Ibyamamare bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika harimo Beyonce, Cardi B n’abandi benshi batandukanye ni bamwe mu bafashe iya mbere mu kuvugira Jacob Blake warashwe na Polisi muri leta ya Wisconsin ubu akaba atakibasha kugenda.
Beyonce na Cardi B ni bamwe mu bafashe iya mbere mu kuvugira Jakob Blake umugabo w’umwirabura warashwe na polisi inshuro zigera kuri zirindwi mu mugongo, bikaba byaratumye atakibasha kugenda nyuma yo kuba paralize mu gice cyo hasi mu rukenyerero.
Uyu mugabo Jacob Blake w’imyaka 29 y’amavuko yarasiwe
muri leta ya Wisconcin ku munsi wo ku cyumweru mu cyumweru dusoje aho yarashwe
n’umupolisi ari kumwe n’umuryango we, imbere y’abana be batatu. Ubu amakuru avuga
ko kugira ngo uyu mugabo yongere kugenda byaba ari nk’igitangaza.
Inkuru y’uyu mugabo yamenyekanye cyane nyuma y’uko
hagiye hanze videwo y’uyu mugabo ubwo yaraswaga n’umupolisi mu gace ka Kenosha
muri leta ya Wisconsin ubwo yinjiraga mu modoka. Uyu mugabo yahise ajyanwa mu
bitaro bwa Froedtert Hospital kuvurwa. Nyuma y’uko iyi nkuru imenyekanye yakurikiwe
n’imyigaragambyo ikomeye yabaye mu mugi wa Kenosha aho abigargambyaga bangizaga
ibikorwaremezo bitandukanye.
Jacob nyuma yo kuraswa ngo biragoye ko yakongera kugenda
Umuhanzikazi Beyonce ni umwe mu batanze ubutumwa avuga
ko yifatanyije n’umuryango w’uyu mugabo mu bihe bitoroshye urimo. Yifashishije ifoto
y’uyu mugabo arikumwe n’abana be batatu yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram,
yayiherekesheje amagambo avuga ko amasengesho ye agera kuri Jacob Blake n’umurwango
we.
Beyonce ni umwe mu bababajwe n'iraswa rya Jacob Blake
Umuraperikazi Cardi B abinyujije muri videwo yanyujije
ku rubuga rwe rwa Instagram yagize ati: ”Ibi birababaje! Ntabwo ibi nabyizera! Ni
iki kigiye kuba urwitwazo noneho ? “Hari igikwiye gukorwa!”. Uretse Cardi B na
Beyonce n’ibindi byamamare bitandukanye batanze ubutumwa bwabo harimo nka Demi
Lovato, Camila Cabello n’umunyarwenya Chelsea Handler.
Cardi B nawe ni umwe mu batanze ubutumwa ku iraswa rya Jacob Blake
Polisi yo mu mujyi wa Kenosha avuga ko hatangiye gukorwa
iperereza ku cyateye iraswa ry’uyu mugabo rwatumye amugara, Abapolisi bari aho
uyu mugabo yarasiwe ntago amazina yabo aratangazwa. Iri raswa ry’uyu mugabo
rije nyuma y’urupfu rw’umugabo witwa George Floyd muri Gicurasi wishwe anigishijwe
ivi muri leta ya Mineapolis rwateje imyigaragambyo ikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iraswa ry'uyu mugabo ryakurikiwe n'imyigaragambyo
Nyuma y’urupfu rwa George Floyd havuzwe cyane urupfu
rw’umukobwa w’umwiraburakazi w’imyaka 26 y’amavuko witwa Breonna Taylor wakoraga
mu buvuzi warashwe n’umupolisi mu mugi wa Louisville muri leta ya Kentucky muri
Werurwe uyu mwaka.
Nyuma y’urupfu ry’uyu mukobwa ibyamamare bitandukanye
bagaragaje imbamutima zabo aho bamwe bavugaga ko bashaka ko umupolisi wamurashe
yatabwa muri yombi akabiryozwa. Muri ibi byamamare harimo nka Oprah Winfrey,
Lebron James n’abandi benshi.
Src: Mirror
TANGA IGITECYEREZO