RFL
Kigali

Sadate Munyakazi yandikiye Perezida Paul Kagame ngo abafashe gukemura ibibazo biri muri Rayon Sports

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:25/05/2020 15:20
0


Umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yandikiye Perezida wa Republika y’u Rwanda amusaba ubufasha mu gukemura ibibazo biri muri iyi kipe ndetse yemeza ko ari nabyo bidindiza iterambere ryayo bigizwemo uruhare n’abayiyoboye mu myaka yashize.



Rayon Sports imaze iminsi ivugwamo ibibazo uruhuri, byanatumye umuyobozi wayo mukuru Munyakazi Sadate aheruka  kwandikira urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB, kugira ngo ayimenyeshe ibibazo biyirimo n’abashaka kuyisubiza ku ngufu, kuri ubu noneho uyu muyobozi yiyambaje na Perezida wa Republika Paul Kagame.

Muri iyi baruwa ifite amapaji ane, Munyakazi Sadate agaragaza ko ibibazo biri muri Rayon Sports ahanini biterwa n’abahoze bayobora iyi kipe, aho abashinja kuba baranyereje umutungo, bigatuma batifuza ko we ashyira ahagaragara ibyagiye biba mu myaka yashize.

Hagaragaramo kandi ko mu mwaka wa 2015, ikipe ya Rayon Sports yaba yaratanze ruswa mu basifuzi, ndetse akanerekana ko raporo y’abagenzuzi b’imari igaragaza ko mu myaka ishize muri Rayon Sports habayemo kunyereza amafaranga asaga Miliyari y’u Rwanda.

Munyakazi Sadate aheruka guhagarikwa n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ Amezi atandatu atagaragara mu bikorwa by'imikino kubera amagambo atari meza yatangaje, gusa uyu muyobozi wemeza ko yarenganye yamaze kujuririra iki cyemezo.

Ibikubiye mu ibaruwa Sadate Munyakazi yandikiye Perezida Kagame Paul










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND