RURA
Kigali

RIB yataye muri yombi abayobozi babiri bazira ruswa

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:18/03/2025 14:43
0


RIB yatangaje ko yafunze Mutware Francois ushinzwe imari n’ubutegetsi mu Murenge wa Kigali na Uwimana Jean ushinzwe icungamutungo muri uwo Murenge, nyuma yo gufatirwa mu cyuho bakira ruswa kugira ngo uwari ufite isoko yongere arihabwe.



Nk'uko RIB yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, aba bombi bafashwe umwe yakira amafaranga 200,000 undi yakira 100,000, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge na Rwezamenyo mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. 

RIB irashimira abaturarwanda bamaze kwumva ububi bwo guhishira ruswa bagatanga amakuru kugira ngo abishora muri icyo cyaha bagezwe imbere y’ubutabera. 

RIB ikomeza kwibutsa abapiganira amasoko bose kutagwa mu mutego w'ababaka indonke ahubwo bajya batanga amakuru kuribo ku gihe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND