RFL
Kigali

Abarimo Samuel Eto’o na Drogba bamaganiye kure abasabye ko urukingo rwa COVID-19 rwazageragerezwa bwa mbere muri Afurika

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:4/04/2020 13:05
0


Benshi mu banyafurika bababajwe cyane n’ibitekerezo batanzwe n’impuguke mu buvuzi aho zavuze ko urukingo rwa Coronavirus rwazageragerezwa bwa mbere ku banyafurika. Ibi batumye abakinnyi banditse amateka mu mupira w’amaguru wa Afurika barimo Samuel Eto’o, Didier Drogba bibasira cyane izi mpuguke.



Ni mu kiganiro cyatambutse kuri imwe muri Televiziyo yo mu gihugu cy’u Bufaransa,  aho Professor Jean-Paul Mira na mugenzi we witwa Professor Camille Locht batanze igitekerezo cy'uko urukingo rwa COVID-19 rwazageragerezwa bwa mbere muri Afurika,  ibintu bafaswe nk’irondaruhu n’agasuzuguro.

Professor Jean-Paul Mira, ukuriye ishami ry’indembe mu bitaro Cochin mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, yagize ati “Ese ntidukwiriye gukorera ubushakashatsi ku banyafurika badafite udupfukamunwa, badafite ubuvuzi n’uburyo bwo kongerera umwuka?. Kimwe na Virus itera SIDA, abakorerwaho ubushakashatsi n’indaya kuko zitirinda”.

Nyuma y’iki kiganiro, bamwe mu bakinnyi bakomoka muri Afurika banakinnye i Burayi, bagaragaje akababaro batewe n’ibitekerezo by’izi mpuguke.

Demba Ba wakinnye muri Chelsea yanenze bikomeye aya magambo y’izi mpuguke aho yavuze ko abantu bo mu bihugu by’Iburengerazuba bw’isi bumva ko bari hejuru y’abandi bose ndetse imitima yabo yuzuye ivangura arangiza avuga ko ari iki ari igihe cyo gukanguka.

Drogba wakiniye Chelsea igihe kirekire yagize ati “Ntabwo ibi bikwiriye ko dukomeza kwihanganira ibi bintu. Namaganye iri vangura rikabije n’imvugo yuzuyemo agasuzuguro. Mudufashe kurengera ubuzima muri Africa, mureke gukwirakwiza iyi virusi yazahaje isi, mureke kudufata nk’ingurube zo muri Guinea. Ntabwo bikwiriye. Abayobozi ba Afurika bakwiriye kurinda abaturage babo ibi bintu bidakwiriye.”

Samuel Eto’o wakiniye FC Barcelone akanayubakiramo amateka akomeye nawe yarakajwe cyane n’ikiganiro cy’izi mpuguke, maze araterura agira ati “Muri umwanda. Ntabwo Afurika ari iyanyu ngo muyikinireho”.


Eto'o na Drogba bibasiye impuguke zavuze ko Afurika izageragerezwamo urukingo rwa Coronavirus


Demba Ba yanenze bikomeye ibitekerezo by'izi mpuguke





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND