RFL
Kigali

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza wa Rayon Sports nyuma yo kuyivamo atewe inkari, ubuyobozi bwa Rayon Sports nabwo buravugururwa

Yanditswe na: Alphonse Mukundabantu
Taliki:27/03/2015 17:20
5


Mu kiganira ubuyobozi bw’ umuryango wa Rayon Sports bwagiranye n’ itangazamakuru bwatangaje ko bwongeye guha icyizere Kayiranga Baptiste cyo kuyibera umutoza mukuru agasimbura Habimana Sosthene wakoraga by’ agateganyo, hanyuma nawe agakomeza kuba umwungiriza. Bunatangaza abayobozi bashya ba Rayon Sports.



Ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi itozwa na Habimana Sosthene wakoraga nk’ umutoza mukuru by’ agateganyo kuko iyi kipe yari itarabasha kuzana undi mutoza usimbura Andy Mfutila Magloire wari wasezerewe kubera kubura intsinzi bityo bituma Habimana Sosthene wari umutoza wungirirje ariwe usigarana iyi kipe by’ agateganyo.

Kayiranga Baptiste si ubwa mbere aje gutoza ikipe ya Rayon Sports kuko yigeze gutoza iyi kipe ariko ayivamo nabi cyane kuko icyo gihe abafana baje kumumenaho inkari ku kibuga hanyuma nawe ahitamo gukuramo ake karenge kuko ibihe bitari byiza kuri we.

Kayiranga Baptiste afite inshingano zitoroshye zo gusezerera ikipe ya Zamalek yo mu Misiri, mu mukino wo kwishyura uzaba tariki ya 05 Mata 2015 mu Rwanda aho azaba asabwa gutsinda ibitego 2-0 ngo yizere gusezerera iyi kipe mu gihe izaba 

Ubuyobozi bw’ umuryango wa Rayon Sports buhagarariwe na Ngarambe Charles kandi bwasobanuye ko nyuma y’ ibiganiro umuryango wagiranye n’ akarere ka Nyanza bumvikanye ko akarere ari kazakomeza guha inkunga y’ amafaranga ikipe ariko ibyemezo n’ uburyo icungwa bikajya bikorwa n’ ubuyobozi bw’ umuryango wa Rayon Sports aho kuba akarere ka Nyanza gahagarariwe na Mayor wako  Murenzi Abdallah

Ikindi kandi cyemejwe n’ uko Rayon Sports izakomeza kuba mu karere ka Nyaza cyane ko ari naho ikomoka, bikuraho igihuha cyari cyavuzwe ko iyi kipe ishobora kugaruka i Kigali. Hahise kandi hatangazwa ubuyobozi bwa Rayon Sports mu buryo bukurikira:

  1. Ntampaka Theogene yakomeje kuba  Perezida w’ikipe ya Rayon Sports
  2. Habarugira Vital yagizwe Vice Perezida ushinzwe Ubukungu
  3. Rudasingwa Jean Marie yagizwe ushinzwe ubuyobozi ndetse na tekinike
  4. Ugirashebuja Adolphe yagizwe umubitsi
  5. Nkubana Adrien agirwa umunyamabanga
  6. Niyomusabye Aime Emmanuel yakomeje kuba umuvugizi
  7. Gacinya Denis yagizwe  Umujyanama wa Perezida Ntampaka Theogene

Alphonse M.PENDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • lambert9 years ago
    hahah! ni danger kabisa for me that decision is not perfect based on the productivity of kayiranga
  • umurayon9 years ago
    reka nawe akore turebe,natwe tumurinyuma, bazarebe ukuntu Gomez yatozaga bariya basore nobo abe ariko bakora kuko byatanze umusaruro utangaje cyane.
  • GAGA9 years ago
    Genda Rayon sport warakubititse !!! ubwo arubugugu bw'amafranga gusa ngo ntibashaka umutoza wo guhangana n'amakipe yanditse amazina nka Zamalek na yandi , ahubwo barakura basubira inyuma nk'isabune ! ubu rero ejo bundi nadatsinda Zamalek bongere bamushoreho ibigambo nkuko bamwirukanye ubushize n'amagambo mesnshi ageretseho , wangu umupira wo muri Afrika uzatera imbere Ntangare !!!!!!!
  • Rayon nanone9 years ago
    igihe ntampaka akiri president ntacyo bakoze.sinzi uriya mugabo inyungu ategereje muri rayon ituma ategura cg ngo aveho nkabandi
  • emmy9 years ago
    Kayiranga azabikora tumuhe akanya. Well come back Yundayi wacu.





Inyarwanda BACKGROUND