RFL
Kigali

Gusubirana kwa Urban Boys ntibirimo, Safi amaze igihe asezeye, ikiganiro n’abanyamakuru ntacyo azitabira

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:3/11/2017 19:27
14


Muri iyi minsi inkuru zihari ni uko Urban Boys yaba igiye gusenyuka. Benshi mu bakurikiranira hafi ibya muzika barifuza kumenya byinshi kuri iri tsinda naryo ritanga amakuru umunsi ku wundi. Magingo aya amakuru ahari ni uko Urban Boys yasenyutse nyuma yuko Safi Madiba yasezeye ndetse ikiganiro n’abanyamakuru ntabwo azigera akitabira.



Kuri ubu amakuru ahari ni uko aba bahanzi bagize Urban Boys bamaze gutandukana aho Safi Madiba yamaze gusezera itsinda. Amakuru yizewe Inyarwanda.com ifite ni uko Safi yasezeye Humble G nyuma yo gufata amashusho y’indirimbo iri tsinda ryakoranye na Kitoko, akaba yaramumenyesheje ko iyi ari yo ndirimbo ya nyuma akoreye mu itsinda.

Umunyamakuru wa Inyarwanda waganiriye na buri umwe muri iri tsinda nubwo batifuje gufatwa amajwi bamwemereye ko bazi neza ko Safi Madiba yamaze kubasezera, abinyujije kuri Humble G. Kuri ubu iri tsinda ryamaze gutegura ikiganiro n’abanyamakuru giteganyijwe tariki 10 Ugushyingo 2017 gusa ukuri nyako ni uko Safi yamaze kumenyesha bagenzi be ko atazakitabira.

NizzoNizzo yatangiye gukwirakwiza amafoto ari kumwe na Humble G bonyine

Iby'uko Safi atazitabira ikiganiro n'abanyamakuru, byemejwe na Humble G wabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko Safi yamaze kumumenyesha ko atazitabira iki kiganiro n’abanyamakuru. Byatumye dushaka kumenya niba koko ari byo maze twegera Safi avuga ko byinshi kuri we abantu bazabimenya nyuma, gusa avuga ko ukuri guhari ari uko atazitabira iki kiganiro n’abanyamakuru.

Amakuru ava imbere muri iri tsinda ni uko Safi Madiba yanze kwitabira iki kiganiro kuko asanga nta mpamvu yo gutumiza itangazamakuru kuribwira ko itsinda ryasenyutse, bagahamya ko niba ari ugutangaza ko itsinda ryasenyutse ko bose bakabaye babitangaza ku mbuga nkoranyambaga. Ibintu Nizzo adakozwa cyane ko we yemeza ko nubwo bagenda bose we itsinda yarisigarana.

urban boysKongera guhurira muri iri tsinda uko ari batatu ubu ni amateka

Nizzo yagize ati”Narabyumvise Safi ngo yarasezeye nabibwiwe na Humble G ni we yasezeye, njye nzajya muri icyo kiganiro sinzi ibyo Humble G azavuga gusa bose ni yo basezera njye ntacyo bintwaye ubwo itsinda nzarisigarana ntaribi bose ubwo bazaba bagiye.” Nizzo ku bwe asanga ngo atagomba kuva mu itsinda rya Urban Boys kandi ari we warishinze.

Humble G we ntabyinshi avuga ku itsinda rya Urban Boys cyane ko iyo muganiriye ibijyanye n’iri tsinda avuga ko we byinshi azatangaza azabivuga mu kiganiro n’abanyamakuru gitegerejwe tariki 10 Ugushyingo 2017, icyakora ku bijyanye no kuba Safi atazitabira iki kiganiro na Humble G avuga ko abizi kandi ntacyo bitwaye cyane ko ari uburenganzira bwe kuba yakitabira cyangwa atakitabira .

Nyuma yo kuganira bigoranye n’abagize iri tsinda batigeze bifuza gutanga amakuru arambuye icyumvikana nuko gukomezanya kwa Urban Boys byarangiye burundu cyane ko Safi Madiba yabasezeyeho na mbere yuko akora ubukwe. Ikindi ni uko imyanzuro izafatirwa muri iki kiganiro hatarimo gusubirana cyane ko Safi azaba atakitabiriye bityo muri iki kiganiro uwakwitega yakwitega kumva ko Humble G nawe yasezeye cyangwa agiye gukomezanya urugendo na Nizzo bagafatanya kubaka indi Urban Boys.

REBA HANO 'MAMA' YA URBAN BOYS







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Etienne6 years ago
    bazamusimbuze undi ntampamvu yogusenyuka
  • ghonny6 years ago
    I pretty sure KO abazi muziki igezweho ubu bamaze kubona KO nizzo ayizi NEZA kurusha safii njy. ndumva ntacyo bitwaye niyigendere kuko nubundi aririmba NEZA NEZA nkabaririmbyi bi muri ADEPL
  • Bby6 years ago
    Icyigaragara nuko safi na nizo batumvikana kdi ngo nukuva kera peee!! Mbega ariko nkabantu bakuru bakiyunga kuko urwango ntacyo rumaze cg humble azabunge kbsa
  • yv6 years ago
    Bibi cyane.....
  • Amstrong 6 years ago
    Who cares?? Ko aribo ryari rifitiye inyungu.? Birabareba ryari ribatunze sinjye ryari ritunze.
  • Christine6 years ago
    Birababaje twabemeraga baribayoboye muzika.
  • Byumvuhore6 years ago
    Sha kbs Safi akoze igikorwa cy'abagabo kuko Nizzo yamubaniye Nabi ntago yarakwiriye kwandagaza umugore wabandi kuriya gusa mbona rwose Nizzo kuririmba atari gout ye rwose nashake ikindi akora kuko kamubayeho ariko abasore barengwa Nabi umuntu aziko music ariyo imutunze yamuhaye ibyo afite byose warangiza ukijuta ukirirwa wiyemera kuri mugenzi wawe! Rubanda nabo sibeza nibakongoze ejo bundi bazishima babona byagucanze wagiye muri Mugo na S- tub
  • lilkiliki6 years ago
    rien a foutre de ces mecs, qu' ils se cassent tous.
  • Gandhi6 years ago
    Aba batipe rero barambihirije kbsa, ubwo siniyumvisha urban boys safi adahari kbsa, abiriyihe tu ngo afite umugore hhhhh wasanga safi umugore yamwoheje tu. barambabaje gusa gusa ntakundi nabwira nizzo na humble ngo courage bicika intege ntibite kuri safi
  • mc danny6 years ago
    yewe aba basore kabisa sinzi umuziki wabo ndabona bashaka kuwushyira hasi
  • Rwema6 years ago
    Nibarisenye bampimye!!! Nababwira iki!! Abantu b'abagabo bananirwa kumvikana muri business yari ibafitiye inyungu!!!
  • pizzobiy6 years ago
    bambabarije ubusa gusa yo ntanabamenya gusa nubujiji nubugoryi bakoze kandi biturutse ku munu umwe ngaho nakore azagafate turebe gusa jye aho kumva umuziki wa safi cg ngo jye mugitaramo cye naba ndi umusazi
  • Chris6 years ago
    Ahhh bagende baduhime kweli njyewe ntag banshishikaje kbsa abashinja Nizzo rer babony ko yanasezeye mbere yo kuvuga ibya gout gsa rek ntegereze ibyo uyu mugabo utazi ibihugu bigize Afurika ushaka kuba umudepite azakora da gsa njyew mbona ntrb kko ubu muby dukennye mu Rda abafite impano ntag babuz pe
  • evabro 6 years ago
    United we stand divided we fall!!!!!! Njye nicyo navuga!! Gusa Nizo nasigarana title ya urban boyz azashaka abandi bana bazi kuririmba nka Safi azakomeza atere imbere akubare Ibiraka Naho we kuririmba ntabyo azi!! Gusa ntibacike intege!!! Safi safe journey kd Nawe azahirwe buriya azi UKo azatera imbere wenyine!!! Cg wenda bizaba nkabyabindi Bya tuff gungz nibibacanga basubirane!! Wanasanga ari politics bakoze NNgobyumve commentszabantu kd batatanye ntawamenya buriya ababanye baba barabanye





Inyarwanda BACKGROUND