Nubwo umunsi wa St Valentin ari umunsi ufatwa nk’uw’byishimo cyane cyane ku bakundana, gusa aho wakomotse ho si mu byishimo ahubwo uwavuga ko ari mu maraso ntiyaba agiye kure y’ukuri.
Ubundi mu
myaka ya kera mu gihe aba-Romani bari bayoboye igice kinini cy’Isi, kuva tariki
13 kugeza tariki 15 z’ukwezi kwa Kabiri, cyabaga ari igihe cyo kwizihiza ‘Lupercalia’.
Lupercalia
yizihizwaga abantu batanga ibitambo by’ihene n’imbwa, ndetse bakajya mu muhanda
bambaye ubusa bagenda bakubita abagore imigozi ikozwe mu ruhu rw’inyamanswa(Wavuga
ko ari nk’ikabure). Ibi bizeraga ko bizana uburumbuke.
Iyo bamaraga gutamba rya tungo barikuragaho
uruhu akaba arirwo bakoramo iyo migozi iza gukubitwa abagore mu gihe bari mu
muhanda, iyo migozi ikaba yaritwaga ‘Februa’ ndetse bivugwa ko ariho havuye
izina ‘February’ ariko kwezi kwa Kabiri mu Cyongereza.
Mu kwizihiza
Lupercalia kandi habagaho igikorwa aho umuhungu/umugabo yatomboraga izina ry’umukobwa/umugore
mu mazina menshi yabaga yashyizwe hamwe, uwo atomboye bakagirana ibihe byiza harimo
no kuryamana ndetse bakaba banagumana mu gihe baba bashimanye.
Muri iki
gihe cyo kwizihiza ‘Lupercalia’ nicyo gihe cyabagaho ubusambanyi cyane kurusha
indi minsi yose muri iyi myaka, ndetse by’umwuhariko mu ba-Romani.
Mutagatifu Valentin(Saint Valentin)
Mbere yo
kuba umutagatifu, Valentin yari umupadiri wabayeho mu kinyejana cya gatatu n’icya
kane, akaba yari umupadiri usanzwe, uyobora misa bisanzwe, agasezeranya abantu,
ndetse n’bindi bikorwa.
Valentin yaje
kutumvikana n’Umwami w’Abami,Claudius II ku bijyanye no gusezeranya abantu kuko
uyu mwami yaje gutegeka ko nta musore wemerewe gusezerana bitewe n’intambara
yarimo, kuko abagabo bakiri bato bangaga gusiga abagore babo ngo bajye ku
rugamba. Gusa Valentin we yarenze kuri ibi akajya abasezeranya rwihishwa, biza
kumenyekana i Bwami.
Nyuma y’uko
bimenyekanye Valentin yarafashwe arafungwa, ndetse aza kunyongwa ku itariki 14
z’ukwezi kwa Kabiri. Nyuma y’aha nibwo muri Kiriziya Gatolika batangiye kwizera
ko Padiri Valentin yapfuye azira gushyigikira urukundo.
The
History Channel ivuga ko mbere yo gupfa Valentin hari umwana w’umukobwa
yigisahaga bikarangira amukunze, mbere yo kwicwa akaba yaramwandikiye ibaruwa y’urukundo
yasoje agira ati:’’Yari Valentin wawe!’’
Ibyo kuba Tariki
14 z’ukwezi kwa Kabiri waba umunsi w’abakundana, ni ibintu byazanwe na kiliziya
Gatolika, gusa yawuzanye ari umunsi wo kuzirikana Mutagatifu Valentin wazize
urukundo.
Ubundi
muri Kiliziya Gatolika harimo ba Mutagatifu Valentin batatu. Uwa mbere w’i Roma
niwe twagarutseho, uwa kabiri ni uw'i Terni, naho uwa gatatu ni uwo mu majyaruguru
ya Afurika gusa we ntazwi neza.
Mu
kinyejana cya Gatanu nibwo Papa Gelasius I yashyizeho umunsi wo kuzirikana Mutagatifu Valentin, ukaba ari n’umunsi w’urukundo ku bw’impamvu twabonye
hruguru.
Gusa uyu munsi
Papa Gelasius I yawushyize ku itariki 14 z’ukwezi kwa Kabiri kubera ba Valentin
twabonye bishwe kuri iyo tariki, ariko nanone yari agamije ko uyu munsi
wasimbuzwa umuhango wa gipagani wa Lupercalia twabonye wakorwaga i Roma.
TANGA IGITECYEREZO