RFL
Kigali

Australian Open: Coco Gauff w’imyaka 15 yasezereye Naomi wari ufite iki gikombe, Selena Williams akubitwa inshuro - Amafoto

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:24/01/2020 18:43
0


Irushanwa rikomeye ku Isi mu mukino wa Tennis rya Australian Open 2020, riri kugaragaramo gutungurana gukomeye cyane, nyuma yaho Naomi Osaka wari ufite igikombe giheruka yasezerewe n’umwangavu w’imyaka 15 ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu gihe Selena Williams usanzwe umenyerewe muri uyu mukino yasezerewe rugikubita.



Coco Gauff akomeje kwandika amateka mu mukino wa Tennis ku isi nyuma yo gusezerera Venus Williams mu minsi ishize mu cyiciro cyabanjirije icyo bari gukina, byatunguye benshi ariko uyu mwangavu ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika akomeza kugaragaza inyota yo kugera kure hashoboka muri uyu mukino.

Kuri uyu wa Gatanu Gauff yongeye kwisasira icyamamare muri Tennis y’abagore ku Isi Naomi Osaka, wari ufite Australian Open y’umwaka ushize nyuma yo kumutsinda bimworoheye seti ebyiri ku busa.

Byasabye iminota 67 gusa ku kibuga the Rod Laver Arena,  kugira ngo Coco Gauff asezerere Naomi Osaka nimero ya 4 ku Isi muri Tennis amutsinze amaseti abiri ku busa, yamutsinze seti ya mbere 6-3, yongera amutsinda n’iyakabiri 6-4, ahita anamusezerera mu irushanwa.

Nyuma yo gusezerera Naomi Osaka, Gauff yagaragaje ibyishimo bidasanzwe nyuma yo kugera muri ¼ bwa mbetre mu mateka, avuga ko azakomeza guhatana kugeza ku munota wa nyuma.

Yagize ati’Ntabwo nzi aho ibi biri guturuka, mu byukuri ntabwo mu buzima bwanjye nabiteganyaga. Mu myaka ibiri ishize nasezerewe rugikubita mu cyiciro cy’abakiri bato, ari uyu munsi reba aho ndi. Njye ubwanjye naravuze nti sinzacika integer na rimwe nzakomeza guhatana kugeza ku munota wa nyuma, ntabwo umuntu amenya ibiba bimutegereje imbere”.

Mu mikino ya ¼, Coco Gauff azakina hagati y’umushinwakazi Zhang Shaui cyangwa Umunyamerikakazi mugenzi we Sofia Kenin.

Mu ntangiriro za 2019 ubwo yatangiraga gukina mu babigize umwuga Gauff Coco yari numero ya 686 ku isi, uyu mukobwa ubu ageze ku mwanya wa 67 ku isi.

Mu wundi mukino bitunguranye icyamamare mu mukino wa Tennis ku Isi selena Williams ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yasezerewe n’umushinwakazi nomero nimero ya 27 ku isi muri tennis Wang Qiang muri 1/8.

Wang Qiang nimero ya mbere mu mukino wa Tennis ku mugabane wa Asia yasezereye Selena Williams nimero ya 8 ku isi muri Tennis amutsinze amaseti abiri kuri imwe. Yamutsinze seti ya mbere 6-4, Williams atsinda seti ya kabiri 7-6, mu gihe Qiang yatsinze seti ya Gatatu 7-5, umukino urangira Qiang atsinze Williams seti 2-1, ahita anamusezerera mu irushanwa.



wari umukino ukomeye hagati ya Naomi Osaka na Coco Gauff



Gauff yasezereye Naomi ufite Australian Open y'umwaka ushize



Ni umukino wagoye cyane Naomi Osaka



Naomi yababajwe no gusezererwa n'umwana w'imyaka 15


Selena williams nawe yasezerewe na Qiang







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND