RFL
Kigali

Kuki mu kwezi kwa mbere abantu bavuga ko amafaranga yabuze ?

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:13/02/2019 9:58
2


Mu ntangiriro za buri mwaka uko umwaka utashye usanga benshi mu banyarwanda bavuga ko amafaranga yabuze, bamwe bati ubukene bwo mu kwa mbere butumereye nabi. Ariko se mu by’ukuri amafaranga aba yagabanutse ?



Turi mu ntangiriro z’ukwezi kwa 2, Inyarwanda .com twaganiriye n’abantu batandukanye batubwira impamvu benshi  muri bo babona ukwezi kwa mbere nta mafaranga akubamo.

Umumotari witwa Ngayaberura yagize ati Mu kwa mbere nta mafaranga aba aboneka abantu batega moto nta mafaranga baba  bafite  bagatega batanga macye, bigatuma mu kazi kacu baguhenda bikarangira natwe muri uku kwezi  tuyabuze”

Umucuruzi Ndayisenga Oreste ukorera Nyabugogo yagize ati “mu kwa mbere abakiriya baragabanuka cyane ku buryo ushobora kwiriza umunsi  nta mukiriya uje ,n’abaje bakikopesha.”

Umubyeyi Mukangemanyi Madalina we yadutangarije ko impamvu  abona amafaranga amubana macye mu kwa mbere ari uko mu minsi mikuru aba yarishimanye n’umuryango n’inshuti ,amafaranga akaba macye mu gihe abana basubira ku ishuri basaba mafaranga y’ishuri.

Ese hagati y’aba bose ninde ufite ukuri ,impuguke mu bukungu zo zibivuga ho iki ?


Ted

Teddy Kaberuka impuguke mu bukungu

Teddy kaberuka  impuguke mu bukungu Aganira na Inyarwanda.com yagize ati  “impamvu amafaranga abura mu kwezi kwa mbere irumvikana. Abantu baba barakoresheje amafaranga menshi m'Ukuboza kubera iminsi mikuru , no  mu minsi y’ikiruhuko, n’abana baba bari gutangira ishuri. Ibi byose bigatwara amafaranga menshi ku buryo mu kwa mbere abantu baba nta mafaranga bafite. Bigatuma rero abacuruzi bahita babona ko nta bakiliya”

Muri rusange uko amezi agenda azamuka abantu benshi ntibakomeza gutaka ubukene ku kigero kimwe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ngiruwonsanga5 years ago
    Ngiruwonsanga EsekurangiZavubaizinama Zirashoboka Muduhaye Murakoze
  • dada5 years ago
    Mwongereho no kwishyura imisego y' ubutaka bitaremze 31/12 kubabufite





Inyarwanda BACKGROUND