RURA
Kigali

Kenya: Umukobwa w’imyaka 17 yishwe azira kwanga gushyingirwa ku gahato umugabo w’imyaka 55

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:27/03/2025 10:46
1


Muri Kenya bahagurukiye kurwanaya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushyingira abana ku gahato nyuma y’urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wishwe azira kwanga gushyingirwa ku gahato n’umugabo w’imyaka 55.



Inkuru dukesha ikinyamakuru Kenyans.co.ke, ivuga ko Komisiyo y’igihugu y’uburinganire n’ubwuzuzanye (NGEC) n’umuryango w’abanyamategeko muri Kenya (LSK) bamaganye iyicwa rya Gaal Adan Abdi, umukobwa w’imyaka 17 wishwe azira kwanga gushyingirwa ku gahato n’umugabo w’imyaka 55.

Mbere y'urupfu rwe rutunguranye, uyu nyakwigendera yari yarasigiye nyina amajwi menshi, avuga amarangamutima y’agahinda ke yaturutse ku ihohoterwa yakorerwaga buri munsi n’umugabo we ndetse na bene wabo. Muri aya majwi yose, yavugaga ko adashaka kubana n’uwo mugabo ahubwo ibyiza ari uko yakwisubirira mu nkambi y’impunzi aho yabaga.

Mbere gato y’uko apfa, yabwiye nyina ko abamutotezaga bamutwaye telefone, amubwira ko hagiye gushira igihe batavugana. Nyuma, nyina yarahamagawe maze abwirwa ko nta mpamvu yo kongera gusura umukobwa we. Nyamara we ntiyari azi ko umwana we yishwe, umurambo we ugatwikwa.

Nyuma y’uko NTV ibitangaje, Perezida wa LSK, Kwizera Odhiambo, yasabye ko polisi ikurikirana icyo kibazo, ndetse abagize uruhare muri ubu bwicanyi bwose bakabiryozwa. 

Odhiambo yagize ati: "Undi munsi, irindi hohoterwa rikorerwa abagore, urundi rupfu rw’inzirakarengane, ese nta bumuntu tugifite? Ese umudendezo n’ubwigenge ntibigifite agaciro muri sosiyete? Ese Itegeko Nshinga ryacu ryaretse kubahiriza indangagaciro z’igihugu cyacu? Nta mugore cyangwa undi muntu wese, wagombye kwicwa urupfu rubi kuriya azize amahitamo ye.”

 Twongeyeho ijwi ryacu mu kwamagana iki gikorwa cy’ubunyamaswa. Turahamagarira inzego z'umutekano zacu gufata ingamba zihuse zo gushakisha, gufata no gukurikirana abagize uruhare muri iki cyaha gikomeye, maze bakabiryozwa. Turasabira ubutabera Gaal Aden Abdi."

NGEC nayo ikaba yahagurukiye iki kibazo isaba ubutabera, kandi ko ababikoze bose bagomba guhanwa hakurikijwe amategeko. Yagize iti: "Iki si icyaha gusa; ni ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu, kugamabanira ubutabera, ndetse n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri Kenya."

Yakomeje iti: "Birarambiranye! Gushyingira abana ku gahato ntibyemewe. Turahamagarira abashinzwe kubahiriza amategeko kwihutira kurenganura uyu mukobwa ukiri muto wahohotewe. Ubu umukobwa 1 kuri 4 muri Kenya mu bari munsi y’imyaka 18 arubatse, ibi bigomba kurangira!"

Abdi yari amaze iminsi 23 abana n'uyu mugabo mbere y'uko yicwa maze umurambo we ugatwikwa, bivugwa ko bi byose byakozwe n’umugabo we, murumuna we ndetse na bene wabo. Nyuma y’uko ukekwaho icyaha nyamukuru yatawe muri yombi, iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane byinshi kuri iki cyaha.

Umurambo we wasanzwe bawujugunye hanze y’inzu ikodeshwa uri mu ivu ry’umuriro yatwikishijwe. Nyuma yo gupima umurambo we nyuma y’urupfu, abaganaga basanze yaratwitswe bikabije ndetse urutirigongo rwe rukaba rwarangiritse.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • philipe twagirimana2 days ago
    Yihangane



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND