RFL
Kigali

UMUCO WACU: Igisigo ‘Ubonye ubuhake bw’umwami’

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:9/03/2017 19:10
0


Iki gisigo cyo mu bwoko bw’Ikobyo, uwagihanze ntazwi. Cyahawe umwami Cyilima II mu rwego rwo kwishimira imwe mu ntsinzi ze.



Ubonye ubuhake bw’Umwami,

Banywana-nzoga y’Umwami,

Bituga bya Nzabarara ya Nyiramirarwe,

Ihora yuje uruho i Nyamivuba.

005 Yabavunya akababwira ati : ni cyiza,

 

Ikigomba i Nyabashyingo barakirinde.

Ntiyabona ubwishingo Sampinga,

Yakamiye intengato umwamaguzo wa Mvumi

Kurega ukwimye igiti.

010 I Cyogera-nyoni cya Cyusa cya Kibogora

 

Yabuganiye inyonga,

Rugunga rwima umwe wa Rurira.

Urwo ni urwenya rwa Baka Ruganzu,

Rukiga rwa Nkwanzi,

015 Turakunywesha imihigo

 

Yabuganiye igihosho.

Kirundi cya Cyigwa-josi na Kigwa-mvuri,

Imvura izicira i Tekanyunzwe

Agitakira nticyumve

020 Uwatakiye Mbaraga ya Nzegwebyiri,

 

Ntiyagitakira ntacyo kibaye.

Inteye urwuma ingabo inyaze impenzi,

Nkindi ya nyiramikiko, irandamuye.

Iyo mbonye ingo zihiye

025 I Nkoma ya Nyabuhake,

 

Mba namejeje ngahinduka muzima.

Wumve Rubangabungo rwavuka mu ruhanga

Rwa Ruhashi na Ruyeye,

Rukenyera yagoramye buhwishi.

030 Umva ko bishyuza imyenda i Nyururu,

 

Muraganwa yinjirijwe

I Murayi wa Majoro.

Ndi akategerwa, ndi ku ka Ruyigi,

Ndanyurwa n’inyabwunamuke

035 Na Kanywa-nzira, inkunguzi ya Kanyambo.

 

Baravuga amaziri y’inka za bo,

Abagore b’i Rwamaryo,

Bariganya bapfuruta ubugabo.

Umva akadashyama

040 Ka Gatimbo na Nyiragatondo

 

Ni we urimuza Nyiragasumba.

Inzogera azakwa na Rujugira,

Icumu rye ririca mu migezi ya Kagesera.

Terura, uratege amatwi nkubwire icumu

045 Rya Nkuyinka-mwo-Nyika

 

Ya Nkumburwa na Kanywa-nzira.

Nkubwire Gaca-nkamba na Kanywa-bahizi,

Inzigo ya bo abanywi bayo,

Abazima ba Gasayo.

050 Ryuguruye urugo

 

Rwa Rutekereza-mwiri na Rukuba-ndashi,

I Nyarusamba ruba umuyonga.

Rukongeza n’urwa Mukera-nyegamo wa Buraki,

I Muhunga aha yaruhunze mwo.

055 Rije riyogoza arigororera mu birenge,

 

Rwenga rwa Nyiranyarume na Rwingwe,

Na we araryiyama i Nyamabuye,

Ritwika ingo i Gisari.

Twamenyaga akiri mu z’i Rwansura

060 Mikoba arwana imifuka.

 

Twamenyaga akirwana i Ndorwa,

Ndagano ya Nyirantaga,

Acyicana mu Ruzizi, agenda imirwa,

Ntagabo ya Kazinanshuro

065 Intarizinga ya Nzihira na Ndarigize.

 

Rije rigoze arigororera mu birenge

Batabara i Bukonya ba Ntabara ya Busage

Aravuga imango ku Busapfu

N’isahu ya Mutaga,

070 Sange y’i Muriza ya Mwenga-ngabo,

 

Idusanze i Mwendo.

Dushorewe mu nka na wa Mukago,

Wa Munyazi na Munyakaragwe,

Ni we ubaye umunyazi Benga.

075 Ko ababwira ibizira ntibabyumve

 

Se-byago abizize cyane washimwaga.

Na we urishima, Kibutura,

I Nyakigana na Kibirima-nyunzwe cya Kibibi,

Ukitwa Nyemazi.

080 Ko wugawe ururimi nk’uwivumburira

 

Ruvuganya–ngashya rwa Rwivugo,

Ku Ruvungura-nyoni

Wahawe Icyanga-ngobyi

Cya Ngoma-ijya-i Buha ya Nyiraruhanza,

085 Na we kumwahukanira Rwakira.

 

Rwamanywa ntiwabaye ingeru

Y’ingoro ya Nkwakuzi,

Tukamuteteranya Kirizingi cy’i Bwumiza.

Migozi yiziguye ya Semagamba

090 Ukayambarira inda

 

Utagaya ubuhake bw’Umwami.

Ugaye Rusuhura-mashyo

Rwa Rumurika-joro na Rwenda-mashyo,

Museso ntiwabaye umusana,

095 I Nyabitare bya Bitero,

 

Ngo abasetsi baje umukako.

Ye Bwoba-kwa-Zina

Bwa Bucya-majyo na Bucya-myanganzo,

Bwacengerana n’imbaga i Ndago

100 Zabura intoki ngo najure Kirayi.

 

Ikinyoma yabeshye i Nyakibayi

Cyanutsa i Nyagisazi,

Ngo nahahe amayobe Mahamba,

Ayo yavugana ikirabo

105 Ikinjije akavunwe.

 

Iyavunije kurarana impiriko y’impitwa

Yabonye ijana ijabiro rya Mushika-ruge.

Src: Gakondo.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND