Itsinda Beauty For Ashes rihimbaza Imana mu njyana ya Rock ryashyize hanze indirimbo nshya ryise ‘Hari ayandi mashimwe’ ikubiye kuri album nshya ‘Renaissance’ baherutse kumurikira mu gitaramo cyabereye Serena Hotel i Kigali.
Iyi ndirimbo ‘Hari ayandi mashimwe’ imara iminota 6 n’amasegonda 47 irimo ubutumwa bw’ishimwe ku Mana kubw’imirimo ikomeye yakoze, bigatuma uwakorewe igitangaza avuga ko nta mpamvu n’imwe yamubuza gushima Imana yamukoreye ibitangaje.
UMVA HANO 'HARI AYANDI MASHIMWE' YA BEAUTY FOR ASHES
Iyi ndirimbo yumvikanamo aya magambo: “Ni gute ntaririmba, ni gute naceceka, kandi ibyo wakoze bitangaje. Hari ubundi buhamya wankoreye, butuma ntaceceka kubivuga, hari izindi ndirimbo wanyujuje zituma ntaceceka kuririmba. Ni gute nabaho ntashima, ntakuririmbye naba ntashima, ntaguhimbaje, naba ntashima,…“
UMVA HANO 'HARI AYANDI MASHIMWE' YA BEAUTY FOR ASHES
TANGA IGITECYEREZO