RFL
Kigali

Tuyisenge Jacques yahaye imyambaro mishya ikipe ya Etincelles yamureze akiri muto

Yanditswe na: Editor
Taliki:18/11/2019 16:50
0


Rutahizamu wa Petro de Luanda n’ikipe y’igihugu Amavubi Jacques Tuyisenge yashyikirije ikipe ya Etincelles imyambro 30 yayiguriye mu rwego rwo kuyishimira ko yamureze akiri muto, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere abakinnyi basoje imyitozo yabereye kuri Stade Umuganda.



Imyambaro Tuyisenge Jacques yahaye Etincelles ni amatiriningi yo kwambara (amapantalo n’amakote), yose hamwe 30 y’abakinnyi ndetse n’abatoza, akaba afite agaciro k’ibihumbi bitatu by’amadolari y’Amerika (3,000$.), ayinga miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, yose ikaba yarakorewe mu ruganda rwa Errea.

Tuyisenge Jacques uyoboye ubusatirizi bwa Petro de Luanda akaba na Visi Kapiteni  mu ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ avuka mu Karere ka Rubavu, akaba yarakiniye Etincelles Fc hagati ya 2006 na 2008 mbere yo kujya muri Kiyovu Sports mu mwaka wa  2009 nyuma yo kwishimirwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Tuyisenge yavuze ko impamvu yahisemo guha imyambaro ikipe ya Etincelles ari uko ari yo yakuriyemo ikamuha umwanya uhagije wo kugaragaza impano ye bikaba byaramwaguriye amarembo akaba ageze ku rwego rwiza kandi rushimishije.

Kapiteni wa Etincelles FC, Gikamba Ismail, mu izina ry’abakinnyi ba Etincelle yavuze ko bashimishijwe n’igikorwa bakorewe na Tuyisenge Jacques kandi ko buri mukinnyi yagakoze igikorwa nk’iki.

Tuyisenge Jacques w’imyaka 28 ni umukinnyi wa Petro Atlético yo muri Angola guhera muri Kanama, aho yayigiyemo avuye muri Gor Mahia  yo muri Kenya yari amazemo imyaka itatu kuva avuye muri Police FC mu mwaka wa  2016, uyu musore afite amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe y’ikigugu ku mugabane wa Afurika  by'umwihariko muri Angola.


Jacques Tuyisenge ari kumwe n'abakinnyi ndetse n'ubuyobozi bwa Etincelles


Jacques Tuyisenge n'umutoza wa Etincelles Seninga Innocent


Jacques Tuyisenge na kapiteni wa Etincelles FC Gikamba Ismail

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND