahereye kuri uyu muhanzi bitungura abari bitabiriye igitaramo, kuko ku rubyiniro uretse we n’umu DJ nta rindi tsinda ry’abanyamuzika bari bahari, bivuga ko icyitwa umuziki w’umwimerere wa Live abantu bari biteze batangiye kubona ko bakwiye kukibagirwa, ariko abandi batekereza ko Chameleone we naza kuza aza kuririmba mu buryo bw’umwimerere bwa LIVE.

Hari intebe zari zibereye aho ntabantu bazicayeho

Hari intebe zari zibereye aho ntabantu bazicayeho

Umuhanzi akaba n'umunyamakuru Uncle Austin nawe yari yitabiriye iki gitaramo

Umuhanzi akaba n'umunyamakuru Uncle Austin nawe yari yitabiriye iki gitaramo

abafana

Igitaramo kitabiriwe n'abantu batandukanye

Igitaramo kitabiriwe n'abantu batandukanye

Nyuma ya Jody haje abanyarwenya bazwi nka “Amarula Family” baturutse muri Uganda, aba kimwe n’abandi ba “Kings of Comedy” nabo bo muri Uganda bakaba basekeje abari bitabiriye igitaramo, hasigara hategerejwe Jose Chameleone ndetse n’umuhanzikazi Amani wo muri Kenya.

amalula

amalula

Amarula Family, ni itsinda ry'abanyarwenya bo muri Uganda naryo ryasururukije abantu

Amarula Family, ni itsinda ry'abanyarwenya bo muri Uganda naryo ryasururukije abantu

abantu

Aha abantu bari bakurikiye abanyarwenya mu dukino dusekeje bakoraga imbere yabo

Aha abantu bari bakurikiye abanyarwenya mu dukino dusekeje bakoraga imbere yabo

Tidjara

Tidjara

Tidjara

Tidjara

MC Tidjara Kabendera yaje guhindura imyenda mbere y'uko abahanzi Amani na Chameleone bagera ku rubyiniro, akigera imbere y'abafana bahita bamubwira ko yambaye neza cyane

MC Tidjara Kabendera yaje guhindura imyenda mbere y'uko abahanzi Amani na Chameleone bagera ku rubyiniro, akigera imbere y'abafana bahita bamubwira ko yambaye neza cyane

kings

kings

kings

kings

Abanyarwenya bari mu bashimishije cyane abari bitabiriye iki gitaramo

Abanyarwenya bari mu bashimishije cyane abari bitabiriye iki gitaramo

Umuhanzikazi Amani yaje kugera ku rubyiniro aririmbira abari bitabiriye igitaramo, uyu nawe akaba yagarutse mu muzika wa “Playback” aho hakoreshwaga indirimbo ze ziri muri mudasobwa, uyu nawe bahita babona ko ibyo kuririmba Live bitagishobotse cyane ko nta n’itsinda ry’abandi banyamuzika bari kubimufashamo ryari rihari.

Amani

amani

amani

amani

Umuhanzikazi Amani wo muri Kenya ni ubwa mbere yari ageze imbere y'abafana bo mu Rwanda

Umuhanzikazi Amani wo muri Kenya ni ubwa mbere yari ageze imbere y'abafana bo mu Rwanda

Nyuma ya Amani, Jose Chameleone wari utegerejwe kurusha abandi bose yaje kugera ku rubyiniro maze agaragarizwa n’abakunzi be urukundo rwinshi, barahaguruka bamufasha kuririmba no kubyina nyinshi mu ndirimbo ze zagiye zikundwa ariko aha naho nta muzika w’umwimerere wa Live yigeze akoresha, ibi bikaba byatunguye abantu benshi kuko bisa nk’ibyari bimaze kumenyerwa mu Rwanda ko ari bwo bwoko bw’umuziki bugenda buhabwa intebe. Uyu muhanzi ariko yaje kuva ku rubyiniro mu buryo nabwo butashimwe n’abafana, akaba yagiye atanabasezeye avuga ko ikibazo cy’indangururamajwi n’ibindi byuma by’amajwi bimutengushye (Sound).

jose

jose

jose

joe

Dr Jose Chameleone aririmba muri Hoteli Serena ya Kigali

Dr Jose Chameleone aririmba muri Hoteli Serena ya Kigali

Nyuma y’igitaramo cyari kiyoboye na MC Tidjara Kabendera , abantu babashije kuganira na Inyarwanda.com batangaje ko batishimiye uburyo hatakoreshejwe umuziki wa “Live”, naho ku bijyanye no kuba igitaramo cyititabiriwe byo benshi bemeza ko amafaranga yari menshi kandi aho amatariki ageze abakozi baba batarahembwa, dore ko kwinjira byari amafaranga y’u Rwanda 15.000 mu myanya y’icyubahiro n’ 10.000 ahasanzwe. Indi mpamvu kandi bavuga ko hari abagiye bareka kuza mu gitaramo nyuma yo kumenya ko nta muziki wa Live uribuze gukoreshwa.

jose

Ubwo Chameleone yaririmbaga, abafana bahagurutse bamwereka ko bamwishimiye cyane

Ubwo Chameleone yaririmbaga, abafana bahagurutse bamwereka ko bamwishimiye cyane

REBA HANO CHAMELEONE ARIRIMBA

abafana

Abafana batandukanye bishimiye Chameleone ariko ntibabonye umuziki wa Live wari witezwe

Abafana batandukanye bishimiye Chameleone ariko ntibabonye umuziki wa Live wari witezwe

Manirakiza Théogène

Photos: Jean Chris Kitoko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kagabo9 years ago
    Ubwo se kuki batakoze live mc wambaye neza nguwo umudame wiyubaha utajya kuri stage yabunuje.
  • Abba9 years ago
    Ayiiii Mama TK uraberewe uri Mama Africa koko
  • Abba9 years ago
    Ayiiii Mama TK uraberewe uri Mama Africa koko
  • sibo9 years ago
    Erega turi mugihe cya digital ntago ari analogue nide se utaziko live yayikubita kandi akabemeza. Birenze mwiyomba umusaza numusaza





Inyarwanda BACKGROUND