RURA
Kigali

Umutoza wa Man United yagaragaje agahinda n’ihurizo rikomeye afite

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:17/02/2025 9:31
0


Nyuma yo gutsindwa na Tottenham ku gitego cya James Maddison cyabonetse ku munota wa 13, umutoza wa Manchester United, Ruben Amorim, yagaragaje agahinda n’ihurizo rikomeye arimo kunyuramo.



United ikomeje kugorwa muri Premier League, aho iri ku mwanya wa 15 kandi imaze gutsindwa imikino 8 mu 12 iheruka. Amorim yavuze ko 'akazi ke kagoye cyane', by’umwihariko bitewe n’abakinnyi benshi bafite imvune.

Amorim afite urutonde rurerure rw’abakinnyi 12 bavunitse, bituma atabasha gukinisha ikipe y’abahanga nk’uko abyifuza. 

Ibi byatumye ku ntebe y’abasimbura hashyirwaho abakinnyi bakiri bato cyane, barimo na Chido Obi w’imyaka 17 washyizwemo ku munota w’inyongera. Amorim yavuze ko atashatse gukinisha benshi muri abo bana kugira ngo adahungabanya iterambere ryabo, n’ubwo byatumye ikipe idahindura umukino.

Manchester United imaze gutsindwa imikino 12 mu mikino 25 bamaze gukina muri shampiyona, ibintu bidasanzwe kuva mu mwaka wa 1973-74 ubwo iheruka kumanuka mu cyiciro cya kabiri. 

Ibi byatumye abasesenguzi nka Gary Neville bagaragaza impungenge, bavuga ko n'ubwo ikipe igomba kwihangana ikanyura mu bihe bibi, bigaragara ko nta mpinduka zikomeye zirimo kubaho kuva Ruben Amorim yasimbura Erik ten Hag mu Ugushyingo.

Jamie Redknapp na we yongeyeho ko United ifite ikibazo gikomeye cyo kubura abakinnyi bakomeye, kandi ko bizafata igihe kinini kugira ngo bongere gutera imbere.

Nubwo ahanganye n’ibibazo byinshi, Ruben Amorim yagaragaje ubushake bwo gukomeza guhangana, ati: “Akazi kanjye karakomeye cyane ariko ndacyafite ukwemera mu mikorere yanjye kandi nzagerageza kongera gutsinda mu mukino utaha.'

N’ubwo ibintu bitoroshye, uyu mutoza w’imyaka 40 agaragaza ko yiteguye gukomeza urugamba rwo gusubiza Manchester United ku murongo."

Mu gihe Manchester United ikomeje kugorwa muri shampiyona, abafana bayo baracyafite icyizere ko bazabona impinduka mu mikinire. 

Ruben Amorim afite akazi gakomeye ko gukomeza guha icyizere aba bana bakiri bato, agahuza n’intego yo gusubiza ikipe ku murongo.

 

Umutoza wa Man United yagaragaje ko ikipe atoza ifite ibibazo bigoranye kubyivanamo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND