RURA
Kigali

Urugendo rwa The Ben (USA-RWANDA) rwajemo impinduka ku mpamvu avuga ko zitamuturutseho

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:11/12/2016 12:25
29


Abanyarwanda benshi bakunda umuhanzi The Ben bamutegereje i Kigali mu mpera z’uyu mwaka wa 2016, gusa urugendo rwe rwaje kwigizwa inyuma ku mpamvu we avuga ko zitamuturutseho.Byari byitezwe ko The Ben azagera i Kigali tariki 19 Ukuboza 2016 ariko ubu uru rugendo rwamaze kuzamo impinduka.



Mu minsi ishize The Ben yabwiye umwe mu banyamakuru ba hano mu Rwanda ko azagera i Kigali tariki 19 Ukuboza 2016. Nyuma y'iminsi micye atangaje ayo makuru, The Ben ngo yaje kumenya ko iyo tariki yari yatangaje mbere itazakunda kuko tariki 20 Ukuboza 2016 bahise bahashyira ikizami ku ishuri yigaho, bityo akaba ataza mu Rwanda adakoze icyo kizamini, bihita biba intandaro yo gusubika urugendo rwe gutyo.

The Ben aganira na Inyarwanda.com yabajijwe gahunda nshya y’urugendo rwe USA-RWANDA. Yavuze ko atari yamenya neza gahunda y’indege izamuzana, gusa adutangariza ko ateganya guhaguruka hagati ya tariki 21-22 Ukuboza 2016 bivuze ko gahunda uko iteye ari uko azagera i Kigali tariki 24 Ukuboza 2016 aho agomba gukorana imyitozo n’itsinda rizamucurangira kugira ngo azaririmbire abantu ku buryo bwa Live.

the ben

The Ben yatumiwe mu gitaramo cya East African Party azahuriramo na Yvan Buravan, Charly na Nina na Bruce Melody 

The Ben ugiye kuza mu Rwanda avuga ko atazaba aje kuhaba kuko agomba gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kurangiza amasomo yatangiye dore ko nkuko yabibwiye Inyarwanda.com yiga mu ishuri rya San Francisco University. The Ben avuga ko azasubira muri Amerika amaze gutaramira abanyarwanda mu gitaramo cya East African Party kizaba tariki 1 Mutarama 2017. Mbere yuko ahaguruka kandi The Ben akaba yamaze guha abanyarwanda indirimbo ye nshya yise ‘Roho yanjye’ yagiye hanze mu gihe habura nk’ibyumweru bibiri gusa ngo agere mu Rwanda.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO NSHY THE BEN YSHYIZE HANZE "ROHO YANJYE"






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • crispin8 years ago
    Arabeshya abazungu ntibapanga ikizami ku buryo butunguranye. He is liing.. .
  • kayu8 years ago
    Urakaza neza deben abanyarwanda twese tuzaza kukwacyira
  • Adams8 years ago
    Ngwino tukwereke urugwiro
  • mwiza8 years ago
    hehehe reka umwana aze aturaze amasinde
  • xx8 years ago
    birabe ibyuya wee!! ndamwiteguye wagirango azarara iwanjye
  • Rod8 years ago
    turakwiteguye musore ubahiga bose u Rwanda rwose ruzahurura
  • Rosetta 8 years ago
    Hhhhhh the Ben witubeshye rwose.wwe Uri USA nkimpunzi,ikindi nturabona nationality aho USA.ikindi uzukuntu wagiye nawe muburyo uzi neza.umenyeko uramutse ukandagiye hano gusubirayo no no no.arko nawe urabizi nukwijijisha unabeshya abanyarwanda
  • George8 years ago
    Ngo ikizami kumunota wanyuma? Hahahah, ariko uyu mutype aba aziko ari kubeshya injiji? Niyihe Université muri State ipanga ikizami kumunota wanyuma?? Ngo abatagera ibwami babeshywa byinshi koko.
  • 8 years ago
    Ariko the ben twizereko utarimo ueabeshya abanyarwanda kuko noneho bagukuraho icyizere burundu.
  • hhahahah8 years ago
    Hahahahaha IGIPINDI CYA HATARI vuga ko ushaka kupromotinga indirimbo yawe nahubhndi nturabona impapuro zikwemerera kwinjira no gusohoka uko ushatse muri USA. Hahaha Utarajya ibwami abeshya byinci ABATEGEREJE GOOD LUCK
  • Janvier8 years ago
    Ariko se mwagiye mureka amashyari? impunzi se byanditse mugahanga cg gutaha iwanyu nikibazo?ashobora kuhaba nkumunyarwanda utuye Usa kdi bibaho cyane.naho ibyo bya crispin birashoboka ko ikizami cyiza utacyiteguye.biterwa na prof
  • Hhhhhh8 years ago
    Hhhhhhhhh reka nisekere gusa,Mana we
  • Yyy8 years ago
    Muvuge cg muceceke abamutegereje turacyategereje ...ntago twitaye kuri ayo magambo yanyu ...abantu nkamwe muriho kdi muzahora igihe tukiri kw'isi...the ben success rata muri iyo exam naho ubundi turagutegereje
  • KIKIKIKI8 years ago
    HUMMMMMMMM!!!!!!!! Ng'ikizame gitunguranye kuri San Francisco University?????????????. Ububeshi bwarikub'ikindi kintu iyo buza kumenwa numunt'umwe gusa. Ubwo nexte week story izahinduk'ukuguru kwabyimbye,nexte of nexte week bihinduk' indege yasize abagenzi and bwanyuma bizahinduka fault ya passport.etc. Ntegereje kumeny'ikinyom'uzakurikizaho.
  • Giramata8 years ago
    Abo bavuga ngo nimpunzi muri USA mwagizengo byo kububona biroroshye.nibwo buryo abenshi bakoresha kugirango babone ibyangombwa byo kuhatura no gukora.namwe uwabahageza ngo murebe uburyohe bwo gutura hanze no guhembwa udakora.
  • twagira jean8 years ago
    I like that guy so much i wish him all the best.
  • 8 years ago
    Biteye agahinda kubona umuhanzi nka the ben abeshya abanyarwanda ko azaza kandi azi neza ko atazaza....banyarwanda banyarwandakazi muve mu bujiji! Nta azaza ....can't wait to see next inconvenience.
  • 8 years ago
    Abanyarwanda bazarecyeraho kubeshya kugeza ryari? Ngo kwishuri? Reka mbyihorere
  • Mack Breezy8 years ago
    Ubundi ariko nashake ntazaze the ben niki ubundi c icyo azanye cyo niki Habibi, Roho yange... nako Roho ye!!!! Ndumva mwahiye the ben ntiyankura murugo ngo nge kunva injyana yamapede pe..
  • Albert8 years ago
    Azatugarurire Passport yacu yatwaye. Kandi ndasaba leta ko yamwakira nk'ibindi mpunzi zose zitahutse, akabanza agaca imutobo akigishwa indangagaciro.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND