RFL
Kigali

Airtel Rwanda yizihije Noheri hamwe n'abana

Yanditswe na: Editor
Taliki:15/12/2014 9:25
1


Noheri imenyerewe cyane nk’igihe cy’impano, gutanga no guhaza abandi. Abantu benshi bumva ari inshingano yabo ikmoeye kugira icyo bamarira umuryango babamo muri ibi bihe. Ni muri uru rwego rero Airtel Rwanda yifatanyije n’abana bo mu bitaro bya Kaminuza ya Kigali “Kigali University Teaching Hospital” maze isangira nabo Noheri.



Iki gikorwa cyitabiriwe na Prof Muganga Narcisse wari uhagarariye ibitaro, cyaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe ku bana cyakorewe. Mu bikorwa bitandukanye bijyanye no kunezeza abana,Airtel yubatse muribo ibyishimo bikomeye bizamara igihe kitari gito.

airtel

Abana bahawe impano zinyuranye

Airtel yasangiye n’aba bana, barabyinana, baririmbana indirimbo za noheri ndetse banabaha impano nyinshi zirimo ibikoresho by’ishuri.

airtel

Abakozi ba Airtel bagaburira abana

Abajijwe impamvu Airtel yahisemo kwizihizanya ibi birori n’abana, umuyobozi wa Airtel ushinzwe itumanaho yagize ati “Noheri ni igihe cyo gutanga impano ndetse no gusangira n’abandi kandi ni igihe tugerageza kuzana ibyishimo mu buzima bw’abantu dukora ibirori nk’ibi. Airtel irifuza gusangira Noheri n’abanyarwanda bose. Turifuza ko abanyarwanda bahorana ibyiza

airtel

Airtel yahawe icyemezo y'ishimwe n'ibitaro

airtel

Umunyana Denise abyinana n'abana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    NIBYIZA CYANE





Inyarwanda BACKGROUND