RFL
Kigali

NZOVE: Abakinnyi b’amakipe atandukanye batojwe n’abatekinisiye bava muri Arsenal-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:24/02/2019 5:30
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019 itsinda ry’abatoza baturutse mu ikipe ya Arsenal bafashe umwanya bahuriza hamwe abakinnyi b’amakipe atandukanye ari mu cyiciro cya mbere mu Rwanda babaha amahugurwa mu kubatoza kunoza umupira w’amaguru basanzwe bakina.



Ni gahunda ikipe ya Arsenal yateguye ku bufatanye n’uruganda rwa SKOL rusanzwe rutera inkunga siporo mu Rwanda by’umwihariko aho mu mupira w’amaguru ari abatera nkunga bakuru b’ikipe ya Rayon Sports.


Mugheni Kakule Fabrice asogongera imyitozo y'Abongereza


Mudeyi Suleiman yumva neza uko imwe mu myitozo ya Arsenal iba iteguye

Muri iki gikorwa cyaberaga ku kibuga cyo mu Nzove ahasanzwe hakorera ikipe ya Rayon Sports, hahuriye amakipe arimo; Rayon Sports, Police FC, AS Kigali, Mukura Victory Sport na Kiyovu Sport.

Ni imyitozo yatanzwe mu buryo bwo kwereka abakinnyi uburyo bahagarara mu kibuga, guhana umupira hatajemo gutinda cyangwa kuba bakamburwa umupira batunguwe.


Simon Mc Manus umwe mu batoza bo muri Arsenal batanze imyitozo

Simon Mc Manus umwe mu batekinisiye ba Arsenal batangaga iyi myitozo yavuze ko ari igikorwa cyagenze neza kandi ko abakinnyi b’abanyarwanda bafite impano ndetse banafite ingufu zo gukina umupira ahubwo icyo babakoreraga ari ukubahugura uko bakina umupira w’amaguru mu buryo bugezweho (Modern Football).

“Igikorwa cyagenze neza, abakinnyi bo mu Rwanda nabonye bazi gukina umupira, bafite imbaraga n’ubushake bwo kuwukina. Ntabwo twaje mu Rwanda kubigisha umupira ahubwo tuba tubahugura uko bakina umupira mu buryo bugezweho kuko ibintu byose bisigaye bigenda biba bishya”. Simon Mc Manus


Simon Mc Manus yigisha uko batera umupira uteretse


Mugisha Francois Master atera umupira uteretse


Abakinnyi babwiwe ko kumenya icyo ukoresha umupira ubonye ari ingenzi mu kibuga

Simon Mc Manus avuga ko icyo bahuguye abakinnyi ahanini ari ukubigisha uko bashobora gufatanya mu gihe bashaka igitego, kwigisha abakinnyi bugarira kumenya guhagarara ndetse no kuba abakinnyi bagomba kugira umuco wo kwihutisha umupira no kutawutakaza mu buryo bworoshye.

“Akenshi usanga umukinnyi ashobora gukina umupira imyaka irenga icumi ari umuntu ikipe igenderaho ariko ugasanga afite inenge yo kutamenya guhagarara mu kibuga. Ibyo rero twabirebyeho tubereka uko bihutisha umupira no kumenya kurema igitego”. Simon Mc Manus


Simon MC Manus atanga amabwiriza

Abatekinisiye bajya inama mu kibuga

Muri iyi myitozo, ikipe ya Rayon Sports niyo bahereyeho irakora nyuma hakurikiraho abakinnyi bari bavuye muri Police FC, AS Kigali, Kiyovu Sport na Mukura Victory Sport bahita babateranyiriza hamwe bakora imyitozo yarangiye Mitima Isaac myugariro wa Police FC ashimwe n’abatoza bo muri Arsenal bavuga ko bakunze uburyo akina bahita banamuha umwambaro w’ikipe ya Arsenal imbere y’imbaga y’abafana bari bateraniye mu Nzove.


Mitima Isaac yemeje abatoza bavuye muri Arsenal



Mitima Isaac mu myitozo mu Nzove


Ubwo Mitima Isaac yari ageze mu Nzove 


Ubwo Mitima Isaac yari asoje imyitozo


Abakinnyi Police FC yari yohereje 


Abakinnyi bahawe amasomo atandukanye ku mupira w'amaguru


Mutsinzi Ange Jimmy agezura umupira


Robertinho umutoza mukuru wa Rayon Sports yahawe umupira wa Arsenal


Abafana ba mu Nzove


Nshimiyimana Marc Govin ku mupira imbere ya Muhozi Fred abakinnyi ba AS Kigali 


Ishimwe Saleh umukinnyi wo hagati muri SC Kiyovu



Ishimwe Patrick umunyezamu wa SC Kiyovu 


Wilondja Ismael umunyezamu wa Mukura VS


Iyabivuze Osee wa Police FC yari yaje 


Ivan Wulffaert umuyobozi w'urugamnda rwa SKOL mu Rwanda 


Abayobozi ba Rayon Sports 


Imyitozo irangiye ku makipe nka SC Kiyovu, Police FC, AS Kigali na Mukura VS


Abakinnyi ba AS KIgali bari bitabiriye 


Mukura VS yari yohereje abakinnyi babiri


Police FC yari yatanze abakinnyi bane 


SC Kiyovu nayo yari yatanze abakinnyi bane (4)

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND