RFL
Kigali

HUYE: Urukerereza n’abanyeshuri bo ku Nyundo bakoze igitaramo cy’amateka-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:11/03/2017 14:51
1


Itorero Ndangamuco ry’Igihugu, URUKEREREZA, ryataramiye mu karere ka Huye mu gitaramo cyabereye muri kaminuza y’igihugu ishami rya Huye.Iki gitaramo cyiswe “Imihigo y’Intore”, cyasusurukije abatari bacye abandi bava mu byicaro bisanga ku rubyiniro bacinyana akadiho n’intore.



Ni igitaramo cyabereye mu nzu mberabyombi “Grand Auditorium” ya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe 2017. Iki gitaramo cyitabiriwe n’abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda i Huye ndetse n’abandi baturage batuye mu mujyi wa Huye n’inshuti zabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, wahaye ikaze abitabiriye iki gitaramo yavuze ko bishimishije kubona Urukerereza rutaramira i Huye. Yaboneyeho guha ikaze Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPOC, Lt. Col. Patrice Rugambwa, wavuze ko iki gitaramo cyari kigamije kwibutsa abanyarwanda uko bavoma ibisubizo mu muco wabo binyuze mu nzira yo guhiga no guhigura.

Nyuma y’ijambo rya Lt. Col. Rugambwa Patrice igitaramo cyahise cyanzika maze Urukerereza rusimburanywa n’abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bataramira abari aho karahava.

Reba amafoto:

urukererezaurukererezaAbanyeshuri bo ku nyundo ni bo bafunguye urubyinirourukererezaUmuyobozi w'akarere ka Huye aha ikaze abashyitsiurukererezaUmunyamabanga uhoraho muri Minispoc ageza ijambo ku bitabiriye iki gitaramourukererezaurukererezaurukererezaUrukerereza rwahise rwanzika igitaramourukererezaMu Urukerereza habamo impano nyinshiurukererezaurukererezaurukererezaurukererezaBahise banzika mu gitaramo cy'imihigourukererezaUyu munyeshuri wa Kaminuza yagaragaje ubuhanga mu kuvuga imivugourukererezaMariya Yohana na Muyango bashimishije abakunzi ba muzika nyarwanda ya cyeraurukererezaurukererezaurukererezaurukererezaurukererezaurukererezaUrukerereza mu gihe cy'amasaha nk'atatu rwataramiye abanyehuyeurukererezaAbanyeshuri bo ku Nyundo bahawe umwanya ngo bahe agashinguracumu abafanaabafanaurukererezaurukererezaurukererezaAbafana babyinanye n'ababataramiye karahava






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • steven7 years ago
    Ndashimira Inyarwanda ku Nauru nziza mwatangaje ku gitaramo cy'Urukerereza. Mukomereze aho. Mugeze ku basomyi inkuru ku UMUCO w'u Rwanda.





Inyarwanda BACKGROUND