RFL
Kigali

Ababyeyi be batandukanye afite imyaka 5, yatotejwe azira kuba umwirabura: Dore ibintu 15 byavuzwe na Drake byaguhindurira ubuzima

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:20/08/2020 13:58
0


Ni kenshi cyane usanga umuntu avuga byinshi bigasana imitima ya benshi, bamwe bakabigenderaho mu buzima bwa buri munsi. Icyamamare muri muzika, Aubrey Drake Graham (Drake) mu buzima bwe yavuze ibintu abenshi bafata nk’ibikomeye ku buzima bwa buri munsi.



Uyu muhanzi w’icyamamare ku Isi, ubusanzwe ni Umuraperi ariko agakora n’akazi k’Ubushabitsi. Ni umwanditsi w'indirimbo, umukinnyi wa Filime ndetse agakorera abandi bantu indirimbo. Drake magingo aya abarirwa no mu bahanzi b’abaherwe ku Isi dore ko ubu afite umutungo wa Miliyoni 150 z’Amadorali y’Amerika tugendeye ku byatangajwe mu mwaka wa 2019.

Inspiring Drake Quotes

Gukora cyane no kwihangana ni bimwe mu byatumye uyu muhanzi aba icyamamare. Ababyeyi be batandukanye afite imyaka itanu gusa. Se yatawe muri yombi azira ibiyobyabwenge. Uyu muraperi yavuze ko yatotejwe kenshi azira kuba umwirabura kandi akaba n'umuyahudi. Ibitekerezo bya Drake byahindutse cyane kuva icyo gihe.  

Nyuma yo gusinyana amasezerano na label ya Lil Wayne yitwa Young Money Entertainment, Drake yasohoye alubumu ye ya mbere yise “Thank me Later,” byagaragaye ko ari intsinzi ikomeye kuri we, bituma agera ku myanya ya mbere ku mbonerahamwe ya Billboard mu ndirimbo nziza 200 muri Amerika.

Drake Teases Possible Nike Collab in “Laugh Now Cry Later” Visual

Album ye ya gatanu, Scorpion, yamugize umuhanzi wa mbere watsindiye kugira miliyari imwe y’abayibonye mu cyumweru kimwe. Uyu muhanzi yagiye avuga amagambo akomeye mu buzima bwe abenshi bagenderho, Dore bimwe mu bintu 15 Drake yavuze byahindura ubuzima bwe.

1.Iyo ubabajwe n'uwo mu bana, ububabare bushobora gutuma utifuza gukunda ukundi.

2.Ubuzima bushobora guhinduka buri gihe, ugomba guhinduka nabwo kandi ukabumenyera.

3.Baho ntawe ukubeshejeho, kunda ntawe ushingiyeho, umva nturwanye ibyo wumva, vuga ibitakomeretsa umuntu.

4.Intego ni inzozi zigira igihe ntarengwa.

5.Mu buzima ubaho  wiga.

6.Buri gihe numvaga icyerekezo cyanjye ari kinini kuruta ishusho nini.

7.Iyo urebye imbere ubona umwijima ariko kwizera no kwiyemeza bizatuma uwucamo.

8.Ishyari ni urukundo bikaba n’urwango icyarimwe.

9.Nkwifurije kwiga gukunda abantu no gukoresha ibintu.

10. Ndagerageza gukora ibyiza kuruta ibyiza bihagije.

 11.Navukiye gukora amakosa ntangiza ibitunganye.

12.Rimwe na rimwe tuba mu rugendo rukwigisha byinshi kubyerekeye iyo ujya.

13. Niba utekereza ko nzareka ibyo gukora mbere y'uko mpfa ongera ubyerekezeho indoto.

14. Imbaraga ntabwo buri gihe zerekana mu byo ushobora kugumamo, rimwe na rimwe zerekana mu byo ushobora kureka.

15.Ndarahiye ubu buzima ni nk’ikintu kiryoshye ntigeze menya mu buzima. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND