RFL
Kigali

Manuel Neuer yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Bayern Munich

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:21/05/2020 16:05
0


Umunyabigwi mu mupira w’amaguru by’umwihariko mu ikipe y’igihugu y’u Budage, Manuel Neuer, yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri y’inyongera muri Bayern Munich nk'uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe y’ubukombe muri ruhago ku Isi.



Uyu Mudage, wageze  muri iyi kipe mu mwaka wa 2011 avuye muri Schalke 04, yongereye amasezerano azamugeza mu mwaka wa 2023 akinira iyi kipe y’ubukombe mu Budage.

Ubuyobozi bw’ikipe ya Bayern Munich bwatangaje ko bari barahaye uyu mugabo w’imyaka 34 imbanziriza-masezerano mu rwego rwo kumurinda kugira ahandi yerekeza, bitewe nuko hari amakipe yamugeraga amajanja byumwihariko ayo mu Butaliyani.

Nyuma y’umukino wakinwe mu cyumweru gishize, Bayern Munich itsinda Union Berlin 2-0, Ubuyobozi bwa Bayern bwicaranye na Nuer bemeranya gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.

Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano, Manuel Neuer yagize ati“Kuva igihe cy’ibyumweru bahagaritse kubera icyorezo cya COVID-19 , si nashatse gufata umwanzuro kubera ko nta numwe wari uzi niki,igihe cyangwa Ni gute bundesliga yakomeza gukinwa.

“Ni ibyingenzi kuri njye gukomeza gukorana n’umutoza wacu w’abazamu Toni Tapalovic”.

“Ubu ibi biracyemutse , ubu ndi kureba ejo hazaza ,n’ishyaka ryinshi , kuko ubu ndiyumva neza Kandi hano ni murugo muri Bavaria. Bayern Munich ni imwe muri ekipe zikomeye ku mugabane w’i Burayi”.

CEO w’ikipe ya Bayern Munich Karl-Heinz Rummenigge yatangaje ko bishimiye kugumana umuzamu mwiza kw’isi. Yagize ati “Fc Bayern Munich yishimiye ko Manuel yongereye amasezerano ye kugeza taliki 30-Kamena-2023. Kandi Manuel Ni umuzamu mwiza kw’isi kandi ni umuyobozi wabandi mukibuga”.

Biravugwa ko mu masezerano Nuer yasinye yemerewe umwanya wo kujya abanza mu kibuga kandi afatanya na bagenzi be guhesha ishema iyi kipe ku ruhando rw’i Burayi.


Nuer yongereye amasezerano muri Bayern Munich azamugeza mu 2023


Nuer ni umwe mu banyezamu beza Isi ifite






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND