Munyakazi Sadate wabaye umuyobozi wa Rayon Sports aherutse kumvikana abwira Mukura VS ko intsinzi baherutse gukura kuri Rayon Sports ari yo ya nyuma ngo umwaka utaha bazihanganira imbonankubone cyane ko ngo azaba ari we nyiri Rayon Sports.
Yasabye abakunzi b’iyi kipe gukomeza
kuyishyigikira nyuma yo gutsindwa na Mukura Victory Sports igitego 1-0 kuri
Stade Amahoro. Yavuze ibi mu kiganiro Urukiko rw’Ikirenga cya Radiyo
SK FM kuri uyu wa 01 Mata 2025, asaba abafana gutegura urugendo rwo
kuyiherekeza i Rubavu aho izacakirana na Marine FC kuwa Gatandatu tariki 05
Mata 2025.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga
ze, by’umwihariko kuri X, Munyakazi Sadate yagaragaje kutishimira iyi ntsinzwi
agira ati: “Mukura
Victor Sport et Loisir nimwishime shaaa, umunsi nzagaruka ayo musekesha
muzayaririsha. Nibuka ko nkiri Perezida wa Rayon Sports iyi Mukura nayinyabitse
ibitego 5 kuri Kigali Pele Stadium izuba riva.”
Yongeye gushimira abayobozi n’abakunzi ba
Mukura Victor Sports barimo Minisitiri Olivier Nduhungirehe, Ndayisaba Fidèle,
na Nayandi Abraham, ababwira ko umwaka utaha bazatakamba kuko Rayon Sports
izabasubiza imvura y’ibitego.
Munyakazi yagarutse kandi ku kibazo cy’uko
Rayon Sports idakwiye gutsindwa kabiri na Mukura mu mwaka umwe, asaba abakunzi
bayo gushyiramo imbaraga kugira ngo ibi bicike burundu. Ati: “Rayon Sports ni ikipe
ikomeye, ntabwo twagombye kumenyera gutsindwa n’amakipe mato.”
Ku byavuzwe ko yaba yifuza kongera kuyobora
Rayon Sports, Munyakazi yavuze ko atari byo ahubwo yifuza kugura imigabane
myinshi muri iyi kipe igihe izaba igiye kugurisha imigabane yayo. Yemeje ko ari
uburyo bwo kongera amaboko azafasha ikipe gukomeza gutera imbere.
Yavuze kandi ku bivugwa ko yishyuza Rayon
Sports, abihakana yivuye inyuma ati: “Ntabwo nigeze nshyiraho igitutu cyo kwishyuza,
nasabye gusa ko tugirana ibiganiro n’ubuyobozi buriho.” Yongeyeho ko umuntu ufitiwe ideni afite
uburenganzira bwo kuryishyuza igihe byemewe n’amategeko.
Ku bijyanye no kuba atari mu mwiherero wo mu
Akagera cyangwa mu bahawe gukurikirana imikino isigaye ya Rayon Sports,
Munyakazi yavuze ko atigeze atumirwa, ariko akizera ko Gacinya Chance Denny,
umwe mu bantu bagize uruhare mu gutwara ibikombe bya Rayon Sports, azakora
akazi ke neza kuko ari we wari wahawe gutegura umukino wa Mukura.
Ku rukuta rwa X ubwo Munyakazi Sadate
yanditse abwira Mukura VS ko igomba kurya iri menge kuko umwaka utaha
azayinyabika imvura y’ibitego, hari uwamubajije niba azaba ari we Perezida wa
Rayon Sports maze amusubiza ko atazaba Perezida wayo ahubwo azaba ari we nyiri
Rayon Sports.
Abakunzi ba Rayon Sports ubanza ahari batanyurwa no kumva izina Sadate Munyakazi mu buyobozi bw’ikipe bihebeye kuko nyuma yo kumva ko azaba ari we nyiri Rayon Sports bashigukiye hejuru basa n’aho batumvishe neza ibyavuzwe.
Gusa nk’uko nyiri ubwite Sadate yabitangaje ko azagura imigabane iruta iy’abandi ubwo Rayon Sports izaba ibaye Kompanyi [Company], koko byashoboka ko yaba nyiri Rayon Sports mu gihe yahiga abandi bashoramari kugura imigabane myinshi muri Rayon Sports.
Abakunzi ba Rayon Sports baherutse gutungurwa n'integuza ya Munyakazi Sadate ko umwaka utaha ari we uzaba ari nyiri Rayon Sports
Sadate Munyakazi akunze kwiheza mu nama y'abacurabwenge bayoboye Rayon Sports
TANGA IGITECYEREZO