RFL
Kigali

Athletics: Mu isozwa ry’imikino y’amashuri Kagame Cup, abana bibukijwe ko nta bihembo by’amafaranga bizongera kubaho-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:3/07/2019 12:24
2


Me. Mubiligi Fidèle umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino ngorora mubiri mu Rwanda (RAF) asanga gahunda yo guhemba abana ibirimo amafaranga ari ikosa rikomeye kuko ngo nta kindi bibamarira uretse kubica mu mutwe no kubabuza umurava wo guhatana.



Byari mu kiganiro yagejeje ku bari bitabiriye isozwa ry’imikino ngorora mubiri mu marushanwa yiswe “Amashuri Kagame Cup” aho bakinaga ibyiciro byose bibarizwa mu mikino ngorora mubiri kuko ubundi bwoko bw’imikino basoreje mu Karere ka Musanze mu minsi ishize.

”Turacyari kubarera, iby’ishimwe igihe cyabyo kizagera. Baramutse bararikiye iby’amafaranga mu mikino nk’iyi ngororamubiri byose byaba bipfuye. Twashyizeho ibyiciro byinshi uhereye ku bari munsi y’imyaka 13 kugira ngo buri wese agire aho yibona, twanasabye abatoza kubyitaho kuko nibo batabyumvaga bashaka intsinzi. Ubu byaragabanutse.” Mubirigi

Padiri Gatete Innocent umuyobozi w’ishyirahamwe rya siporo mu mashuri (FRSS) nawe yahamije ko gahunda yo guha amafaranga abana bakiri bato ari ukubangiriza mu mutwe kuko ngo bituma batakaza ubushake bwo kuzakomeza guhatana mu myaka iri imbere.

“Ntabwo kutabaha amafaranga bizatuma bacika intege kuko ubu abana bari gushora imbaraga zabo kuko ntabwo bahita bavuga ngo basarure. Turi kubiba, turi kubagara impano z’abana ntabwo twararikira gushimirwa mu mafaranga kuko igihe kizagera bayabone mu gihe nyacyo”. Gatete


Ibikombe byatanzwe






Mu itangwa ry'ibihembo muri sitade Muhanga

Isozwa ry’iyi  mikino ryabereye kuri sitade ya Muhanga harimo gusiganwa ku maguru, gutera ingasire, gusimbuka (umurambararo, uburebure na Triple Saut) ndetse no kurushanwa mu mukino wa Karate, aho muri rusange, Intara y’Ibrasirazuba (Ligue Est) ari yo yabaye iya mbere nyuma yo kugira amanota 469 ndetse inahabwa igikombe.

Metero 100, 200m, 400m, 800m, 1500m, 4x100m, 4x400m, 5,000m na metero 10,000 n’izo ntera amashuri yarushanyijwemo birangira akarere ka Kamonyi gahize utundi turere, ihabwa igikombe nyuma yo kwegukana imidari irindwi ya zahabu 7), imidari ibiri ya Feza (2) n’imidari ibiri y’Umuringa (2) mu gihe Gicumbi yabaye iya kabiri itwaye imidari irindwi ya Zahabu n’ibiri ya Feza.


Igikombe cyahawe akarere ka Kamonyi

Uwurukundo Hélène wo mu karere ka Rulindo ni we wabaye uwa mbere mu bakobwa mu gusiganwa ku maguru muri metero ibihumbi 10 mu gihe mu bahungu uwabaye uwa mbere ari Ntirenganya Fidèle wo mu karere ka Kamonyi.


Ikipe ya Rilima ikina Table Tennis



LDK nabo batwaye imidali muri Table Tennis 

Muri metero ibihumbi bitanu (5000 m) mu bahungu Nzayisenga Epimaque (Gicumbi) yabaye uwa mbere akoresheje 15’1’’22”’ aza akurikiwe na Niyonizigiye Jonathan (Kirehe) akoresha 15’57’’56”’.

Muri metero 800 umudali watwawe na Felix Uwimana (Rulindo) akoresheje 1’57”12”’ akurikirwa na Victoire Ingabire (Gicumbi) akoresha 1’58’17”’.

Mu kurasa umuhunda, Uwizeyimana Christine (Nyamagabe) yahize abandi bakobwa arasa muri metero 29,72 mu gihe Uwimbabazi Rebeca (Rwamagana) yahize abandi mu gutera ingasire kuko yagejeje muri metero 22,68.

Mu bakobwa kandi, Jeannine Ingabire (Rwamagana) yahize abandi mu gusimbuka urukiramende akora metero 1,40m akurikirwa na Adeline Ihimbazwe (Gakenke) wakoze 1,39 m.

Mu gusimbuka umurambararo, Niyokwizerwa Florence (Rwamagana) yatwaye umudali nyuma yo gusimbuka metero 4,88 mu gihe muri triple-Saut umudali watwawe na Niyonkuru Marthe (Gicumbi) wasimbutse intera ya metero 10,37.

Niyonkuru Marthe kandi yaje gutwara umudali muri metero 100 akoresheje 12’’34”’ anatwara undi mudali muri metero 200 akoresheje 27’’34”’.



Niyonkuru Marthe umukobwa ufite impano ikomeye mu mikino ngororamubiri 

Mu gutera ibiremerere mu cyiciro cy’abahungu, Twagirwa Emmanuel (Rulindo) yahize abandi ageza muri metero 14,04 akurikirwa na Munyaziboneye Jean d’Amour (Kayonza) wagejeje muri metero 10,80.

Mu kurasa umuhunda (Disque), Munyaziboneye Jean d’Amour yaje imbere kuko yagejeje muri metero 24,63 mu gihe Nsabimana Fiston yatwaye umudali mu gusimbuka urukiramende kuko yageze muri metero 1,70.

Mu gusimbuka umurambararo, Rulinda Eric (Rubare) yaje ku isonga akoze metero 6,54 mu gihe muri Triple-Saut hatsinze Niyomugabo Cedric (Kamonyi) wasimbutse metero 12,55.



Bamwe mu bakinnyi bari bavuye mu bigo bitandukanye 







Sitade Huye ni yo yakiniwemo iyi mikino






League Est bahabwa igikombe giherecyeza imidali batwaye 





Abatwaye imidali n'imyanya myiza bazahagararira u Rwanda mu mikino ya FEASSSA 2019 izabera muri Tanzania 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jean 4 years ago
    Sha mbona abayobazibacu ba sport ntagukadiriya bagira nibarangiza ngo umudariBarekesha mbabajwe nabarumuna bacu twerwuzuye twambutse gusa birababaje kuri Atheletism birarenze
  • JACOB4 years ago
    Ubwo umwana azakunda ibintu ntacyimutera courage Koko agamije iki kdi aziko bakurubabo bacyinaga bakabonamo nutwo ducyeya. Mwaranjyiza abanyamakuru mukavuga ngwabanyakenya Baraza bagatwara Kigali international peace Marathon nonese uzumve abathlete babo mushuri utsinze intercooler ayahembwa arinabobavamo abacyinnyi bakomeye ba ekipe national ya Athletics. Ntibabona igituma bakunda uyumucyino Saddam ndakubwizukuri muribariyabana batsinze ntibabahe narimwe nyuma yimyaka2 ntanumwe uzaba ubona muruyumucyino





Inyarwanda BACKGROUND