RFL
Kigali

N'ubwo ari ingaragu, Samusure avugwaho kubyara abana barenga 10 ku bagore batandukanye ariko we yemera batanu

Yanditswe na: Editor
Taliki:30/10/2014 10:21
13


Kalisa Ernest benshi bamenye nka Samusure kubera amafilime yakinnye yitwa iryo zina, akomeje kuvugwaho kubyarana n’abagore benshi kuburyo hari abavuga ko yaba afite abana barenga 10 badahuje ba nyina, gusa we yemera ko afite abana batanu yagiye abyara ku bagore batandukanye, babiri bakaba ari bo bahuje nyina.



Uyu musore uzwi ku izina rya Samusure ni ingaragu ku myaka ye 39 y’amavuko, mu minsi ishize akaba yaritangarije ko atamenya neza umubare w’abakobwa bamaze kuryamana. Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, Samusure yashimangiye ko abavuga ngo afite abana barenga icumi ari abakabya baba bashaka kuryoshya inkuru, kuko we abana azi yabyaye ari batanu yabyaranye n’abagore batandukanye, muri abo bose babiri bakaba ari bo bahuje nyina.

Kalisa Ernest yamenyekanye nka Samusure muri filime, aha ari kumwe na Mukarujanga bakinana ari umugore we

Kalisa Ernest yamenyekanye nka Samusure muri filime, aha ari kumwe na Mukarujanga bakinana ari umugore we

Samusure kandi ntaramenya neza igihe azahagarika kuba ingaragu agashaka umugore umwe babana, cyane ko avuga ko yumva nta kindi abura kuko abana abafite kandi akaba ababyarana n’abo baba bakoranye ibyo yakorana n’uwo mugore. Mu gihe kandi Samusure yaramuka afashe icyemezo cyo gushaka umugore, avuga ko uwashaka kubyanga kuko afite abana benshi yahita amureka kuko n’ubundi nta kindi kidasanzwe yaba amushakaho.

Samusure yemera ko yabyaye abana batanu ku bagore batandukanye, naho abavuga ko barenga 10 ngo ni ukubeshya

Samusure yemera ko yabyaye abana batanu ku bagore batandukanye, naho abavuga ko barenga 10 ngo ni ukubeshya

Samusure kandi avuga ko ibijyanye no gutunga aba bana nta kibazo bimutera kuko Imana ngo itajya iha umuntu umutwaro atazabasha kwikorera, nawe akaba atananirwa abana Imana yamuhaye. Muri abo bana be uko ari batanu, umukuru afite imyaka 13 akaba yiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye. Icyakoze Samusure avuga ko muri iyi minsi yakijijwe akaba yararetse ibyo kujya mu bagore ndetse n’inzoga akaba yarazihagaritse.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mandy9 years ago
    Nuko nuko.nushake umwe rukumbi kuko abagore benci si beza cyangwa uzahitemo umwe mubo mwabyaranye byaguhesha ishema pe
  • keza9 years ago
    yabahamije inzoga arazinywa mbihagazeho namaguru yanjye yombi !!vendredi aho yazinyweraga naramubonye arikumwe nicyuki nabyo ntiyabiretse nagumye yirire abana ubundi uwo yashobokana numugore!!narere abo yabayaye arekere nyine
  • devo9 years ago
    hahhhhh!!!!!!Ahwiiiii ndumiwe ariko.ngiyo ipfizi yakarere naho abandi barambeshya.
  • 9 years ago
    Yagomvye,abagore yabava inyuma kuko ntakamaro,mbese ko mbona muri film mukarujanga bari baberanye,ntibogerageza bakavyumva kumwe?abagore bose nico kimw!kandi kuguma uvyara abana badahuj abavyeyi, nukwikwegera ingorane muri kazoza so tora umw mwabo mwavyaranye.merci.
  • dj9 years ago
    burya umuntu yamfite umwanya yotsa iteke ntarabona ingaruka arko azazibona urugamba ntaho ruragera ureke ibyo yitwaza nacyure nabo batanu basigaye arabahora iki kwarabe nabo
  • billgt9 years ago
    jeneral arakaze ni imbunda tuu
  • 9 years ago
    ibyakora aba yabitekerejeho?ashatse yagabanya kubyaragura kuko umwana womuriki gihe arahenze.ibyavugwaho rero biramutse aribyo byaba ari agahuma munwa.
  • ras9 years ago
    nanijoro namubonye ari kumwe nibyuki bagiye gutaha boite de nuit ya esperanza.na beer bisomera bose.hahhh noneho ubu nimpanga tuu.arko nibyo umukozi kumurimo...
  • Ndayambaje Hussein9 years ago
    njye ndumiwe asinarinzi ko samusure afite umwana ungana ucyo.nagahomamunwa kabisa abana batanu! samusure wee...urigisumizi kabisa uranyeje.ubwo uracyakeneye kubyara.inama nakugira niyo kureka ubusambanyi.ukiyegurira YEHOVA.uzasome iri somo ryomuri BIBILIYA matayo5;27,28.uworonko uzakwigisha.
  • dudu9 years ago
    ahaaaa yaragakemuye
  • nshutinziza9 years ago
    nidanje tuu?
  • Niwe8 years ago
    Umugabo ni ubyara. Niba abitaho ni byiza. Arik se ubwo azabyara abandi koko,? Narere abo barahagije
  • 8 years ago
    Gusa ndumiwe. Ni ubwa mbere numvise ingaragu ifite abana bangana gutyo.





Inyarwanda BACKGROUND