Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu byo ku Mugabane wa Afurika bifite ubukungu buhagaze neza mu 2024, hashingiwe ku iterambere ry'umusaruro mbumbe wabyo (GDP).
Umusaruro mbumbe w’u
Rwanda mu gihembwe cya kabiri cya 2024, wazamutse ku kigero 9,8% ugera kuri
miliyari 4.515 Frw uvuye kuri miliyari 3.972 Frw wari uriho mu gihembwe cya
kabiri cya 2023.
Uku kwiyongera k'umusaruro mbumbe w'igihugu nibyo byatumye u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere mu bihugu byo muri Afurika bihagaze neza mu bukungu, hashingiwe ku mibereho myiza y'abaturage no gushyigikira gahunda zinyuranye z'iterambere.
Mu 2024, nk'uko byagaragajwe na Banki y'Isi muri raporo yise 'Africa Pulse report,' ubukungu bw'ibihugu bigera kuri 27 byo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara bwagiye bwiyongera, aho ibihugu bitanu byabonye inyongera irenga 5% birimo Cote d'Ivoire (6.5%), Uganda (6%) na Tanzania (5.4%).
Mu 2024, umusaruro mbumbe w'igihugu witezweho kwiyongera ku rugero rwa 6,6% bitewe n’umusaruro wa serivisi
n’uw’inganda ndetse no kuzahuka k’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
Muri rusange mu gihembwe
cya kabiri, umusaruro mbumbe wiyongereyeho 9,8% nyuma y’uko wari wiyongereyeho
9,7% mu gihembwe cya mbere cy’umwaka. Mu byiciro by’ubukungu, nk’ubuhinzi
bwiyongereyeho 7%, inganda ziyongeraho 15% ndetse na serivisi ziyongeraho 10%.
Mu buhinzi, umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereyeho 8% bitewe n’umusaruro mwiza w’igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2024. Umusaruro w’ibihimbwa byoherezwa mu mahanga wagabanutseho 6% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2023.
Mu nganda, mu izamuka
ry’umusaruro uruhare runini rungana na 18% rushingiye ku musaruro w’imirimo
y’ubwubatsi ndetse n’izamuka rya 17% ry’umusaruro w’inganda zitunganya ibintu
bitandukanye. Gusa umusaruro w’amabuye y’agaciro wagabanutseho 2% ugereranyije
n’igihembwe cya kabiri cya 2023.
Mu bijyanye na serivisi,
umusaruro w’ubucuruzi budandaza n’uburanguza, wiyongereyeho 10%, uw’ibikorwa
by’ubwikorezi wiyongeraho 9% bitewe ahanini n’ubwikorezi bwo mu kirere
bwiyongereyeho 25%. Umusaruro w’amahoteli na restaurant wiyongereyeho 20%,
umusaruro wa serivisi z’ikoranabuhanga n’itumanaho wiyongeraho 33%, mu gihe uwa
serivisi z’ibigo by’ubwishingizi wiyongeyeho 10%.
Dore ibihugu 10 byo muri
Afurika bifite umusaruro mbumbe uri hejuru mu 2024:
Rank |
Country |
Real GDP growth |
1. |
Rwanda |
7.6% |
2. |
Mauritania |
6.5% |
3. |
Côte d'Ivoire |
6.5% |
4. |
Benin |
6.3% |
5. |
Ethiopia |
6.1% |
6. |
Uganda |
6.0% |
7. |
Niger |
5.7% |
8. |
Mauritius |
5.6% |
9. |
The Gambia |
5.6% |
10. |
Tanzania |
5.4% |
TANGA IGITECYEREZO