RURA
Kigali

Urutonde rw’abakobwa 10 beza ku isi n’ibihugu bakomokamo

Yanditswe na: Editor
Taliki:26/10/2019 20:36
3


Kugira ngo aba bakobwa bashyirwe kuri uru rutonde si uko ari beza ku isura gusa, yego ni beza ariko na none hagenderwa ku kuba hari iterambere bagezeho mu mpande zose z’ubuzima no kuba kandi bazwi. Bamwe baturuka mu miryango ikize ariko hari n’abandi birwanyeho kugira ngo babe bageze aho bari kuri uyu munsi.



Ni muri urwo rwego tugiye kurebera hamwe uko aba bakobwa bakurikirana kuri uru rutonde ndetse n'aho bakomoka::

1.Duckie Thot


Duckie Thot ni umwana muto ariko utanga ikizere cy’ejo heza, yavutse  ku itariki ya 23 Ukwakira  umwaka  w’i 1995 akaba ari umunyamideli wo muri Australia. Yarerewe ahitwa Melbourne. Ababyeyi be bakomoka muri Sudan y’Amajyepfo gusa baje guhungira muri Australia.

Duckie ntiyahiriwe no gukorera umwuga we w’ibijyanye n’imideli muri Melbourne kuko nyuma yahise yerekeza i New York aho yagiriye  amahirwe  cyane akajya  amurika imideli ya kompanyi zitandukanye harimo: Fenty X Puma, Fenty Beauty, Moschino, Balmain na Oscar de la Renta. Duckie ni we wabaye uwa mbere mu kumurika imideli ya Victoria’s Fashion Show aha hari mu mwaka wa 2018.

2.Deepika Padukone

Si ukuba ari umwe mu bakobwa beza ku isi gusa, ahubwo ni n'umwe mu bakinnyi ba Bollywood bahembwa agatubutse. Akomoka mu Buhinde akaba azwiho kuba ari mwiza, agaseka neza kandi akanambara neza. Uretse ibi ni umukobwa uhora ahuze nta mwanya wo gupfusha ubusa agira. Afitanye amasezerano n’ibigo bitandukanye aho abyamamariza ibicuruzwa nka: Tissot, Vogue na Pepsi.

3.Fan Bingbing

Uyu ni umwe mu bakobwa beza cyane ku isi. Yavutse ku itariki ya 16 Nzeri umwaka w’i 1981. Akomoka mu Bushinwa akaba ari umukinnyi wa filime, umunyamideli, umu producer kuri television ndetse n’umuririmbyi. Mu mwaka wa 2017 The Time yamushyize ku rutonde rw’abantu ijana bagize uruhare mu kwiteza imbere. 

Yanashyizwe kandi ku rutonde mpuzamahanga na Vanity Fair nk’uwambara neza kurusha abandi aha hari mu mwaka wa 2015 na 2016. Uyu mukobwa yamenyekanye cyane ubwo yagaragaraga muri serie  My Fair Princess yacaga kuri television y’u Bushinwa. Mbere yo kugaragara muri iyi filime Fan ntiyari azwi cyane  muri uyu mwuga gusa kuri ubu ni umukinnyi mwiza wananditse izina muri uyu mwuga.

4.Candice Swanepoel 


Candice yavutse mu mwaka w’i 1988 akaba akomoka muri Afrika y'Epfo. Azwiho kuba umwe mu bakorana na Victoria’s Secret, yanaje ku isonga ku rutonde rw’abantu 10 bafite umubiri mwiza. Nk'uko tubikesha urubuga Forbes, umwaka ushize Candice yaje ku mwanya wa 10 nk’umunyamideli uhembwa agatubutse.

5.Taylor Swift

Uyu Munyamerikakazi w’umuririmbyi ni umwe mu bakobwa bakunzwe cyane ndetse bagiye banagarukwaho muri show biz. Ubutumwa bwe bwinshi abunyuza mu ndirimbo aririmba zinafasha cyane abakobwa n’abagore bigatuma bibona mu bihangano bye. Yagiye agera kuri byinshi aho yanatsindiye Grammy Awards 7.

6.Katherine Elisabeth Upton

Yavukiye mu mujyi wa Michigan akaba ari Umunyamerikakazi. Imiterere y’umubiri we ikaba ikurura benshi. Ibi byatumye agenda agaruka ku isonga mu kuba afite uburanga n’imiterere y’umubiri ikurura benshi nk'uko yashyirwaga ku rutonde n’ibigo bitandukanye bikora ibijyanye n’imideli. Katherine ntiyibeshye ubwo yiyumvagamo kuba umunyamideli kuko n'uko ateye bibimufashamo.

7.Shailene Woodley


Uyu ni Umunyamerikakazi akaba umukinnyi wa Hollywood yavutse ku itariki ya 15 Ugushyingo 1991. Yamenyekanye cyane muri filime izwi nka  Divergent. Atanga ikizere cy’ejo hazaza akaba n’igisobanuro cy’ubwiza, nubwo amaze igihe gito amenyekanye yagiye abona ibihembo bitandukanye harimo icyo yahawe na the Sundane Festival.Shailene  nubwo aribwo agitangira kumenyekana aratanga ikizere mu gihe kizaza cy'uko azagera kuri byinshi.

8.Charlize Theron

Akomoka muri Afrika y'Epfo  akaba yaravutse ari ikinege kuri ubu afite imyaka 40. Theron ni umukinnyi wa filime, uwagize uruhare mu iterambere rye akaba ari nyina,kuri ubu ni umu star ndetse akaba anahagarariye AOP(African Outreach Program), kandi ari no mu bakobwa bateye imbere muri Hollywood.

9.Alexandra Daddario


Uyu ni Umunyamerikakazi w’imyaka 29 ni umukinnyi wa filime ndetse n’umunyamideli,si ibi gusa kandi ahubwo ni n’umunyamuziki .Ni umukobwa uri kubaka izina rye yereka buri wese ko ibyo afite birenze ubwiza bugaragara inyuma ku isura.

10.Cate Blanchett


Cate akomoka muri Australia ni umukinnyi wa filime  ni na we uhagarariye ama kinamico muri Melbourne, ku myaka ye 46 uburanga bwe buracyagaragara aho yahawe n’ibihembo bitandukanye harimo Screen Actors Awards.

Src: wisetoast.com

Umwanditsi: Ange Uwera-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Habiyambere Simeon5 years ago
    Good job Ange very interesting showbiz story, keep it up.
  • Hehe5 years ago
    ubu se urabona ari ukuri? Bazaze I Rwanda birebere kereka niba ari abakize n'abaririmbyi
  • Nzayisenga josue5 years ago
    no'5 Taylor swift ndabona arumukobwa wita kubyakora ndamukunda cyane nakomereze hariya murakoze.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND