RFL
Kigali

Eddy Kenzo akomeje kurwanira umukobwa, aramusaba ko yamukunda cyangwa akamusubiza ibintu yamuhaye

Yanditswe na: Editor
Taliki:2/10/2014 9:59
8


Mu minsi micye ishize nibwo twabagejejeho inkuru ivuga ko umuhanzi Eddy Kenzo yarwaniraga umukobwa n’umuhanzi mugenzi we witwa Mathias, none ubu nyuma y’aho umukobwa yerekanye ko yishakira uyu Mathias, Eddy Kenzo aramusaba ko yamugarukira bagakundana cyangwa akamusubiza ibyo imitungo ye yamuhaye.



Uyu muhanzi ubu yamaze guha integuza umuhanzikazi Rema Namakula bahoze bakundana, amubwira ko naramuka ataretse Mathias Wakulaga ngo agaruke bikundanire, azahita amusubiza ibintu byose yagiye amuha yibwira ko akimukunda nyuma akaba yarerekanye ko yikundira uyu Mathias.

Eddy Kenzo n'uyu mukobwa barakundanye ndetse baranabanye mu nzu

Eddy Kenzo n'uyu mukobwa barakundanye ndetse baranabanye mu nzu

Eddy Kenzo na Rema umwaka ushize babanaga mu nzu nk’umugore n’umugabo n’ubwo batari barashakanye byemewe n’amategeko nk’uko amakuru dukesha Bigeye abivuga, ndetse urukundo aba bahanzi bagiranye rwari rugeze kure ariko mu minsi micye ishize uyu muhanzi Mathias yaje guha gasopo Eddy Kenzo, amubwira ko uyu Rema atari uwe ndetse ko akwiye ko guhagarika kuvuga ko inda uyu mukobwa atwite ari iye kuko nta gihamya yabibonera.

Uyu mukobwa Rema ubu aratwite, buri umwe muri aba basore yiyitirira inda ye nawe akaruca akarumira

Uyu mukobwa Rema ubu aratwite, buri umwe muri aba basore yiyitirira inda ye nawe akaruca akarumira

Nk’uko aya makuru akomeza abivuga, uyu Mathias Walukaga yahaye Rema imodoka yo mu bwoko bwa Rav 4, telefone zihenze, mudasobwa igendanwa n’ibindi bitandukanye, bituma areka Kenzo ngo bikundanire. Mu minsi ishize ubwo Kenzo yakoraga igitaramo agasabwa n’abafana be ko yazana n’uyu mukunzi we, yaramutumiye ariko ntiyajyayo ahubwo ajya kwirebera Mathias, bituma Kenzo ababara cyane kuko yari asanzwe ahamya ahantu hose ko akundana n’uyu mukobwa kandi akaba anatwite inda ye.

Uyu niwe Mathias Walukaga urwanira na Kenzo uyu mukobwa witwa Rema

Uyu niwe Mathias Walukaga urwanira na Kenzo uyu mukobwa witwa Rema

Nyuma y’uko Rema asebeje Eddy Kenzo aho kujya kumureba akisangira uyu muhanzi Mathias bamurwaniraga, ubu uyu Eddy Kenzo noneho ngo yaba yarafashe icyemezo cyo kumwihanangiriza amubwira ko agomba kumugarukira bagakomeza gukundana, bitaba ibyo akamusubiza ibintu byose yagiye amuha mu gihe cyose bamaze bakundana, cyane ko bigeze no kubana.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ntare 9 years ago
    Huuuum uyu mukobwa niyihitiremo eddy kenzo.usibyeko naba basore atari bazima bagiye kwishakira abandi bakobwa.
  • keza9 years ago
    imbwa ziragwira ngo azamusubize ibyo yamuhaye??yaguraga urukundo se !!ahahah yewe ga azagaruke kungufu ubwose ubundi baba bakundana!!!yewe inkundo zanyu zirasekeje rwose !!uriya yikundira ifaranga bana
  • benimana9 years ago
    erega buriya ntirugurwa. nakureyo amaso si wenyine bibayeho
  • charlotte9 years ago
    Barinda bishyira hnze um we yahariye undo ko abakobwa atari abibura kenzo namureke azabona umukwiye aha iby urukundo no amayobera.
  • uzy9 years ago
    Uyu sumugabo rwose Rema afite raison yo kwigendera.nonese numukobwa amwishyuje ibyo yamuhaye yabibona.yemwe yemwe.
  • Gg9 years ago
    ark aba batype na basazi kabsa uyu nu umukobwa abantu barwanira menya ouganda nta Abakobwa bagira pe
  • keza9 years ago
    nihatari ibwo uwomwana azaba uwande?ntarukundo rwurwingingano kenzo nave kubintu
  • umutesi racheal9 years ago
    umukobwa rwose namusubize ibye. urukundo rwubu nukugura.





Inyarwanda BACKGROUND