RFL
Kigali

Umuyobozi w'ikigo cy'amashuri afungiye Kicukiro azira gusambanya umukozi we wo mu rugo

Yanditswe na: Editor
Taliki:1/10/2014 12:44
16


Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ribanza riri mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Nzeri, yatawe muri yombi na Polisi acyekwaho gusambanya ku gahato umwana w’ umukobwa w’imyaka 15 wamukoreraga iwe mu rugo.



Ubwo yerekwaga abanyamakuru kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro, uyu mugabo yanze kugira icyo atangaza gusa akavuga ko azagira icyo avuga mu rubanza. Uyu mugabo w’imyaka 34, kuri ubu afungiye by’agateganyo kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro mu gihe polisi ikomeje iperereza.

Nk’uko Sup. Modeste Mbabazi, umuvugizi wa Polisi mu mugi wa Kigali yabitangaje, uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma y’uko uwo mwana bivugwa ko yasambanije ku ngufu abibwiriye umuturanyi nyuma nawe akaza kubimenyesha Polisi ikorera mu karere ka Kicukiro.

Sup Mbabazi yanenze icyo gikorwa avuga ko bigayitse kandi ko bitumvikana ukuntu umuntu w’umurezi ndetse wari ukwiye kuba urugero atinyuka gukora bene kiriya cyaha.

Nk’uko amakuru dukesha urubuga rwa Polisi y’u Rwanda akomeza abivuga, Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali arasaba abanyarwanda kujya bihutira gutabaza Polisi bakoresheje imirongo yayo ya telefoni itishyurwa ya 3512 na 112, igihe hari amakuru bafite kuwaba acyekwaho gukora ihohotera rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha. 

Ingingo ya 192 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko iyo icyaha cyo gusambanya umwana cyakozwe n’ umubyeyi we cyangwa ushinzwe kumurera, uhagarariye ubutegetsi, uhagarariye idini, ushinzwe umutekano, ukora umwuga w’uburezi, uwitoza umwuga n’abandi bose bishingikirije umwuga bakora cyangwa ububasha bafite ku mwana, uwagikoze ahanishwa igifungo cya burundu cy’umwihariko n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku 100,000 kugeza ku 500,000.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Anonymouse9 years ago
    None buriya koko ko Police imuhamije icyaha izuba riva??? Nibamufunge burundu urubanza police yarurangije!! Ni iki cyemeza ko birayi ari byo? Uretse ko ntanabihakana. Ubutabera bukore akazi kabwo Mana.
  • NIRINGIYIMANA Patrick9 years ago
    Burya nurwango rubaho da ari gahunda yuwo muturanyi ushaka kumwambura agaciro ahubwo ubutabera buzashyire ukuri ahagaragara. murakoze.
  • Kaizer9 years ago
    Ba perereze wasanga nabanyeshuri yarabahohoteye.mbega umugabo usebeje abandi bagabo.iminsi yumujura niyo
  • MTCHEW9 years ago
    ubu se ko mwamushyizeho isura igaragara, icyaha kitamuhamye, Ntasoni mufite ? Ubwo ngo muri professional harya? Hakenewe ibihano bikarishye kubakora ibyo.
  • 9 years ago
    bakore iperereza neza ntawamenya hasigay hari nubugome kugira bamwe baharabike abandi,
  • jean9 years ago
    Babyigane ubushishozi bishobora no kuba inzangano n ishyari n ubushomeri n ibindi by iki gihe.
  • yuni9 years ago
    z
  • 9 years ago
    Icyahanikimufata Azahanwe Byintangarugero Kugirango Ejo Hatazagira undi Ubikora
  • 9 years ago
    iryo nishyari ryabaturanyi mushishoze kbs
  • Byukusenge faustin9 years ago
    Nafungwe ntakundirwose umurezi muzima wumugabo yiyubashye peee!
  • komeza9 years ago
    Polisi yacu turayizera , nyamuneka mushishoze, inkuru yavuye kumuturanyi nta wamenya. Uyu mugabo mwumve neza uko yisobanura , hariya hashobora kubamo kubeshyerwa. Turabizeye!!!
  • 9 years ago
    nabibazwe
  • hatari 9 years ago
    Ariko polisi yacu nayo isigaye ikabya kuki umuntu ukekwa imwereka abanyamakuru,nonese aramutse abaye umwere ko irimo imwandagaza nayo tuzayambike amapingu tuyereke abaturage?
  • Mateso9 years ago
    lack of professionalism on our police. none se bamuharagarizag iki niba acyekwa wenda uriya muturanyi aramubeshyera. inzangano n amashyari biri hanze aha ntimubizi? ntimugabuke please! ndavuga police.
  • Emma9 years ago
    ibi police yakoze mbona ntabunyamwuga burimo pe!
  • Tabaruka Placide9 years ago
    police yi gihugu turayizera ikora akazi kayo neza ariko basambanya abakozi babo kuki?





Inyarwanda BACKGROUND