RFL
Kigali

Tigo na Airtel zatangiye igerageza mu ihuzwa ry' imirongo yo kohererezanya amafaranga hagati y’abakiriya bazo

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:8/10/2015 19:37
1


Sosiyeti 2 z’itumanaho, Tigo na Airtel zamaze gutangiza igerageza rigamije guhuriza hamwe uburyo bwo kohererezanya amafaranga hagati y’abakiriya bakoresha imirongo y’aya masosiyeti yombi Airtel Money na Tigo Cash .



Iri gerageza rikaba ryatangiriye kuri numero zimwe na zimwe z'abakiriya b’izi sosiyeti  zombi. Abari gukorerwaho igerageza bashobora kohererezanya amafaranga no kuyakira ntazindi nzira biciyemo. Iri gerageza nirirangira, yaba abakoresha Tigo cyangwa Airtel  Rwanda bazajya babasha kohererezanya amafaranga ntayindi nzira biciyemo. Tano Oware  umuyobozi w’agateganyo wa Airtel yatangaje ko Airtel yishimiye ubufatanye na Tigo mu guhuza imirongo yo kohererezanya amafaranga, yemeza ko ari igikorwa cyiza kizafasha abakiriya b’amasosiyeti yose.  

Tongai Maramba, umuyobozi wa Tigo we yatangaje ko  kohererezanya amafaranga hakoreshejwe telefoni ngendanwa bishobora kugira umumaro munini mu  guhindura ubuzima bwa benshi. Tongai Maramba  yatangaje ko yishimiye ko bagiranye ubufatanye na Airtel mu bigendanye no kohererezanya amafaranga (Interoperability).

Nyuma y’igihugu cya Tanzaniya, u Rwanda rubaye igihugu cya 2 izi sosiyeti zigiye gukoreramo iki gikorwa cyo guhuza imirongo yo kohererezanya amafaranga . Chidi Okpala umuyobozi wa Airtel muri Africa yatangaje ko mbere y’uko umwaka urangira bazaba bakoze n’ubundi bufatanye mu bindi bihugu. Congo kikaba aricyo gihugu izi kompanyi zombi zizakurikizaho ubu bufatanye mu kohererezanya amafaranga hagati y’abakiriya babo.

Kohererezanya amafaranga hakoreshejwe uburyo bwa telefoni ngendanwa(mobile money) byagiye bigirira akamaro abantu benshi banyuranye babukoresha kugeza ubu. Mu kwezi k’Ukuboza 2010, abantu miliyoni imwe n’ibihumbi magana arindi nibo bari bamaze gufunguza amakonti yo kubitsa no kwakira amafaranga kuri telefoni. Kuri ubu mu Rwanda hose harabarirwa miliyoni 5 n’ibihumbi Mmagana atanu by’abantu bakoresha uburyo bwa Mobile money.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sibomana Jean8 years ago
    munyukuri ibi ni ibintu byiza cyane birashimishije kuko twajyaga tubyifuza bikatugora kubikora kandi nabwo ntinikunde cyeretse ko twajyaga dukoresha airtel money twohereza kumuntu wa tigo bigakunda tukaba dushimiye aba bayobozi bagize icyo gitecyerezo cyiza





Inyarwanda BACKGROUND