Kigali

Elon Musk yaciye agahigo yinjiza Miliyari 34$ mu munsi umwe

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/10/2024 13:52
0


Umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk yongeye kwandika amateka mashya, umutungo we wiyongeraho angana na Miliyari 34$ mu munsi umwe gusa.



Elon Musk yaciye aka gahigo nyuma y’uko agaciro k’imigabane y’uruganda rwa Tesla kiyongereyeho 22%. Imigabane ya Tesla igize 75% by’umutungo wose wa Elon Musk. 

Iki kigo kizobereye mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi, giherutse gutangaza ko inyungu yacyo mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka yiyongereyeho 17%, ugereranyije n’icy’umwaka ushize.

Muri rusange iki kigo cyagize inyungu ya Miliyari 2.2$ ugereranyije na Miliyari 1.9$ cyari cyagize mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize. Iki kigo cyinjije miliyari 25.2$ ugereranyije na miliyari 23.4$ z’igihe nk’icyo umwaka ushize.

Ibi byose byatumye umutungo wa Elon Musk ugera kuri miliyari 270.3$, aho yanongereye ikinyuranyo cye na Jeff Bezos umukurikira, cyageze kuri miliyari 61$.

Uyu munyemari, aherutse miliyoni 75$ yo gufasha Donald Trump, umukandida w’ishyaka ry’Aba-Repubulicains mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu matora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND