RFL
Kigali

Hatangajwe urutonde rw'abahatanira ibihembo bya Groove Awards Rwanda n'amatora ahita atangira - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:22/11/2014 15:43
0


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2014 nibwo hatangajwe abahatanira ibihembo ku bahanzi, indirimbo n’ibindi byiciro bitandukanye bigira uruhare mu iterambere rya muzika yo kuramya no guhimbaza Imana bizwi ku izina rya “Groove Awards Rwanda”, ibi bihembo bikazatangwa mu byiciro 14.



Nk’uko bigaragara mu byiciro by’abahatanira ibi bihembo bya “Groove Awards Rwanda”, abahanzi, abatunganya indirimbo, indirimbo cyangwa igitangazamakuru cya Gikirisito, buri cyiciro kigiye kirimo abahatana bagera kuri batandatu ari nabo bazatoranywamo umwe uzegukana igihembo uretse icyiciro cya nyuma kirimo abahatana batanu, bivuga ko n’ibihembo bizatangwa bingana n’ibyiciro uko ari 14.

groove

groove

groove

groove

groove

Abakora muzika, abahanzi, abakunzi ba muzika yo guhimbaza Imana n'abandi bari benshi muri Serena bategereje kumenya abahatanira ibi bihembo

Abakora muzika, abahanzi, abakunzi ba muzika yo guhimbaza Imana n'abandi bari benshi muri Serena bategereje kumenya abahatanira ibi bihembo

groove

Muri uyu muhango hari harimo n'inararibonye mu bijyanye na muzika

Muri uyu muhango hari harimo n'inararibonye mu bijyanye na muzika

Gahima Gabriel; umugabo wa Aline Gahongayire nawe yari muri uyu muhango aho yari yicaranye na Gaby Kamanzi

Gahima Gabriel; umugabo wa Aline Gahongayire nawe yari muri uyu muhango aho yari yicaranye na Gaby Kamanzi

Umunyamakuru Mike Karangwa nawe yari ahari

Umunyamakuru Mike Karangwa nawe yari ahari

Abakunzi ba muzika nabo bari benshi

Abakunzi ba muzika nabo bari benshi

abahnzi

abahanzi

Abahanzi benshi bari babukereye muri uyu muhango

Abahanzi benshi bari babukereye muri uyu muhango

N’ubwo kugeza ubu ibihembo bizahabwa buri wese uzatsinda muri buri cyiciro bitaramenyekana, ibyiciro bibiri gusa ari byo umuhanzi w’umugabo w’umwaka n’umuhanzi w’umukobwa /umugore w’umwaka, nibo bazahembwa kuzategurirwa igitaramo kikanakorwa ku buntu ndetse bakanakorerwa indirimbo mu majwi n’amashusho, hanyuma abandi nabo mu bindi byiciro bakazahembwa ariko bo ibihembo kugeza ubu n’ubwo byemezwa ko bihari bikaba bitaratangazwa.

g

g

g

gr

g

Aha abantu batandukanye babisabwe basomaga abatorewe guhatanira ibyiciro bitandukanye

Nyuma y’uko hasojwe uyu mugoroba wari ugenewe gutangaza ku mugaragaro abazahatanira Groove Awards Rwanda 2014, abantu bahise bakangurirwa gutangira gutora guhera mu gicuku cyo kuri uyu wa gatanu, abantu bakazatora kugeza tariki 20 Ukuboza 2014 hanyuma bucyeye bwaho tariki 21 Ukuboza 2014, abatsinze bakazashyikirizwa ibihembo byabo mu muhango uzabera muri Hoteli Serena ya Kigali.

Nyuma yo gutangaza abahatanira ibi bihembo, amatora nayo yahise atangira

Nyuma yo gutangaza abahatanira ibi bihembo, amatora nayo yahise atangira

DORE URUTONDE RW’ABAHARANIRA IBI BIHEMBO:

1.Umuhanzi w’umugabo w’umwaka (Male Artist of the Year)

Bahati Alphonse

Eddie Mico

Ndabarasa John

Thacien Titus

Patient Bizimana na

Serge Iyamuremye.

2.Umuhanzikazi w’umukobwa/umugore w’umwaka (Female Artist of the year)

Aline Gahongayire

Gaga Grace

Gaby Kamanzi

Gogo Gloria

Liliane Kabaganza na

Uzamukunda Goreth

3. Korali y’umwaka

Besalel (ADEPR Nyanza)

IRIBA (ADEPR Taba Butare)

Chorale de Kigali

Jehovah Jireh (CEP ULK)

Maranatha Family Choir

True Promises

4. Umuhanzi ukizamuka w’umwaka

Anointed Vessels (Group)

Bahati (Wahoze muri Just Family)

Ezra Joas Niyongabo

Gaga Grace

Isaac Mudakikwa

MD Mugema Dieudonne

5. Indirimbo y’umwaka

Amagambo yanjye by Patient Bizimana

Gorogota ya Besalel Choir

Mana urera by True Promises

Mpisha mu mababa by Thacien Titus

Turakwemera by Jehovah Jireh ULK

Yadukoreye ibikomeye by Sauni mu Cyahafi.

6. Indirimbo yo kuramya y’umwaka

Agahe by Nelson Mucyo

Amagambo yanjye by Patient Bizimana

Gorogotha by Besalel

Ndakwemereye UCC

Uri Imana by Injiri Bora

Uri Uwera by Murwanashyaka

7. Umuhanzi/itsinda mu njyana gakondo y’umwaka

Asaph Ubumwe

Ivan Ngenzi

Ndabarasa John

Shekinah Dance

Singiza

The Blessings Family

8. Indirimbo ya Hip Hop y’umwaka

Humura by Jackson

ID by Patrick Bright ft Gaby Kamanzi

Kutumvira by MD

My King by Blaise Pascal

Ntamupaka by The CHRAP

Uratabawe by Karyango Bright.

9. Indirimbo y’amashusho y’umwaka

Arampagije by Serge Iyamuremye

Kipenzi by Bigizi Gentil

Mpisha mu mababa by Thacien Titus

Ndiho by Bright Patrick

Network by Musabe

Yego by Roy Olivier

 

10. Producer w’umwaka w’indirimbo z’amajwi

Bill Gates (Gates Music Studio)

Camarade (BNG Records)

Johnson Rukundo

Leopold

Nicolas Mucyo

Samu Ndikumukiza

11. Itsinda ribyina ry’umwaka

Asaph Drama Tean

Shekinah Dance

Shinning Stars

The Blessings

The Soldiers na

Zion Del,stars(Zds)

12. Ikiganiro cya gikristo cy’umwaka

Gospel Time Show - Isango Star

Himbaza - Inkoramutima

Ten Gospel Show - Radio 10

Top Stories - Umucyo Radio

Umuhanzi w’icyumweru - Authentic Radio

Weekend Relax –-Sana Radio

13. Umunyamakuru wa radio w’umwaka mu biganiro bya Gikristo

Ayyaba Paulin

Flora Ndutiye

Justin Belis

Nakure Pasiko

Neema Marie Jeanne

Ntirenganya Ange Daniel

14. Urubuga rwa Internet rwa gikristo rw’umwaka

www.agakiza.org

www.ibyishimo.com

www.isange.com

www.ubugingo.com

www.umugisha.com

Gutora muri buri cyiciro birakorwa mu buryo bubiri, ubwa mbere ni ukujya ku rubuga rwa Groove Awards arirwo vote.grooveawards.co.rw , hanyuma utora agahitamo uwo ashaka mu cyiciro runaka. Ushobora kandi gutora ukoresheje ubutumwa bugufi aho ubanza kureba Code (Kode) y’uwo ushaka gutora hanyuma ukajya ahandikirwa ubutumwa ukandika ijambo “GROOVE” ugasiga akanya ukandika Code hanyuma ukohereza kuri 1617.

Kugirango umenye Kode ya buri wese muri buri cyiciro, ufata nimero y’icyiciro (Kuva ku cyiciro cya 1 kugeza ku cya 14 uko bikurikirana hejuru), hanyuma kuri nimero ugakurikizaho nimero ijyanye n’inyuguti (Alphabet) y’uwo ushaka gutora. (ubwo ni a, b, c, d, e, f), uri ku mwanwa wa mbere mu cyiciro afata a, uri ku mwanya wa kabiri agafata b, uri ku mwanya wa gatatu agafata c, uri ku mwanya wa kane agafata d, uri ku mwanya wa gatanu agafata e naho uri ku mwanya wa gatandatu agafata f. (Urugero, ushaka gutora umuntu uri mu cyiciro cya 15, akaba ari ku mwanya wa kane, wakandika 15d)

Manirakiza Théogène

PHOTOS: Jean Chris Kitoko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND