RURA
Kigali

Zari yajyanwe mu nkiko azira arenga Miliyoni 300 Frw

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:18/03/2025 15:59
0


The South African Revenue Service (SARS) yatanze ikirego mu rukiko ruherereye mu mujyi wa Johannesburg bashinja rwiyemezamirimo Zari Hassan kubwo kwanga kwishyura imisoro ku mafaranga yinjije.



Iki kigo cy’imisoro n’amahoro cyari cyahaye Zari itariki ntarengwa ya 9 Kanama 2024 ariko irangira uyu mugore ntacyo yari yibwira kugeza n’ubu.

Zari Hassan arishyuzwa imisoro ya Miliyoni 3R (236,887,620 Frw) kongeraho Miliyoni 2.1R z’ubukererwe hanyuma yose akagera kuri Miliyoni 5R (394,812,700 Frw).

Kugeza aka kanya, Zari Hassan yahawe iminsi 10 yo kuba yamaze kwishyura aya mafaranga yose yishyuzwa cyangwa se hagakurikizwa amategeko akaryozwa icyaha cyo kunyereza imisoro.

Mu gihugu cya Afurika y’Epfo, Zari Hassana ahafite imishinga myinshi ahakorera harimo Brooklyn City College (BCC), Cosmetics Shop, Real Estate Investments, …


Zari Hassan arashinjwa kwanga kwishyura imisoro akaba yahawe iminsi 10 yo kuba yamaze kwishyura


Zari Hassan asanzwe afite imishinga myinshi akorera mu gihugu cya Afurika y'Epfo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND